• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Ubwanditsi 04 Oct 2018 Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda yongereye amafaranga y’ishuri iyageza kuri miliyoni 2 kubinga amashami y’ubumenyi, ibi biciro bishya bikaba bizatangira kugenderwaho mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019

Itangazo Kaminuza y’u Rwanda yashyize ahagaragara mu mpera z’iki cyumweru, rigaragaza ko abanyeshuri biga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’ubuvuzi (CMHS) n’iy’Ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST) barimo abirihira n’abarihirirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw.

Risobanura ko abiga amasomo y’ubugeni (Creative Design) n’andi abarizwa mu y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu cyiciro cya kabiri muri CST, birihira bazajya bishyura miliyoni 1,6Frw naho abishyurirwa na Leta akaba miliyoni 2Frw.

Abiga Ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji y’uburezi (CE), barihirwa na Leta bazajya bishyura miliyoni 2Frw naho abirihira bishyure miliyoni 1,6Frw. Ni mu gihe abiga andi masomo atari ubumenyi n’ikoranabuhanga bazajya bishyura ibihumbi 800 Frw bose.

Rikomeza rivuga ko abiga amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga mu ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi (CAVM) barihirwa na Leta nabo bazajya bishyura miliyoni 2Frw, abirihira kabishyura 1,6Frw.

Iri tangazo rivuga ko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya CASS, Uburezi muri CE n’abiga muri Koleji y’Icungamutungo n’ubukungu (CBE) barihirwa na Leta cyangwa birihira, bazajya bishyura ibihumbi 800Frw.

Riha umwihariko abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Koleji ya Nyagatare na Rusizi, ariko birihira wo kuzajya bishyura ibihumbi 530Frw mu gihe abarihirwa na Leta ari ibihumbi 800Frw.

Bitandukanye n’umwaka ushize aho abanyamahanga bishyuraga barengejeho 20% ku yishyurwa n’abanyarwanda ndetse n’abaturuka muri EAC, iri tangazo risobanura ko uyu mwaka bose bazishyura angana.

Rinavuga ko amafaranga yo kwiyandikisha ku banyeshuri bashya ari ibihumbi 65Frw nabo abasanzwe biga bikaba 35Frw kandi bigakorwa bitarenze ku wa 15 Ukuboza 2018.

Rivuga ko kwishyura aya mafaranga ku gihe ari itegeko, ariko abiyishyurira bagahabwa amahirwe yo kwishyura mu byiciro bine.

Umwaka ushinze wa 2017/18 abanyeshuri b’abanyarwanda n’abo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biga muri UR amasomo y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bishyuraga miliyoni imwe n’igice y’amafaranga y’u Rwanda, naho abandi banyamahanga bakishyura miliyoni imwe n’ibihumbi 800.

Icyo gihe abiga amasomo atari ay’ubumenyi n’ikoranabuhanga bo mu Rwanda na EAC bishyuraga ibihumbi 600Frw abandi banyamahanga bishyura ibihumbi 720Frw.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Ubwanditsi 15 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 01 Jul 2016
U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100
UBUKUNGU

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Ubwanditsi 17 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru