• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Editorial 17 Nov 2018 Mu Mahanga

Ibiro by’Ubutasi bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, CIA, byemeje ko Igikomangoma Mohammed bin Salman wa Arabie Saoudite ari we wategetse ko umunyamakuru Jamal Khashoggi yicwa.

Ni nyuma y’igihe iki gihugu gihakana ko uyu muhungu yaba yaragize uruhare mu rupfu rwa Khashoggi wiciwe muri ambasade ya Arabie Saoudite muri Turukiya, ubwo yari agiye gushaka ibyangombwa bimwemerera gushyingirwa mu kwezi gushize.

Umuyobozi mu nzego zo hejuru muri Amerika yabwiye CNN ko CIA yemeje ko Igikomangoma Salman ariwe wicishije Khashoggi, ishingiye ku makuru yatanzwe na guverinoma ya Turukiya ndetse n’ibindi bimenyetso.

Uru rwego ruhamya ko kandi uburyo Khashoggi yishwemo bitari gushoboka Salman atabizi ukurikije uburyo aba azi ndetse agakurikiranira hafi ibibera muri Arabie Saoudite byose.

Washington Post yabanje gutangaza iby’iperereza rya CIA nubwo umuvugizi w’uru rwego yanze kugira icyo abivugaho, yatangaje ko mu byashingiweho harimo kuba umuvandimwe wa Salman witwa Khalid bin Salman yarahamagaye Khashoggi amushishikariza kujya muri Turukiya gushaka ibyangombwa.

Nubwo abaganiriye n’iki kinyamakuru bemeza ko Khalid yari abitegetswe n’Igikomangoma, uyu yifashishije Twitter mu kugaragaza ko atigeze avugana na Khashoggi kuri telefone.

Khalid usanzwe ari ambasaderi wa Arabie Saoudite muri Amerika ngo yaherukaga kuvugana na Khashoggi wandikiraga kiriya kinyamakuru mu Ukwakira 2017, kandi mu byo bavuganye kujya muri Turukiya bitarimo.

Mu bindi bimenyetso CIA yagenzuye harimo no kuba nyuma y’uko Khashoggi yicwa Maher Mutreb uba mu bashinzwe kurinda Salman yarahamagaye umwunganira amubwira ko akazi kakozwe neza.

Umuvugizi wa Ambasade ya Arabie Saoudite yanyomoje ibyatangajwe avuga ko ari ibinyoma bidafite ikintu gifatika bishingiyeho.

Kugeza ubu ariko ntawe uzi irengero ry’umurambo wa Khashoggi bivugwa ko yishwe nyuma y’ubushyamirane bwabereye muri ambasade.

Amerika yafatiye ibihano abantu 17 bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Khashoggi wahoze ari umuntu w’imbere mu bwami bwa Arabie Saoudite ariko nyuma agatangira ku bunenga.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bw’iki gihugu bwo buvuga ko abantu 16 bamaze gutabwa muri yombi, barimo 11 bakekwaho kuba aribo bamwishe.

2018-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Editorial 21 Jan 2022
Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Editorial 17 May 2016
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Editorial 21 Jan 2022
Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Ngoma: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Editorial 17 May 2016
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho
Mu Mahanga

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Editorial 19 Jan 2017
Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo
ITOHOZA

Inyandiko ya Bobi Wine isobanura uko yakorewe iyicarubozo kugeza no kubabazwa ubugabo

Editorial 04 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru