• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Editorial 08 Apr 2019 POLITIKI

Charles Richard Mondjo, minisitiri w’ingabo muri Repubulika ya Congo aravuga aravuga ko batazahwema kongeramo imbaraga mu bikorwa bishimangira umubano hagati y’igihugu cye n’u Rwanda nko mu gucyura impunzi, no gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, baba babarizwa muri Congo.

Yabivuze ubwo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Minisitiri Mondjo yavuze ko nyuma y’ibyabaye mu Rwanda, guverinoma ya Congo ndetse n’abaturage ba Congo bihanganishije Abanyarwanda, yongeraho ko bazafatanya n’isi yose mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ikindi cyose cyatuma Jenoside yongera kubaho.

Yanashimiye u Rwanda n’ Abanyarwanda ku ntera igaragara mu iterambere bamaze kugeraho, avuga ko ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda, ari isomo ryiza ku mahanga.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu murwa mukuru wa Repubulika ya Congo wabereye mu murwa mukuru w’iki gihugu, witabiriwe n’abasaga 300 barimo abahagarariye ibihugu byabo muri Congo Brazzaville, abahagarariye imiryango mpuzamahanga, inshuti z’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Ambasaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA uhararariye u Rwanda muri Congo Brazzaville

Mu buhamya bwatanze n’umunyarwanda wacitse ku icumu ndetse na ambasaderi w’ubufaransa muri Congo, bwombi bwagarutse ku ngaruka mbi za Jenoside ku Banyarwanda, ku muryango nyarwanda ndetse no ku kiremwamuntu muri rusange.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wo Kwibuka, Ambassaderi Dr Jean Baptiste HABYALIMANA, yagarutse ku mpamvu yo kwibuka, aho yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bigamije kunamira abazize jenoside, kubasubiza icyubahiro bambuwe ndetse no kwifatanya n’imiryango y’abarokotse Jenoside.

Yagize ati “kwibuka ni uburyo bwo kwereka abazize Jenoside ko tukiriho, ko icyiza cyanesheje ikibibi ndetse ko dufite icyizere cyo kubaho ku bwabo. Twibuka kugirango dukangurire buri muntu wese kwifatanya natwe kugirango Jenoside itazongera kubaho ukundi”

Mu ijambo rye kandi yagarutse ku ruhare rw’urubyiruko, mu gusigasira no kurinda umurage w’ubumwe ndetse n’ibindi u rwanda rwagezeho muri iyi myaka 25 ishize.

Anthony K.O BOAMAH, uhagarariye ibikorwa by’Umuryango w’abibumbye Muri Congo – Brazzaville, wasomye ubutumwa bw’umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Guterres, bukubiyemo ubutumwa bwo kwihanganisha Abanyarwanda ndetse no kwamagana Jenoside ngo itazongera kuba yagira ahandi iba ku isi.

Inkuru dukesha

Ambasade y’u Rwanda i Brazzaville

2019-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Editorial 15 May 2017
Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Editorial 29 Jan 2016
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze
INKURU NYAMUKURU

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Editorial 27 Mar 2020
Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.
Amakuru

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Editorial 30 May 2021
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye

Editorial 10 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru