• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Editorial 17 Jul 2016 Mu Rwanda

Agaragaza ibyaraye biganiriweho n’Abakuru b’ibihugu na Guverinona ku nkunga igenerwa AU, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Claver Gatete yavuze ko 76% by’amafaranga yakoreshwa n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yaturukaga mu baterankunga, ariko ko abakuru b’ibihugu bemeranyijwe ko uyu muryango ugiye kujya witera inkunga 100%.

Amb. Claver Gatete avuga ko Abakuru b’ibihugu na Guverinona bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika bagarutse ku mbogamizi zagaragaraga mu gutera inkunga uyu muryango, aho ibihugu biwugize byakoraga ku ngengo y’imari yabyo.

Abakuru b’ibihugu na Guverinoma banagarutse ku kibazo cyo kuba 76% by’amafaranga akoreshwa n’uyu muryango aturuka mu baterankunga, biyemeje ko uyu muryango ugomba kwitera inkunga 100%.

Muri ibi biganiro by’abakuru b’ibihugu na Guverinoma, hatangiwemo ibitekerezo by’uko iki kifuzo cyo kuba AU yaterwa inkunga 100% n’ibihugu biyigize cyagerwaho.

Gatete wagaragazaga bimwe mu bitekerezo byagiye bitangwa n’aba bakuru b’ibihugu na Guverinoma, yagize ati “ Uwahoze ayobora Nigeria, Perezida Obasanjo yatanze igitekerezo cy’amadolari abiri ku bijyanye n’amahotel, niba uraye muri Hotel ugatanga amadolari abiri ku ijoro rimwe…

Batanze n’igitegekerezo cy’amadolari 10 ku itiki, ni ukuvuga igihe cyose ushatse gukora urugendo , ku itiki yawe ukongeraho amadolari 10.”

Abakuru b’ibihugu na Guverinoma batanze ibitekerezo byinshi kuri iyi ngingo, bafashe umwanzuro wo gukuraho uburyo bwakoreshwaga n’ibihugu bigize AU bwo gukora ku ngengo y’imari yabyo, bemeranywa ko buri gihugu kigiye kujya gitanga 0.2% by’amafaranga y’ibicuruzwa byose byinjira mu gihugu.

Gatete avuga ko ibi bizatuma amafaranga ahabwa AU aboneka kandi ku gihe kuko azajya ahita ajya muri za Banki nkuru z’ibihugu.

Ati “ Amafaranga azajya akusanywa n’ibigo by’imisoro, ahite ajya muri za Banki z’ibihugu mu buryo bunyuze mu mucyo, ntihazongera kumvikanamo ikibazo kuko ntaho azaba ahuriye n’ahaturuka ingengo z’imari z’ibihugu cyangwa ibindi bikorwa bya Guverinoma, ni ibintu bizajya bihita byikora (Automatic).”

Amb. Gatete avuga ko iyi myanzuro yafashwe n’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma igamije gukuraho burundu iyi 76% by’amafaranga yavaga mu baterankunga.

Ati “ Ibi bivuze ko abaterankunga batazongera kudutera inkunga ya 76%,…oya, tuzajya twitera inkunga 100%, Turifuza kubigira ibyacu.”

Amb. Gatete avuga ko ibi biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyari byemerenyijweho n’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma mu mwaka ushize, bari biyemeje ko ibihugu bigize AU bizajya byishakamo 75% by’amafaranga akoreshwa muri za Porogaramu za AU naho mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku mugabane wa Afurika bikitera inkunga kuri 25%.

Nta mwihariko ku bihugu bifite ibibazo,…Ahazaturuka aya mafaranga ngo ni henshi

Bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, byugarijwe n’intambaraba, inzara, indwara z’ibyorezo byanatumye ubukungu bwa bimwe muri ibi bihugu buzahara.

Gatete uvuga ko muri iyi myanzuro nta mwihariko washyiriweho ibi bihugu bifite ibibazo by’ubukungu, avuga ko hari uburyo bwinshi aya mafaraga azajya atangwa n’ibihugu bigize AU azabonekamo.

Ati “ Ahazajya hava iyi nkunga ni henshi, mbere na mbere dukeneye guteza imbere iby’iwacu, tukabyakaho igiciro kiri hejuru, ikindi tugomba kuba maso ko dufite ingamba zo gukuraho amafaranga yasohokaga ku mugabane wacu, bivuze ko buri wese azajya yishyura imisoro agomba kwishyura.”

-3320.jpg

Minisitiri w’Imari Claver Gatete

Minisitiri Gatete avuga ko ibihano bigenerwa ibihugu bitatanze cyangwa byatinze gutanga uyu musanzu wo gushyira mu kigega AU byagumishijweho bityo ko bizakomeza gushyirwa mu bikorwa mu gihe hari igihugu cyagaragaweho aya makosa.

Source: Umuseke.rw

2016-07-17
Editorial

IZINDI NKURU

Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi

Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi

Editorial 05 May 2018
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Editorial 21 May 2021
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Editorial 11 Sep 2024
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5
INKURU NYAMUKURU

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Editorial 16 Dec 2016
Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Editorial 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru