• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Editorial 16 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi iratangaza ko yamaze kwemerera ku mugaragaro ishyirahamwe ry’abahutu ryo mu muryango w’Abahanza ryashinzwe ku gitekerezo cya Perezida Nkurunziza ndetse nawe akaba umuyoboke w’iri shyirahamwe.

Iri shyirahamwe ryiswa AWA ( Abahanza World Association) ryemewe ku mugaragaro muri uku kwezi kwa kane rikaba rihuriweho n’abahutu bo mu bwoko bw’Abahanza nk’uko byari byifujwe na Perezida Nkurunziza ubwo yatangaga iki gitekerezo.

-6316.jpg
Radio Publique Africain (RPA) ivuga ko iri shyirahamwe ryashingiwe mu kabari ka Col. Nyamugaruka, ukuriye umutwe ushinzwe kurinda inzego za leta, ahitwa Vyerwa muri Komini Mwumba ho mu Ntara ya Ngozi. Abasirikare bakuru n’abapolisi ndetse n’abayobozi b’ishyaka CNDD-FDD, bose bava mu bwoko bw’Abahanza bari bitabiriye inama yashinze iri shyirahamwe.

Umwe mu bitabiriye iyi nama yabaye muri gashyantare 2017 yagize ati“Twari abantu 500 bo mu bwoko bw’Abahanza tugirango tumenyane tunagarure icyubahiro n’ubunyangamugayo by’abakurambere bacu”.

Nyuma y’amezi abiri, nibwo ishyirahamwe Abahanza World Association (AWA) ryemewe ku mugaragaro na minisitiri Pascal Barandagiye mu iteka rya minisitiri 530/594 ryo kuwa 04 Mata 2017.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko iri ari ryo shyirahamwe rya mbere rishingiye ku bwoko ryemewe mu Burundi, aho muri iyo nama yo muri Vyerwa, perezida Nkurunziza wavukiye muri ako gace, yagaragaje ko afite ubushake bwo gukomeza ubwo bwoko bwabo.

Icyo gihe Perezida Nkurunziza yagize ati “Amateka y’amoko ni ingenzi cyane, ndifuza ko uhereye mu mwaka utaha tuzatangira kwigisha aya mateka yasenywe n’abanzi bacu. Ndavuga ubwoko bw’Abahanza n’Abajiji bakoraga ibwami. Aho kwibanda ku moko twategetswe n’umukoloni, twibande ku moko yacu dusubire ku muco wacu n’ishema ryacu.”

-6317.jpg

Perezida w’u Burundi Petero Nkurunziza

2017-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Editorial 23 Sep 2024
Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Editorial 14 Mar 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Editorial 06 Jun 2017
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Editorial 22 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Editorial 19 Apr 2019
Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame
Mu Rwanda

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Editorial 10 Jul 2017
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora
Mu Mahanga

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Editorial 20 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru