• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

Ubwanditsi 10 Nov 2017 IMIKINO

Umukino Abanyarwanda batezeho icyizere cyo kubona itike yo kwitabira imikino ya CHAN 2018 ugomba kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru tariki 12 Ugushyingo, ibiciro byo kuwureba byamaze gushyirwa ahagaragara abifuza kwicara mu cyubahiro bakazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda.

Mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia ku Cyumweru gishize, u Rwanda rwahavanye itsinzi y’ibitego 3-2 nubwo ari rwo rwari rwabanje kwinjizwa igitego hakiri kare ku munota wa 18 cya Asechalew Girma cyishyurwa na Rutanga Eric ku munota wa 55.

Rwatsinzwe icya kabiri ku munota wa 65 cya Abubakher Sanni kiza kwishyurwa na Muhadjili Hakizimana mbere y’uko Biramahire Abeddy ashyiramo icya gatatu ari nacyo cyatanze intsinzi.

Bagarutse mu Rwanda, yaba kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame n’Umutoza wungirije w’Amavubi, Mashami Vincent bahurije ku kuba Ethiopia ari ikipe ikomeye, yabahaye akazi gakomeye ndetse ifite ubushobozi bwo kuba yanabatsindira i Kigali.

Mashami yagize ati “Wari umukino mwiza ku ruhande rwacu kuko twabonye intsinzi ariko ntabwo byari byoroshye. Twahuye n’ikipe imenyeranye kandi ifite umupira wihuta. Intego yacu yo kutemera kwinjizwa ibitego yashyizwe mu bikorwa. Kuko bazi gukina natwe twafashe umwanzuro wo gushaka ibitego.”

“ Gusa si ikipe yoroshye ngo kuko twayitsinze ibitego bitatu. Ni igihugu cyagutsinda igitego umunota uwo ariwo wose. Niyo mpamvu twemeza ko bitararangira kuko uko twabatsinze iwabo nabo bashobora kudutsinda iwacu. Ntidushaka kwitesha amahirwe twabonye.”

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gushyira ahagaragara ibiciro byo kuzareba uyu mukino ufite byinshi uvuze ku gihugu kuko nirutsinda cyangwa rukanganya rugomba guhita rubona itike yo kuzakina CHAN 2018 izabera muri Maroc.

Uyu mukino uzabera kuri Stade ya Kigali aho Amavubi aheruka gutsinda Uganda ibitego 2-0 nubundi hari mu mikino yo gushaka itike yo kwitabira iri rushanwa ariko rwari rwasezerewe kuko i Kampala rwari rwatsinzwe 3-0.

Ku bifuza kwicara mu myanya y’icyubahiro bazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda, hafi yaho bishyure ibihumbi bitatu naho ahasigaye hose bishyure ibihumbi bibiri. Abafana bazatangira kwinjira saa tanu mu gihe umukino uzatangira saa cyenda n’igice.

Uzasifurwa n’abanya-Somalia bayobowe na Mohamed Hagi hagati mu kibuga, Hamza Hagi Abdi na Salah Omar Abukar bari ku ruhande, Bashir Olad Arab akazaba ari uw’agateganyo mu gihe Umurundi, Aimable Habimana azaba ari komiseri w’umukino.

2017-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 14 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire
Amakuru

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017
Mu Mahanga

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 27 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru