• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025   |   22 Sep 2025

  • Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira   |   22 Sep 2025

  • FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26   |   11 Sep 2025

  • Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri   |   10 Sep 2025

  • Amavubi yabonye intsinzi imbere ya Zimbabwe, afata umwanya wa 3 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 20206   |   09 Sep 2025

  • Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana   |   09 Sep 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Editorial 26 Jun 2019 IMIKINO

Cameroun ifite igikombe cya Afurika yegukanye mu 2017, yatangiye neza mu irushanwa ry’uyu mwaka riri kubera mu Misiri, itsinda Guinée- Bissau ibitego 2-0 mu mukino wabimburiye indi yose yo mu itsinda F rikinira mu Mujyi wa Ismaila.

Mu irushanwa riheruka rya 2017, ibitego bitandatu muri birindwi Cameroun yatsinze, byabonetse nyuma y’umunota wa 59 ndetse no kuri iyi nshuro birashoboka ko ari ko bigiye gukomeza kuko ibitego byo mu gice cya kabiri byatsinzwe na Yaya Banana na Stéphane Bahoken wasimbuye, ari byo byahesheje iyi kipe amanota atatu ya mbere kuri uyu wa Kabiri.

Cameroun ishaka iki gikombe ku nshuro ya gatandatu, yahabwaga amahirwe menshi muri uyu mukino ndetse byashobokaga cyane ko igice cya mbere kirangira yamaze kureba mu izamu.

Christian Bassogog yabonye uburyo bwa mbere bwabonetse mu mukino ku munota wa karindwi ubwo yashoreraga umupira aturutse mu kibuga hagati, ariko ishoti rikomeye yateye rica hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 20, Cameroun yateye umupira wa mbere ugana mu izamu binyuze kuri Michael Ngadeu washyize umutwe ku mupira wahinduwe na kapiteni Eric Choupo Moting, uruhukira mu biganza by’umunyezamu.

Nyuma y’iminota ine, iyi kipe ifite igikombe giheruka, yabonye ubundi buryo bwiza ubwo André-Franck Anguissa yahabwaga umupira ari imbere y’izamu, awutera hejuru.

Cameroun yakomeje kotsa igitutu Guinée-Bissau ndetse yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa 30, ariko Anguissa apfusha ubusa uburyo yabonye, atera hejuru uyu mupira yari ahawe na Karl Toko Ekambi.

Intare z’inkazi nk’uko ikipe y’igihugu ya Cameroun yitwa, zakomeje gusatira zikoresheje imipira miremire. Ekambi na we yatanze umupira kuri Christian Bassogog, awutera hejuru.

Guinée Bissau yabonye uburyo bubiri mu gice cya mbere, aho Judilson Gomes yateye umupira wanyuze hejuru y’izamu mu gihe Juary Soares yigaramye undi mupira na we ukajya hejuru.

Mu gice cya kabiri, abasore b’umutoza Clarence Seedorf bihariye umukino bashaka igitego ndetse biza kubahira ku munota wa 66 ubwo Banana yatsindishaga umutwe ku mupira wa koruneri yari itewe na Ekambi.

Nyuma y’iminota itatu, Bahoken yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri yari amaze mu kibuga asimbuye. Sory Mane wa Guinée Bissau yashatse gukuraho umupira usanga Bahoken wahise awunyuza ku munyezamu.

Mu wundi mukino wo muri iri tsinda watangiye saa 22:00, Ghana imaze gutwara iri rushanwa inshuro enye, yasoje ari abakinnyi 10 mu kibuga nyuma y’uko John Boye ahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo, yatunguwe na Bénin, banganya ibitego 2-2.

Mickael Pote yafunguye amazamu ku ruhande rwa Bénin ku munota wa kabiri, André Ayew yishyurira Ghana ku munota wa cyenda mu gihe murumuna we, Jordan Ayew yatsinze igiego cya kabiri habura iminota itatu ngo amakipe yombi ajye kuruhuka.

Nyuma yo guhabwa ikarita itukura ku munota wa 55, Ghana igasigara ari abakinnyi 10 mu kibuga, Bénin yishyuye igitego cya kabiri nyuma y’iminota umunani maze amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Cameroun izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, aho izahura na Ghana saa 19:00 mu gihe Bénin izacakirana na Guinée Bissau guhera saa 22:00.

 

Karl Toko Ekamb yahushije bumwe mu buryo bwabazwe muri uyu mukino, umupira ukurwamo n’umunyezamu wa Guinee Bissau

 

Juary Soares yahushije uburyo bwabazwe ku ruhande rwa Guinee Bissau

 

Zezinho Lopes ashaka uburyo atambuka kuri Karl Toko Ekambi wa Cameroun

 

Zambo Anguissa wabaye umukinnyi w’umukino, agerageza guhagarika Sori Mane wateye ishoti rikomeye rigaca hejuru y’izamu

 

 

Stephane Bahoken ubwo yari amaze gutsinda igitego cya kabiri cya Cameroun

 

Abakinnyi ba Cameroun bafatanyije na Stephane Bahoken kwishimira igitego cyashimangiye intsinzi yabo

 

 

Abafana ba Cameroun baherekeje ikipe yabo, bayibaye inyuma kuva umukino utangiye kugeza urangiye
INKURU YA IGIHE

 

2019-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Editorial 06 Dec 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 21 Nov 2024
APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Editorial 12 Mar 2016
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Editorial 21 Mar 2022
Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Editorial 06 Dec 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 21 Nov 2024
APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Editorial 12 Mar 2016
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Editorial 21 Mar 2022
Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Editorial 06 Dec 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 21 Nov 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda
HIRYA NO HINO

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Editorial 14 Oct 2018
Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy
Mu Rwanda

Ndi Umunyamerika mu mpapuro ariko mu maraso ndi Umunyarwanda-Meddy

Editorial 27 Aug 2017
Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya
HIRYA NO HINO

Rwanda Day izabera mu Budage yahawe itariki nshya

Editorial 17 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru