• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 06 Mutarama 2016, umukinnyi wa Police FC Robert Ndatimana, yasubiye imbere y’ ubutabera aho akurikiranyweho icyaha cyo gutera inda umwana utarageza imyaka y’ ubukure.

-1688.jpg
dore nguyu Rober imbere y’ubutabera

Nubwo byari biteganijwe ko urubanza rugomba gutangira kuburanwa mu mizi, hagaragayemo imbogamizi yatumye iburana risubikwa kuko uwunganira Ndatimana Robert yazanye icyemezo cyerekana ko uwo ashinjwa gutera inda yavutse mu mwaka wa 1997, mu gihe ibyangombwa byatanzwe na se w’ umwana bigaragaza ko uyu mwana yavutse 1999.

-1689.jpg
Keza Ornella umukobwa Ndatimana yateye inda
Umushinjacyaha yahise asaba ko urubanza rutaburanishwa mu mizi nk’uko byari biteganijwe uko icyaha gisa n’igihinduye isura kuko byahise bigaragara ko Robert atateye inda umwana ahubwo ari umuntu mukuru bityo busaba ko yaba afunzwe iminsi 30 hakabanza hakemenyekana icyihishe inyuma y’ibyangombwa bibiri bivuguruzanya hakobona gutangira urubanza mu mizi.

Uwunganira Ndatimana Robert yavuze ko nta gikwiye guhagarika urubanza kuko amategeko avuga ko mu rubanza haburanwa icyaregewe bityo ko birengajije iryo tegeko urubanza rutazapfa kurangira kuko hajya hatangwa impamvu iyo ari yose urubanza rugasubikwa bityo asaba ko umukiriya we yaburanishwa mu mizi.

-1691.jpg

Ndatimana Robert na we yavuze ko nta mpamvu yumva yatuma akomeza gufungwa iminsi 30 ngo kuko ntaho ateganya guhungira ubutabera dore ko ari umuntu uzwi ufite umuryango ndetse n’aho abarizwa.

Gusa ibi bikaba bitatumye urukiko rudafata umwanzuro wo gusubika iburanisha mu mizi y’ uru rubanza kugirango hakorwe iperereza kuri ibi byangombwa byose byatanzwe habanze kumenyekana ibifite ukuri kuri ibi byangombwa by’amavuko bigaragaza gusobanya ku gihe Keza Ornella watewe inda na Ndatimana Robert yaba yaravukiye.

Urukiko rukaba rwanafashe icyemezo kandi ko uyu mukinnyi aba afunzwe iminsi 30 y’ agateganyo mu gihe iri perereza rigikorwa.

Ubusanzwe Urukiko mbere rwari rwasabye ko urubanza rwa Ndatimana rwihutishwa ariyo mpamvu atari yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa, icyakora ibi bimenyetso byagaragajwe byatumye habaho gucukumbura byimbitse ari nacyo cyatumye uyu mukinnyi ahabwa indi minsi 30.

Robert Ndatimana yamenyekanye ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 , kugeza ubu akaba ari umukinnyi w’ ikipe ya Police FC aho yageze nyuma yo guca mu makipe nk’Isonga FC na Rayon Sports.

Source:Makuruki

M.Fils

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Ubwanditsi 31 May 2018
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021
Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League

Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League

Ubwanditsi 13 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange
IMIKINO

Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange

Ubwanditsi 10 Aug 2019
REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo
Amakuru

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

Ubwanditsi 09 May 2023
Uganda: Gen. Salim Saleh  udacana uwaka na  Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Ubwanditsi 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru