• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Editorial 02 Jan 2016 IMIKINO

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje ko ikipe izatwara igikombe cy’Afurika cy’abakina imbere mu gihugu, CHAN, kizabera mu Rwanda kuva tariki ya 16 Mutarama – 7 Gashyantare 2016 izahembwa miliyoni 560 FRW n’igikombe.

-1596.jpg
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru rya Mohamed Thabet ushinzwe itangazamakuru muri CAF avuga ko ikipe izatwara igikombe cya CHAN kizaba gikinwa ku nshuro ya kane izahabwa igikombe na sheki y’ibihumbi 750 by’amadorali y’Amerika asaga miliyoni 560 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iki gihembo nicyo cyahawe Libya mu 2014 muri Afurika y’Epfo batsinze Ghana penaliti 4-3 nyuma yo kuganya 0-0.

Igihugu kizatsindirwa ku mukino wa nyuma uzakinwa tariki ya 7 Gashyantare 2016 saa kumi n’ebyiri n’igice kuri stade Amahoro kizatahana ibihumbi 400$ (asaga miliyoni 300 FRW).

Amakipe abiri azaba yasezerewe muri ½ cy’irangiza, azahatanira umwanya wa gatatu azahembwa ibihumbi 250$ buri imwe (miliyoni 186 FRW).

Amakipe ane azasezererwa muri ¼ cy’irangiza buri imwe izabona ibihumbi 175$ (miliyoni 130 FRW) mu gihe amakipe ya gatatu mu itsinda buri imwe izajya ibona ibihumbi 125$ (miliyoni 93 FRW) naho iya kane [iya nyuma mu itsinda] itahane ibihumbi 100$ (miliyoni 74 FRW).

CAF ivuga ko ibihembo amakipe azegukana muri CHAN bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’ibihumbi 250$ ahwanye na miliyari ebyiri miliyoni 430 n’ibihumbi 744 FRW.

Ibi bihembo by’amakipe azakina CHAN bije bisanga ibiciro byo kureba iyi mikino byashyizwe ku mafaranga 500 FRW ahasanzwe mu mastade ane azakira iri rushanwa; stade Amahoro na Nyamirambo i Kigali, Umuganda i Rubavu na Huye mu ntara y’Amajyepfo.

Umukino ufungura iri rushanwa uzabera kuri stade Amahoro tariki ya 16 Mutarama 2016 uhuze u Rwanda na Cote d’Ivoire saa cyenda ukurikirwe n’uwa Gabon na Maroc saa kumi n’ebyiri, imikino yombi yo mu itsinda A.

M.Fils

2016-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Editorial 17 Dec 2024
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Editorial 01 May 2023
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Editorial 18 Nov 2021
Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi

Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi

Editorial 07 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayitesi umugore wa Lt. Joel Mutabazi yafatiwe muri Hotel arikumwe na Kayumba Nyamwasa
ITOHOZA

Kayitesi umugore wa Lt. Joel Mutabazi yafatiwe muri Hotel arikumwe na Kayumba Nyamwasa

Editorial 15 Mar 2018
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126
HIRYA NO HINO

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020
Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama
ITOHOZA

Abakobwa 2 b’impanga b’uwahoze ari Perezida w’Amerika George W. Bush banditse ibarwa bihanganisha abakobwa ba Barack Obama

Editorial 13 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru