• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Editorial 19 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe ya Nigeria “Super Eagle” yaraye inyagiye Niger ku bitego 4-1 mu irushanwa ry’amakipe y’ibihugu muri Afurika ribera mu Rwanda (CHAN) uyu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

-1856.jpg

Abakinnyi-ba-NIGERIA-bishimira-igitego-cya-mbere-nyuma-umukinnyi-Chikatara-agatsinda-ibindi-3-wenyine

Uyu mukino wo mu itsinda C ririmo Nigeria, Niger, Guinea na Tunisia zo zanganyije ibitego 2-2.

Inshamake y’umukino

Ku munota wa 4 w’igice cya mbere Niger yabonye kufura yatewe na Musa Shehu ayitera mu maboko y’umuzamu wa Nigeria.

Ku munota wa 9 Alimi Jamiu wa Nigeria yahawe ikarita y’umuhondo ku ikosa yakoreye umukinnyi wa Niger Idrissa Halidou Garba.

Ku munota wa 12 w’igice cya mbere rutahizamu w’ikipe ya Niger Idrissa Halidou Garba yabonye amahirwe yo gutsinda igitego aho yarasigaranye n’umuzamu umusifuzi asifura ko yaraririye.

Ku munota wa 16 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Alimi Jamiu wari wahawe ikarita y’umuhondo yasimbuwe na Orjikalu Okogbue.

Ku munota wa 30 w’igice cya mbere Nigeria yahujije igitego ku buryo bwari bwabazwe ku ishoti ryatewe na Okoro Osadebamwen Moses.

Ku munota 43 ni bwo habonetse koloneli ya mbere ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria yatewe na Aggreh Abus Prince ayitera mu maboko y’umuzamu wa Niger.

Igice cya mbere cy’umukino wahuzaga Niger na Nigeria cyarangiye amakipe yose anganya ubusa ku busa.

Amakosa yagaragaye muri uwo mukino nuko umusifuzi wo kuruhande baygaragaye ko atigeze yita kurarira kwabakinnyi ba Nigeria.

Ku munota 46 w’igice cya kabiri Okoro Asadebamwen Moses yinjije igitego cya mbere cya Nigeria.

Ku munota wa 48 w’igice cya kabiri cy’umukino ku ruhande rwa Niger habayeho gusimbuza Imarana Seyni yasimbuwe na Adebayor Zakari Victorien Adje, Issiakou Koudize yasimbuwe na Ibrahim Paraiso Moussa.

Ku munota wa 52 ku ruhande Nigeria habayeho gusimbuza Adeniji Babatunde Temitope yasimbuwe na Chikatara Chisom Elvis.

Kumunota 58 ku ruhande rw’ikipe ya Niger habayeho gusimbuza, Mahamadou Souley Salamoun yasimbuwe na Ganiyu Elh Tidjani Hutmanu Elh Tijani.

Ku munota wa 64 ku ruhande rw’ikipe ya Nigeria habayeho gusimbuza Ibenegbu Bartholomew yasimbuwe na Muhammed Usman.

Ku munota wa 74 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis winjiye asumbuye yijije igitego cya kabiri cya Nigeria ku mupira mwiza yahawe na Aggreh Obus Prince.

Ku munota wa 81 w’igice cya kabiri Adebayor Zakari Victorien Adje winjiye asimbuye ni we watsinze igitego cya mbere cya Niger.

Ku munota wa 82 w’igice cya kabiri Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya gatatu cya Nigeria.

Ku munota wa 92 Chikatara Chisom Elvis yatsinze igitego cya kane ari na cyo cya nyuma muri uyu mukino.

Umukino warangiye ari ibitego 4 bya Nigeria kuri 1 cya Niger, igitego cya kane cyabonetse mu minota itatu y’inyongera.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Nigeria
Ikechukwu Ezanwa, Chima Uche Akas, Alimi Jamiu, Aggreh Abus Prince, Afeanyi Mathew, Adeniji Babatunde Temitope, Onobi Paul Odeh, Ibenegbu Bartholomew, Mathew Etim, Okoro, Osadebamwen Moses na Eze Stephen.

Urutonde rw’abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Niger
Moussa Alhassane Alzouma, Inoussa Amadou, Musa Shehu,

Youssouf Oumarou Alia, Idrissa Halidou Garba, Souleymane Dela Sakou, Imarana seyni, Boureima Abdoulaye Katkore Amadou, Mahamadou Souley Salamoun na Issiakou Koudize.

M.FILS/ Rushyashya.net

2016-01-19
Editorial

IZINDI NKURU

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Editorial 06 Jan 2016
Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Editorial 25 Feb 2019
Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Editorial 16 Dec 2018
Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Editorial 19 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54
HIRYA NO HINO

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Editorial 28 Mar 2020
Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro
Mu Mahanga

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Editorial 15 Mar 2016
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!
Amakuru

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Editorial 21 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru