• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Ubwanditsi 23 Dec 2017 SHOWBIZ

Cécile Kayirebwa na Kidum, inararibonye mu muziki mu Rwanda no mu Burundi, bahuriye mu gitaramo cy’ubusabane cyahuje Abanyarwanda baba mu gihugu n’abo mu Ntara ya Gatandatu ya Diaspora, cyahaye ibyishimo benshi.

Muri iki gitaramo bakoreye i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha kuwa Gatanu tariki 22 Ukuboza, Kayirebwa na Kidum bongeye kwereka abantu ko impano y’ubuhanzi bayifite mu maraso ndetse ko bifuza gukomeza kuyisigasira ari nako batoza abahanzi bato gukunda umuziki w’umwimerere.

Iki gitaramo cyaranzwe n’ubwitabire bukomeye bw’abakunda umuziki, ihema rya Gikondo Expo Ground ryari ryuzuye mu mpande zose ku buryo abantu babaye benshi bamwe barahagarara.

Iki gitaramo kiri muri bike bihenze byateguwe muri iri hema, igiciro gito cyo kwinjira cyari amafaranga ibihumbi icumi mu gihe abo mu myanya y’icyubahiro bishyuraga hejuru ya 15,000frw kuzamura; hari n’abari bicaye ku meza amwe bishyuye ibihumbi magana abiri. Igiciro nticyakanze abitabiriye igitaramo bari biganjemo abo muri diaspora bari mu biruhuko mu Rwanda.

Abitabiriye igitaramo bari mu ngeri zose [abo mu Rwanda no mu mahanga] kandi mu byiciro byose abakibyiruka, abagabo n’abagore bakuze ndetse uraranganyije amaso mu bari baje harimo bake ubona ko bageze mu gihe cy’ubukure.

Mu biganiro by’abitabiriye igitaramo wumvaga abenshi bakoresha cyane ururimi rw’Igifaransa, abavangaga Igifaransa n’Igiswahili ndetse n’Icyongereza, ibi bigashimangira ko byari ubusabane hagati y’Abanyarwanda baba muri Diaspora na bagenzi babo baba mu gihugu imbere.

Kayirebwa na Kidum basanzwe bakorera umuziki hanze y’ibihugu byabo bagaragaje ubuhanga n’igikundiro cyinshi urebye uburyo indirimbo zabo zakiriwe. Izi nararibonye mu muziki w’umwimerere zafatanyije n’Itorero Inganzo Ngari ryagaragaje ubuhanga bukomeye mu mbyino zizwi mu bice byose by’igihugu haba mu Mutara w’Indorwa, mu Gisaka, mu Buganza n’ahandi.

Inganzo Ngari ni zo zafunguye iki gitaramo zihereye mu murishyo w’ingoma, umuhamirizo z’intore, umushayayo n’ikinyemera byabyinwe n’inkumi zizi gukaraga umubyimba no gutega amaboko Kinyarwanda. Mu gusoza, Inganzo Ngari zabyukije amarangamutima ya benshi ubwo zerekanaga uburyo abo mu gice cy’Umutara basanzwe batarama mu muco wabo wiganjemo guha icyubahiro inka.

Kayirebwa yanyuze imitima ya benshi mu bakunzi b’indirimbo ze cyane cyane izo ha mbere. Nyinshi mu zatumye benshi bamukunda yaziririmbye, mu zishimiwe cyane harimo ‘None twaza’, ‘Iwacu’, ’Rwanda’, ‘Mbateze igitego’ abafana bamufashije kuziririmba ndetse ahanini amajwi yabo yariganzaga kurusha ay’uyu muhanzi umaze kuba icyogere mu muziki.

Mu miririmbire, Kayirebwa yatengushywe n’ibyuma ku buryo amaze kuririmba indirimbo ya mbere indangururamajwi ntizavugaga neza ubundi abacuranzi nabo bagasobanya ari nabyo byatumye uyu muhanzi acishamo rimwe akajya kuvugana n’abacuranzi be ababaza ikibazo cyavutse.

Mu gihe ibyuma byabaga birimo gutunganywa, Kayirebwa yabwiraga abakunzi be ati “Nimube muririmba twishime, nimumfashe turirimbe!” Nabo bamukundiraga maze bagahanika amajwi baririmba zimwe mu ndirimbo ze zubatse amateka, ibi byamukoze ku mutima cyane.

Kidum yakoreye mu ngata Kayirebwa ahagana saa tanu zuzuye, yaririmbye mu gihe kigeza ku isaha n’iminota icumi ndetse bamukuye ku rubyiniro ubona agifite imbaraga n’ubushake bwo gukomeza kuririmba.

Kidum yinjiye ku rubyiniro yambaye ingofero itukura itamugaragazaga neza mu maso, yatangiranye imbaraga nyinshi ku buryo abatamumenyereye bakekaga ko ananirwa bidatinze. Umwe mu bo twari twegeranye yanoshe maze ambwira ko ‘atunguwe n’imbaraga Kidum akoresha’.

Uretse kuririmba, Kidum yacishagamo agacezanya n’inkumi zo mu itsinda rimucurangira ubundi akongera akayobora abacuranzi bakanzika n’umuziki. Uyu murundi yanyuze benshi ndetse yasoje ubona bamwe bataragira gahunda yo kuva mu byicaro ngo batahe.

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye

Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18

Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi
ITOHOZA

Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye
POLITIKI

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica
SHOWBIZ

Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru