• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 06 Mutarama 2016, umukinnyi wa Police FC Robert Ndatimana, yasubiye imbere y’ ubutabera aho akurikiranyweho icyaha cyo gutera inda umwana utarageza imyaka y’ ubukure.

-1688.jpg
dore nguyu Rober imbere y’ubutabera

Nubwo byari biteganijwe ko urubanza rugomba gutangira kuburanwa mu mizi, hagaragayemo imbogamizi yatumye iburana risubikwa kuko uwunganira Ndatimana Robert yazanye icyemezo cyerekana ko uwo ashinjwa gutera inda yavutse mu mwaka wa 1997, mu gihe ibyangombwa byatanzwe na se w’ umwana bigaragaza ko uyu mwana yavutse 1999.

-1689.jpg
Keza Ornella umukobwa Ndatimana yateye inda
Umushinjacyaha yahise asaba ko urubanza rutaburanishwa mu mizi nk’uko byari biteganijwe uko icyaha gisa n’igihinduye isura kuko byahise bigaragara ko Robert atateye inda umwana ahubwo ari umuntu mukuru bityo busaba ko yaba afunzwe iminsi 30 hakabanza hakemenyekana icyihishe inyuma y’ibyangombwa bibiri bivuguruzanya hakobona gutangira urubanza mu mizi.

Uwunganira Ndatimana Robert yavuze ko nta gikwiye guhagarika urubanza kuko amategeko avuga ko mu rubanza haburanwa icyaregewe bityo ko birengajije iryo tegeko urubanza rutazapfa kurangira kuko hajya hatangwa impamvu iyo ari yose urubanza rugasubikwa bityo asaba ko umukiriya we yaburanishwa mu mizi.

-1691.jpg

Ndatimana Robert na we yavuze ko nta mpamvu yumva yatuma akomeza gufungwa iminsi 30 ngo kuko ntaho ateganya guhungira ubutabera dore ko ari umuntu uzwi ufite umuryango ndetse n’aho abarizwa.

Gusa ibi bikaba bitatumye urukiko rudafata umwanzuro wo gusubika iburanisha mu mizi y’ uru rubanza kugirango hakorwe iperereza kuri ibi byangombwa byose byatanzwe habanze kumenyekana ibifite ukuri kuri ibi byangombwa by’amavuko bigaragaza gusobanya ku gihe Keza Ornella watewe inda na Ndatimana Robert yaba yaravukiye.

Urukiko rukaba rwanafashe icyemezo kandi ko uyu mukinnyi aba afunzwe iminsi 30 y’ agateganyo mu gihe iri perereza rigikorwa.

Ubusanzwe Urukiko mbere rwari rwasabye ko urubanza rwa Ndatimana rwihutishwa ariyo mpamvu atari yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa, icyakora ibi bimenyetso byagaragajwe byatumye habaho gucukumbura byimbitse ari nacyo cyatumye uyu mukinnyi ahabwa indi minsi 30.

Robert Ndatimana yamenyekanye ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 , kugeza ubu akaba ari umukinnyi w’ ikipe ya Police FC aho yageze nyuma yo guca mu makipe nk’Isonga FC na Rayon Sports.

Source:Makuruki

M.Fils

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

RUSHYASHYA 22 Jun 2026
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Ubwanditsi 10 Nov 2024
FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera  imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu
Mu Rwanda

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Ubwanditsi 26 Oct 2021
Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza
ITOHOZA

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Ubwanditsi 17 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru