• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 06 Mutarama 2016, umukinnyi wa Police FC Robert Ndatimana, yasubiye imbere y’ ubutabera aho akurikiranyweho icyaha cyo gutera inda umwana utarageza imyaka y’ ubukure.

-1688.jpg
dore nguyu Rober imbere y’ubutabera

Nubwo byari biteganijwe ko urubanza rugomba gutangira kuburanwa mu mizi, hagaragayemo imbogamizi yatumye iburana risubikwa kuko uwunganira Ndatimana Robert yazanye icyemezo cyerekana ko uwo ashinjwa gutera inda yavutse mu mwaka wa 1997, mu gihe ibyangombwa byatanzwe na se w’ umwana bigaragaza ko uyu mwana yavutse 1999.

-1689.jpg
Keza Ornella umukobwa Ndatimana yateye inda
Umushinjacyaha yahise asaba ko urubanza rutaburanishwa mu mizi nk’uko byari biteganijwe uko icyaha gisa n’igihinduye isura kuko byahise bigaragara ko Robert atateye inda umwana ahubwo ari umuntu mukuru bityo busaba ko yaba afunzwe iminsi 30 hakabanza hakemenyekana icyihishe inyuma y’ibyangombwa bibiri bivuguruzanya hakobona gutangira urubanza mu mizi.

Uwunganira Ndatimana Robert yavuze ko nta gikwiye guhagarika urubanza kuko amategeko avuga ko mu rubanza haburanwa icyaregewe bityo ko birengajije iryo tegeko urubanza rutazapfa kurangira kuko hajya hatangwa impamvu iyo ari yose urubanza rugasubikwa bityo asaba ko umukiriya we yaburanishwa mu mizi.

-1691.jpg

Ndatimana Robert na we yavuze ko nta mpamvu yumva yatuma akomeza gufungwa iminsi 30 ngo kuko ntaho ateganya guhungira ubutabera dore ko ari umuntu uzwi ufite umuryango ndetse n’aho abarizwa.

Gusa ibi bikaba bitatumye urukiko rudafata umwanzuro wo gusubika iburanisha mu mizi y’ uru rubanza kugirango hakorwe iperereza kuri ibi byangombwa byose byatanzwe habanze kumenyekana ibifite ukuri kuri ibi byangombwa by’amavuko bigaragaza gusobanya ku gihe Keza Ornella watewe inda na Ndatimana Robert yaba yaravukiye.

Urukiko rukaba rwanafashe icyemezo kandi ko uyu mukinnyi aba afunzwe iminsi 30 y’ agateganyo mu gihe iri perereza rigikorwa.

Ubusanzwe Urukiko mbere rwari rwasabye ko urubanza rwa Ndatimana rwihutishwa ariyo mpamvu atari yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa, icyakora ibi bimenyetso byagaragajwe byatumye habaho gucukumbura byimbitse ari nacyo cyatumye uyu mukinnyi ahabwa indi minsi 30.

Robert Ndatimana yamenyekanye ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 , kugeza ubu akaba ari umukinnyi w’ ikipe ya Police FC aho yageze nyuma yo guca mu makipe nk’Isonga FC na Rayon Sports.

Source:Makuruki

M.Fils

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ubwanditsi 25 Mar 2023
Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Ubwanditsi 09 May 2025
Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Ubwanditsi 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove
UBUKUNGU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida
Amakuru

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye
Mu Mahanga

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Ubwanditsi 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru