• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Ubwanditsi 16 May 2017 Mu Rwanda

Umukobwa witwa Louisa Chingangu wari waratorewe kuba Nyampinga wa Zambia, yambuwe ikamba n’abategura iryo rushanwa bamushinja gushyigikira amakuru avuga ko atahawe ibihembo byose yari yemerewe.

Louisa Chingangu yatorewe kuba Nyampinga wa Zambia mu Ukuboza 2016 ahigitse abandi bakobwa 12 bari bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa mu birori byasusurukijwe n’abahanzi batandukanye bakomeye muri icyo gihugu barimo na Roberto.

Amakuru yiswe ’ibinyoma’ Miss Louisa Chingangu ashinjwa gushyigikira, yavugaga ko ikigo cyitwa Platinum Events Productions Africa gitegura irushanwa ryo gutora Nyampinga wa Zambia, cyariganyije uyu wambitswe ikamba ntahabwe ibihembo yagombwaga birimo amafaranga n’imodoka.

-6608.jpg

Louisa Chingangu Nyampinga wa Zambia yambuwe ikamba

Mu cyumweru gishize ubuyobozi bw’icyo kigo bwashyize ahagaragara itangazo ryari rikubiyemo ’ibisobanuro’ kuri ayo makuru yo kudaha ibihembo Nyampinga watowe, bunakomoza ku byavugwaga ko butigeze bugaragaza ubushake buhagije mu gukorana na Miss Louisa Chingangu.

Nyuma y’iryo tangazo, Elizabeth Mwanza ukuriye ibikorwa byo gutegura irushanwa rya Nyampinga wa Zambia, yatangaje ko Miss Louisa Chingangu agomba gusubiza ikamba yari yarambitswe abategura icyo gikorwa, umwanzuro wo kumwambura inshingano zose yari afite ugashyirwa mu bikorwa guhera igihe byatangarijwe.

Ati “Uwatorewe kuba Nyampinga wa 2016, yashyigikiye yemye inyandiko z’ibinyoma anagaragaza byeruye imyitwarire igayitse cyane kuva aya makuru yatangazwa; kubera iyo mpamvu twamuhagaritse nka Nyampinga wa Zambia 2016 kandi afite gusubiza ibyo yahawe byose ku bategura irushanwa.”

“Uwo mwanya uzaguma nta nyirawo kuko hasigaye amezi atatu gusa ngo irushanwa rya Miss Zambia rikurikiyeho ritangizwe. Ibindi bikorwa bireba Nyampinga w’igihugu bizakorwa n’igisonga cye cya mbere (Mwangala Ikacana)”

Mwanga (wanabaye Nyampinga wa Zambia mu 1992) yanakomoje ku makuru ashinja uburiganya abategura irushanwa rya Miss Zambia, avuga ko bidashoboka ko bari gusezeranya amafaranga n’imodoka Nyampinga watowe kuko ikigo gitegura iki gikorwa muri icyo gihugu kidafite ubwo bushobozi.

Yavuze ko ubwe yagerageje kuganira na Miss Louisa Chingangu nyuma yo kubwirwa imyitwarire ye, ariko ngo agasanga koko ari umukobwa utagaragaza ubushake bwo gukorana n’abategura irushanwa. Mwanga yavuze ko yananze kumwitaba kuri telefoni inshuro nyinshi, ntasubize ubutumwa bugufi yamwohererezaga ndetse hanategurwa inama y’ibiganiro byo kwiga ku kibazo cye ntazitabire.

Uyu mugore yanavuze ko Miss Louisa Chingangu wambuwe ikamba habura amezi atatu ngo hatangire ibikorwa byo gutora umusimbura, atigeze agaragaraza igitekerezo na kimwe cy’umushinga nka Nyampinga w’igihugu, ibyo bikiyongera ku zindi nenge zavuzwe.

-6609.jpg

Inshingano zahawe igisonga cya mbere (uri ibumoso)

Louisa Chingangu wambuwe ikamba n’inshingano za Nyampinga wa Zambia ntaragira icyo atangaza ku byemezo byamufatiwe. Uyu mukobwa agiye kurekura ikamba nyuma y’andi mahirwe yahushije ntabashe kwitabira irushanwa rya Miss World bitewe n’uko umunsi nyirizina wo gutora Miss Zambia wahinduwe ukigizwa inyuma y’uwo amarushanwa ya Miss World yatangiriyeho.

Irushanwa ryo gutora Nyampinga muri Zambia ryatangiye gutegurwa mu 1974, rimaze kuba inshuro 17, ni ku ubwa mbere umukobwa watorewe kuba Nyampinga yamburwa ikamba mu mateka y’iri rushanwa muri icyo gihugu.

2017-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Ubwanditsi 02 Dec 2021
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.
Amakuru

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Ubwanditsi 20 May 2021
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO
Amakuru

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru