• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019 IMIKINO

Cameroun ifite igikombe cya Afurika yegukanye mu 2017, yatangiye neza mu irushanwa ry’uyu mwaka riri kubera mu Misiri, itsinda Guinée- Bissau ibitego 2-0 mu mukino wabimburiye indi yose yo mu itsinda F rikinira mu Mujyi wa Ismaila.

Mu irushanwa riheruka rya 2017, ibitego bitandatu muri birindwi Cameroun yatsinze, byabonetse nyuma y’umunota wa 59 ndetse no kuri iyi nshuro birashoboka ko ari ko bigiye gukomeza kuko ibitego byo mu gice cya kabiri byatsinzwe na Yaya Banana na Stéphane Bahoken wasimbuye, ari byo byahesheje iyi kipe amanota atatu ya mbere kuri uyu wa Kabiri.

Cameroun ishaka iki gikombe ku nshuro ya gatandatu, yahabwaga amahirwe menshi muri uyu mukino ndetse byashobokaga cyane ko igice cya mbere kirangira yamaze kureba mu izamu.

Christian Bassogog yabonye uburyo bwa mbere bwabonetse mu mukino ku munota wa karindwi ubwo yashoreraga umupira aturutse mu kibuga hagati, ariko ishoti rikomeye yateye rica hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 20, Cameroun yateye umupira wa mbere ugana mu izamu binyuze kuri Michael Ngadeu washyize umutwe ku mupira wahinduwe na kapiteni Eric Choupo Moting, uruhukira mu biganza by’umunyezamu.

Nyuma y’iminota ine, iyi kipe ifite igikombe giheruka, yabonye ubundi buryo bwiza ubwo André-Franck Anguissa yahabwaga umupira ari imbere y’izamu, awutera hejuru.

Cameroun yakomeje kotsa igitutu Guinée-Bissau ndetse yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa 30, ariko Anguissa apfusha ubusa uburyo yabonye, atera hejuru uyu mupira yari ahawe na Karl Toko Ekambi.

Intare z’inkazi nk’uko ikipe y’igihugu ya Cameroun yitwa, zakomeje gusatira zikoresheje imipira miremire. Ekambi na we yatanze umupira kuri Christian Bassogog, awutera hejuru.

Guinée Bissau yabonye uburyo bubiri mu gice cya mbere, aho Judilson Gomes yateye umupira wanyuze hejuru y’izamu mu gihe Juary Soares yigaramye undi mupira na we ukajya hejuru.

Mu gice cya kabiri, abasore b’umutoza Clarence Seedorf bihariye umukino bashaka igitego ndetse biza kubahira ku munota wa 66 ubwo Banana yatsindishaga umutwe ku mupira wa koruneri yari itewe na Ekambi.

Nyuma y’iminota itatu, Bahoken yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri yari amaze mu kibuga asimbuye. Sory Mane wa Guinée Bissau yashatse gukuraho umupira usanga Bahoken wahise awunyuza ku munyezamu.

Mu wundi mukino wo muri iri tsinda watangiye saa 22:00, Ghana imaze gutwara iri rushanwa inshuro enye, yasoje ari abakinnyi 10 mu kibuga nyuma y’uko John Boye ahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo, yatunguwe na Bénin, banganya ibitego 2-2.

Mickael Pote yafunguye amazamu ku ruhande rwa Bénin ku munota wa kabiri, André Ayew yishyurira Ghana ku munota wa cyenda mu gihe murumuna we, Jordan Ayew yatsinze igiego cya kabiri habura iminota itatu ngo amakipe yombi ajye kuruhuka.

Nyuma yo guhabwa ikarita itukura ku munota wa 55, Ghana igasigara ari abakinnyi 10 mu kibuga, Bénin yishyuye igitego cya kabiri nyuma y’iminota umunani maze amakipe yombi anganya ibitego 2-2.

Cameroun izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, aho izahura na Ghana saa 19:00 mu gihe Bénin izacakirana na Guinée Bissau guhera saa 22:00.

 

Karl Toko Ekamb yahushije bumwe mu buryo bwabazwe muri uyu mukino, umupira ukurwamo n’umunyezamu wa Guinee Bissau

 

Juary Soares yahushije uburyo bwabazwe ku ruhande rwa Guinee Bissau

 

Zezinho Lopes ashaka uburyo atambuka kuri Karl Toko Ekambi wa Cameroun

 

Zambo Anguissa wabaye umukinnyi w’umukino, agerageza guhagarika Sori Mane wateye ishoti rikomeye rigaca hejuru y’izamu

 

 

Stephane Bahoken ubwo yari amaze gutsinda igitego cya kabiri cya Cameroun

 

Abakinnyi ba Cameroun bafatanyije na Stephane Bahoken kwishimira igitego cyashimangiye intsinzi yabo

 

 

Abafana ba Cameroun baherekeje ikipe yabo, bayibaye inyuma kuva umukino utangiye kugeza urangiye
INKURU YA IGIHE

 

2019-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Ubwanditsi 07 Jul 2023
Amafoto – Mu isura nshya ibereye ijisho, Ivugururwa ry’inyubako y’imikino ya Petit Stade iragana ku musozo

Amafoto – Mu isura nshya ibereye ijisho, Ivugururwa ry’inyubako y’imikino ya Petit Stade iragana ku musozo

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Ubwanditsi 06 Apr 2022
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu  demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.
ITOHOZA

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.
POLITIKI

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose
Amakuru

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose

Ubwanditsi 08 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru