• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Editorial 02 Jul 2018 IMIKINO

Croatia yari yateye ubwoba amakipe mu mikino y’amatsinda yihaniza Argentine, habuze gato ngo isezererwe muri 1/8 kuri iki Cyumweru tariki 1 Nyakanga 2018 mu mukino wayihuzaga na Denmark, ikomeza kuri penaliti bigoranye.

Mu mikino y’amatsinda Croatia yatsinze amakipe nka Argentine, Nigeria na Iceland igaragaza urwego rwo hejuru byatumye itangira guhabwa amahirwe yo kugera kure muri iki Gikombe cy’Isi ariko Denmark, yazamutse bigoranye ari iya kabiri mu itsinda habuze gato ngo iyisezerere muri 1/8.

Uyu mukino watangiye saa 20h00, Denmark yandika amateka itsinda igitego ku munota wa mbere cya Mathias Jørgensen mu gihe abafana bakicyishimira, Croatia icyishyura nyuma y’iminota itatu gitsinzwe na Mario Mandžukić.

Amakipe yombi yatangiye kugaragaza gutinyana, agasatirana ariko arinda cyane amazamu yayo bituma iminota 90 irangira nta kindi gitego kibonetsemo.

Nk’uko amategeko abiteganya hitabajwe iminota 30 ya kamarampaka, habura iminota ine ngo irangire Croatia ibona penaliti nyuma y’aho Mathias Jørgensen, wari watsinze igitego cya Denmark yateze Ante Rebić mu rubuga rw’amahina.

Iyi penaliti yari guhita iha amahirwe Croatia yo kwerekeza muri ¼ yahawe kapiteni Luka Modrić ayiteye umunyezamu Kasper Schmeichel ayikuramo, hakinwa iminota ine yari isigaye ntiyagira icyo ihindura, umukino urangira ari igitego 1-1.

Hitabajwe penaliti, wabaye umwanya wo kwigaragaza kw’abanyezamu yaba Kasper Schmeichel usanzwe ukinira Leicester City mu Bwongereza wakuyemo ebyiri na Danijel Subašić wa AS Monaco nawe wakuyemo ebyiri indi Christian Eriksen ayitera igiti cy’izamu bituma Croatia ikomeza kuri penaliti 3-2.

Croatia igomba guhura n’u Burusiya muri ¼ bwabonye itike busezereye Espagne kuri penaliti 3-4 kuri iki Cyumweru nyuma yo kunganya igitego 1-1. Aya makipe yasanze u Bufaransa muri iki cyiciro yagezemo isezereye Argentine kimwe na Uruguay yabonye itike isezereye Portugal.

Kuri uyu wa Mbere hagomba kuboneka andi makipe abiri yerekeza muri ¼ hagati ya Brazil na Mexique zihura saa 16h00 n’u Bubiligi bukina n’u Buyapani saa 20h00.

Mathias Jorgensen yatsinze igitego cya Denmark mu mukino wabereye kuri Stade ya Nizhny Novgorod

Rutahizamu wa Juventus, Mario Mandžukić yateye ishoti ikomeye umunyezamu wa Denmark Kasper Schmeichel ntiyashobora kurihagarika

Kapiteni wa Croatia, Luka Modric na bagenzi be bishimira igitego cyo kwishyura

Mario Mandžukić yasazwe n’ibyishimo

Umukino ugana ku musozo, Ante Rebic yategewe mu rubuga rw’amahina na Jorgensen, Croatia ihabwa penaliti

Luka Modrić yateye penaliti mu biganza by’umunyezamu

Christian Dannemann Eriksen ukinira Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza yarase penaliti

Umukinnyi wa Barcelona wa Croatia, Ivan Rakitic ni we watsinze penaliti ya nyuma yafashije ikipe ye gukomeza mu mikino ya 1/4

Danijel Subašić yabaye umwami wa Croatia nyuma yo gukuramo penaliti eshatu

2018-07-02
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Editorial 19 Sep 2022
Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Editorial 09 Jan 2016
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Editorial 10 Dec 2025
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Editorial 17 Dec 2024
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe
HIRYA NO HINO

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Editorial 12 Oct 2018
CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali
Mu Rwanda

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru