• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Editorial 22 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

-1899.jpg

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.
Amahirwe akomeye yabonetse mu gice cya mbere ni ku ruhande rwa Tunisia, aho ku munota wa 10 w’umukino, Ahmed Akaichi yabonye amahirwe yo gutsindira Tunisia igitego ariko umunyezamu wa Nigeria, Ikechukwu Ezenwa umupira awukubita ibipfunsi.
Ku guhererekanya kwiza hagati y’abakinnyi ba Tunisia, Marouane Tej waciye hagati mu kibuga na Akacihi, Oueslati yabonye uburyo bwo gutera mu izamu ariko ba myugariro ba Nigeria barahagoboka.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Essifi Hichemi mu ruhande rw’iburyo wakojejweho umutwe na Saad Bguir maze Ahmed Akaichi acenga myugariro wa Nigeria, aboneza umupira mu izamu rya Ezenwa, biba igitego 1-1. Igitego cya Ahmed Akaichi ni icya gatatu atsinze muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda ibitego 2 ku mukino wa Guinea.
Tunisia yabuze igitego cya kabiri ku munota wa 77, ubwo Akaichi yateraga mu izamu rya Nigeria ariko kubw’amahirwe ya Nigeria umupira ujya muri koruneli yafashwe na Ezenwa.

Ibenegbu Barthlomew yananiwe gutsindira Nigeria ku munota wa 83, arebana n’izamu rya Jeridi, umupira ujya hanze.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana, agerageza uburyo butandukanye butagize icyo butanga ku mpande zombi, umukino urangira bagabanye amanota ku gitego 1-1.

Abakinnyi babanjemo:

Tunisia: 1 Jridi, 21 Derbali, 12 Maâloul, 4 Boughattas, 14 Ben Amor, 13 Aouadhi, 15 Manser, 8 Oueslati, 9 Akaïchi, 7 Tej, 17 Mathlouthi.
Nigeria: 1 Ezenwa, 3 Akas, 5 Oboroakpo, 14 Etim, 21 Eze, 10 Onobi, 4 Usman, 17 Okoro, 7 Aggreh, 8 Mathew, 13 Chikatara.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uraza guhuza Guinea na Niger saa 18:00. Guinea ikaba yaranganyije na Tunisia ibitego 2-2 mu mukino ubanza mu gihe Niger yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1.

M.Fils

2016-01-22
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Editorial 07 Sep 2022
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Editorial 08 Feb 2017
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Editorial 24 Aug 2024
KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Editorial 22 Jul 2019
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Editorial 07 Sep 2022
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Editorial 08 Feb 2017
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Editorial 24 Aug 2024
KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Editorial 22 Jul 2019
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Editorial 07 Sep 2022
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Editorial 08 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?
Mu Mahanga

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Editorial 05 Apr 2016
U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

Editorial 23 Sep 2021
David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda
ITOHOZA

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru