• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Umukinnyi Ndatimana Robert ya katiwe n’urukiko rwa Nyamirambo iminsi 30 y’igifungo

Ubwanditsi 07 Jan 2016 IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 06 Mutarama 2016, umukinnyi wa Police FC Robert Ndatimana, yasubiye imbere y’ ubutabera aho akurikiranyweho icyaha cyo gutera inda umwana utarageza imyaka y’ ubukure.

-1688.jpg
dore nguyu Rober imbere y’ubutabera

Nubwo byari biteganijwe ko urubanza rugomba gutangira kuburanwa mu mizi, hagaragayemo imbogamizi yatumye iburana risubikwa kuko uwunganira Ndatimana Robert yazanye icyemezo cyerekana ko uwo ashinjwa gutera inda yavutse mu mwaka wa 1997, mu gihe ibyangombwa byatanzwe na se w’ umwana bigaragaza ko uyu mwana yavutse 1999.

-1689.jpg
Keza Ornella umukobwa Ndatimana yateye inda
Umushinjacyaha yahise asaba ko urubanza rutaburanishwa mu mizi nk’uko byari biteganijwe uko icyaha gisa n’igihinduye isura kuko byahise bigaragara ko Robert atateye inda umwana ahubwo ari umuntu mukuru bityo busaba ko yaba afunzwe iminsi 30 hakabanza hakemenyekana icyihishe inyuma y’ibyangombwa bibiri bivuguruzanya hakobona gutangira urubanza mu mizi.

Uwunganira Ndatimana Robert yavuze ko nta gikwiye guhagarika urubanza kuko amategeko avuga ko mu rubanza haburanwa icyaregewe bityo ko birengajije iryo tegeko urubanza rutazapfa kurangira kuko hajya hatangwa impamvu iyo ari yose urubanza rugasubikwa bityo asaba ko umukiriya we yaburanishwa mu mizi.

-1691.jpg

Ndatimana Robert na we yavuze ko nta mpamvu yumva yatuma akomeza gufungwa iminsi 30 ngo kuko ntaho ateganya guhungira ubutabera dore ko ari umuntu uzwi ufite umuryango ndetse n’aho abarizwa.

Gusa ibi bikaba bitatumye urukiko rudafata umwanzuro wo gusubika iburanisha mu mizi y’ uru rubanza kugirango hakorwe iperereza kuri ibi byangombwa byose byatanzwe habanze kumenyekana ibifite ukuri kuri ibi byangombwa by’amavuko bigaragaza gusobanya ku gihe Keza Ornella watewe inda na Ndatimana Robert yaba yaravukiye.

Urukiko rukaba rwanafashe icyemezo kandi ko uyu mukinnyi aba afunzwe iminsi 30 y’ agateganyo mu gihe iri perereza rigikorwa.

Ubusanzwe Urukiko mbere rwari rwasabye ko urubanza rwa Ndatimana rwihutishwa ariyo mpamvu atari yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa, icyakora ibi bimenyetso byagaragajwe byatumye habaho gucukumbura byimbitse ari nacyo cyatumye uyu mukinnyi ahabwa indi minsi 30.

Robert Ndatimana yamenyekanye ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 , kugeza ubu akaba ari umukinnyi w’ ikipe ya Police FC aho yageze nyuma yo guca mu makipe nk’Isonga FC na Rayon Sports.

Source:Makuruki

M.Fils

2016-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022
Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma

Abahanzi nyarwanda batangiye gushaka amajwi muri Guma Guma

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 25 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’
IMIKINO

Areruya yegukanye igihembo ku munsi wa nyuma wa ‘Tour de France U 23’

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara  [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 06 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru