• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Ubwanditsi 22 Jan 2016 IMIKINO

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

-1899.jpg

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.

Umukino wa kabiri wo mu itsinda C wahuzaga ikipe y’igihugu ya Nigeria na Tunisia kuri stade Regional i Nyamirambo, urangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Nigeria yihariye iminota ibanza y’umukino ibifashijwemo na Chikatara Chisom Elvis wari wabanje muri uyu mukino nyuma yo gutsinda ibitego bitatu asimbuye mu gice cya kabiri mu mukino ubanza wo mu itsinda batsinzemo Niger ibitego 4-1 kuwa Mbere.
Amahirwe akomeye yabonetse mu gice cya mbere ni ku ruhande rwa Tunisia, aho ku munota wa 10 w’umukino, Ahmed Akaichi yabonye amahirwe yo gutsindira Tunisia igitego ariko umunyezamu wa Nigeria, Ikechukwu Ezenwa umupira awukubita ibipfunsi.
Ku guhererekanya kwiza hagati y’abakinnyi ba Tunisia, Marouane Tej waciye hagati mu kibuga na Akacihi, Oueslati yabonye uburyo bwo gutera mu izamu ariko ba myugariro ba Nigeria barahagoboka.
Ku munota wa 69, ku mupira wahinduwe na Essifi Hichemi mu ruhande rw’iburyo wakojejweho umutwe na Saad Bguir maze Ahmed Akaichi acenga myugariro wa Nigeria, aboneza umupira mu izamu rya Ezenwa, biba igitego 1-1. Igitego cya Ahmed Akaichi ni icya gatatu atsinze muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda ibitego 2 ku mukino wa Guinea.
Tunisia yabuze igitego cya kabiri ku munota wa 77, ubwo Akaichi yateraga mu izamu rya Nigeria ariko kubw’amahirwe ya Nigeria umupira ujya muri koruneli yafashwe na Ezenwa.

Ibenegbu Barthlomew yananiwe gutsindira Nigeria ku munota wa 83, arebana n’izamu rya Jeridi, umupira ujya hanze.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana, agerageza uburyo butandukanye butagize icyo butanga ku mpande zombi, umukino urangira bagabanye amanota ku gitego 1-1.

Abakinnyi babanjemo:

Tunisia: 1 Jridi, 21 Derbali, 12 Maâloul, 4 Boughattas, 14 Ben Amor, 13 Aouadhi, 15 Manser, 8 Oueslati, 9 Akaïchi, 7 Tej, 17 Mathlouthi.
Nigeria: 1 Ezenwa, 3 Akas, 5 Oboroakpo, 14 Etim, 21 Eze, 10 Onobi, 4 Usman, 17 Okoro, 7 Aggreh, 8 Mathew, 13 Chikatara.

Uyu mukino ugiye gukurikirwa n’uraza guhuza Guinea na Niger saa 18:00. Guinea ikaba yaranganyije na Tunisia ibitego 2-2 mu mukino ubanza mu gihe Niger yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1.

M.Fils

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura
INKURU NYAMUKURU

RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru