• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Ubwanditsi 22 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

-1899.jpg

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.
Amahirwe akomeye yabonetse mu gice cya mbere ni ku ruhande rwa Tunisia, aho ku munota wa 10 w’umukino, Ahmed Akaichi yabonye amahirwe yo gutsindira Tunisia igitego ariko umunyezamu wa Nigeria, Ikechukwu Ezenwa umupira awukubita ibipfunsi.
Ku guhererekanya kwiza hagati y’abakinnyi ba Tunisia, Marouane Tej waciye hagati mu kibuga na Akacihi, Oueslati yabonye uburyo bwo gutera mu izamu ariko ba myugariro ba Nigeria barahagoboka.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Essifi Hichemi mu ruhande rw’iburyo wakojejweho umutwe na Saad Bguir maze Ahmed Akaichi acenga myugariro wa Nigeria, aboneza umupira mu izamu rya Ezenwa, biba igitego 1-1. Igitego cya Ahmed Akaichi ni icya gatatu atsinze muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda ibitego 2 ku mukino wa Guinea.
Tunisia yabuze igitego cya kabiri ku munota wa 77, ubwo Akaichi yateraga mu izamu rya Nigeria ariko kubw’amahirwe ya Nigeria umupira ujya muri koruneli yafashwe na Ezenwa.

Ibenegbu Barthlomew yananiwe gutsindira Nigeria ku munota wa 83, arebana n’izamu rya Jeridi, umupira ujya hanze.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana, agerageza uburyo butandukanye butagize icyo butanga ku mpande zombi, umukino urangira bagabanye amanota ku gitego 1-1.

Abakinnyi babanjemo:

Tunisia: 1 Jridi, 21 Derbali, 12 Maâloul, 4 Boughattas, 14 Ben Amor, 13 Aouadhi, 15 Manser, 8 Oueslati, 9 Akaïchi, 7 Tej, 17 Mathlouthi.
Nigeria: 1 Ezenwa, 3 Akas, 5 Oboroakpo, 14 Etim, 21 Eze, 10 Onobi, 4 Usman, 17 Okoro, 7 Aggreh, 8 Mathew, 13 Chikatara.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uraza guhuza Guinea na Niger saa 18:00. Guinea ikaba yaranganyije na Tunisia ibitego 2-2 mu mukino ubanza mu gihe Niger yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1.

M.Fils

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Police FC yazamutseho imyanya 5 nyuma yo gutsinda Amagaju iwayo

Police FC yazamutseho imyanya 5 nyuma yo gutsinda Amagaju iwayo

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga
Amakuru

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga
Amakuru

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!
Amakuru

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru