• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019 IMIKINO

Cameroun ifite igikombe cya Afurika yegukanye mu 2017, yatangiye neza mu irushanwa ry’uyu mwaka riri kubera mu Misiri, itsinda Guinée- Bissau ibitego 2-0 mu mukino wabimburiye indi yose yo mu itsinda F rikinira mu Mujyi wa Ismaila.

Mu irushanwa riheruka rya 2017, ibitego bitandatu muri birindwi Cameroun yatsinze, byabonetse nyuma y’umunota wa 59 ndetse no kuri iyi nshuro birashoboka ko ari ko bigiye gukomeza kuko ibitego byo mu gice cya kabiri byatsinzwe na Yaya Banana na Stéphane Bahoken wasimbuye, ari byo byahesheje iyi kipe amanota atatu ya mbere kuri uyu wa Kabiri.

Cameroun ishaka iki gikombe ku nshuro ya gatandatu, yahabwaga amahirwe menshi muri uyu mukino ndetse byashobokaga cyane ko igice cya mbere kirangira yamaze kureba mu izamu.

Christian Bassogog yabonye uburyo bwa mbere bwabonetse mu mukino ku munota wa karindwi ubwo yashoreraga umupira aturutse mu kibuga hagati, ariko ishoti rikomeye yateye rica hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 20, Cameroun yateye umupira wa mbere ugana mu izamu binyuze kuri Michael Ngadeu washyize umutwe ku mupira wahinduwe na kapiteni Eric Choupo Moting, uruhukira mu biganza by’umunyezamu.

Nyuma y’iminota ine, iyi kipe ifite igikombe giheruka, yabonye ubundi buryo bwiza ubwo André-Franck Anguissa yahabwaga umupira ari imbere y’izamu, awutera hejuru.

Cameroun yakomeje kotsa igitutu Guinée-Bissau ndetse yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa 30, ariko Anguissa apfusha ubusa uburyo yabonye, atera hejuru uyu mupira yari ahawe na Karl Toko Ekambi.

Intare z’inkazi nk’uko ikipe y’igihugu ya Cameroun yitwa, zakomeje gusatira zikoresheje imipira miremire. Ekambi na we yatanze umupira kuri Christian Bassogog, awutera hejuru.

Guinée Bissau yabonye uburyo bubiri mu gice cya mbere, aho Judilson Gomes yateye umupira wanyuze hejuru y’izamu mu gihe Juary Soares yigaramye undi mupira na we ukajya hejuru.

Mu gice cya kabiri, abasore b’umutoza Clarence Seedorf bihariye umukino bashaka igitego ndetse biza kubahira ku munota wa 66 ubwo Banana yatsindishaga umutwe ku mupira wa koruneri yari itewe na Ekambi.

Nyuma y’iminota itatu, Bahoken yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri yari amaze mu kibuga asimbuye. Sory Mane wa Guinée Bissau yashatse gukuraho umupira usanga Bahoken wahise awunyuza ku munyezamu.

Mu wundi mukino wo muri iri tsinda watangiye saa 22:00, Ghana imaze gutwara iri rushanwa inshuro enye, yasoje ari abakinnyi 10 mu kibuga nyuma y’uko John Boye ahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo, yatunguwe na Bénin, banganya ibitego 2-2.

Mickael Pote yafunguye amazamu ku ruhande rwa Bénin ku munota wa kabiri, André Ayew yishyurira Ghana ku munota wa cyenda mu gihe murumuna we, Jordan Ayew yatsinze igiego cya kabiri habura iminota itatu ngo amakipe yombi ajye kuruhuka.

Nyuma yo guhabwa ikarita itukura ku munota wa 55, Ghana igasigara ari abakinnyi 10 mu kibuga, Bénin yishyuye igitego cya kabiri nyuma y’iminota umunani maze amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Cameroun izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, aho izahura na Ghana saa 19:00 mu gihe Bénin izacakirana na Guinée Bissau guhera saa 22:00.

 

Karl Toko Ekamb yahushije bumwe mu buryo bwabazwe muri uyu mukino, umupira ukurwamo n’umunyezamu wa Guinee Bissau

 

Juary Soares yahushije uburyo bwabazwe ku ruhande rwa Guinee Bissau

 

Zezinho Lopes ashaka uburyo atambuka kuri Karl Toko Ekambi wa Cameroun

 

Zambo Anguissa wabaye umukinnyi w’umukino, agerageza guhagarika Sori Mane wateye ishoti rikomeye rigaca hejuru y’izamu

 

 

Stephane Bahoken ubwo yari amaze gutsinda igitego cya kabiri cya Cameroun

 

Abakinnyi ba Cameroun bafatanyije na Stephane Bahoken kwishimira igitego cyashimangiye intsinzi yabo

 

 

Abafana ba Cameroun baherekeje ikipe yabo, bayibaye inyuma kuva umukino utangiye kugeza urangiye
INKURU YA IGIHE

 

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Ubwanditsi 23 May 2018
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016
PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire
POLITIKI

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  
INKURU NYAMUKURU

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Ubwanditsi 30 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru