• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Ubwanditsi 23 Dec 2017 SHOWBIZ

Cécile Kayirebwa na Kidum, inararibonye mu muziki mu Rwanda no mu Burundi, bahuriye mu gitaramo cy’ubusabane cyahuje Abanyarwanda baba mu gihugu n’abo mu Ntara ya Gatandatu ya Diaspora, cyahaye ibyishimo benshi.

Muri iki gitaramo bakoreye i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha kuwa Gatanu tariki 22 Ukuboza, Kayirebwa na Kidum bongeye kwereka abantu ko impano y’ubuhanzi bayifite mu maraso ndetse ko bifuza gukomeza kuyisigasira ari nako batoza abahanzi bato gukunda umuziki w’umwimerere.

Iki gitaramo cyaranzwe n’ubwitabire bukomeye bw’abakunda umuziki, ihema rya Gikondo Expo Ground ryari ryuzuye mu mpande zose ku buryo abantu babaye benshi bamwe barahagarara.

Iki gitaramo kiri muri bike bihenze byateguwe muri iri hema, igiciro gito cyo kwinjira cyari amafaranga ibihumbi icumi mu gihe abo mu myanya y’icyubahiro bishyuraga hejuru ya 15,000frw kuzamura; hari n’abari bicaye ku meza amwe bishyuye ibihumbi magana abiri. Igiciro nticyakanze abitabiriye igitaramo bari biganjemo abo muri diaspora bari mu biruhuko mu Rwanda.

Abitabiriye igitaramo bari mu ngeri zose [abo mu Rwanda no mu mahanga] kandi mu byiciro byose abakibyiruka, abagabo n’abagore bakuze ndetse uraranganyije amaso mu bari baje harimo bake ubona ko bageze mu gihe cy’ubukure.

Mu biganiro by’abitabiriye igitaramo wumvaga abenshi bakoresha cyane ururimi rw’Igifaransa, abavangaga Igifaransa n’Igiswahili ndetse n’Icyongereza, ibi bigashimangira ko byari ubusabane hagati y’Abanyarwanda baba muri Diaspora na bagenzi babo baba mu gihugu imbere.

Kayirebwa na Kidum basanzwe bakorera umuziki hanze y’ibihugu byabo bagaragaje ubuhanga n’igikundiro cyinshi urebye uburyo indirimbo zabo zakiriwe. Izi nararibonye mu muziki w’umwimerere zafatanyije n’Itorero Inganzo Ngari ryagaragaje ubuhanga bukomeye mu mbyino zizwi mu bice byose by’igihugu haba mu Mutara w’Indorwa, mu Gisaka, mu Buganza n’ahandi.

Inganzo Ngari ni zo zafunguye iki gitaramo zihereye mu murishyo w’ingoma, umuhamirizo z’intore, umushayayo n’ikinyemera byabyinwe n’inkumi zizi gukaraga umubyimba no gutega amaboko Kinyarwanda. Mu gusoza, Inganzo Ngari zabyukije amarangamutima ya benshi ubwo zerekanaga uburyo abo mu gice cy’Umutara basanzwe batarama mu muco wabo wiganjemo guha icyubahiro inka.

Kayirebwa yanyuze imitima ya benshi mu bakunzi b’indirimbo ze cyane cyane izo ha mbere. Nyinshi mu zatumye benshi bamukunda yaziririmbye, mu zishimiwe cyane harimo ‘None twaza’, ‘Iwacu’, ’Rwanda’, ‘Mbateze igitego’ abafana bamufashije kuziririmba ndetse ahanini amajwi yabo yariganzaga kurusha ay’uyu muhanzi umaze kuba icyogere mu muziki.

Mu miririmbire, Kayirebwa yatengushywe n’ibyuma ku buryo amaze kuririmba indirimbo ya mbere indangururamajwi ntizavugaga neza ubundi abacuranzi nabo bagasobanya ari nabyo byatumye uyu muhanzi acishamo rimwe akajya kuvugana n’abacuranzi be ababaza ikibazo cyavutse.

Mu gihe ibyuma byabaga birimo gutunganywa, Kayirebwa yabwiraga abakunzi be ati “Nimube muririmba twishime, nimumfashe turirimbe!” Nabo bamukundiraga maze bagahanika amajwi baririmba zimwe mu ndirimbo ze zubatse amateka, ibi byamukoze ku mutima cyane.

Kidum yakoreye mu ngata Kayirebwa ahagana saa tanu zuzuye, yaririmbye mu gihe kigeza ku isaha n’iminota icumi ndetse bamukuye ku rubyiniro ubona agifite imbaraga n’ubushake bwo gukomeza kuririmba.

Kidum yinjiye ku rubyiniro yambaye ingofero itukura itamugaragazaga neza mu maso, yatangiranye imbaraga nyinshi ku buryo abatamumenyereye bakekaga ko ananirwa bidatinze. Umwe mu bo twari twegeranye yanoshe maze ambwira ko ‘atunguwe n’imbaraga Kidum akoresha’.

Uretse kuririmba, Kidum yacishagamo agacezanya n’inkumi zo mu itsinda rimucurangira ubundi akongera akayobora abacuranzi bakanzika n’umuziki. Uyu murundi yanyuze benshi ndetse yasoje ubona bamwe bataragira gahunda yo kuva mu byicaro ngo batahe.

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Ubwanditsi 29 Aug 2021
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Miss Jojo warongowe na Minani Salim bibarutse umukobwa

Miss Jojo warongowe na Minani Salim bibarutse umukobwa

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica
Mu Mahanga

Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica

Ubwanditsi 05 May 2016
Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza
Mu Rwanda

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF
Amakuru

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Ubwanditsi 18 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru