• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Ubwanditsi 22 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Uyu IHORAHABONA Jean de Dieu bita “Jado”, ubundi akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, ariko ubu akaba atuye i Kinyinya mu karere ka Gasabo.

Ihorahabona “Jado” nibwo akiva muri gereza ya Mageragere, aho yari afungiye icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, ariko amagambo amuvamo aragaragaza ko atigeze agororoka, ahubwo avanyeyo imigambi mibisha iruta iyo yajyanyeyo, yiganjemo gusebya Igihugu n’ubuyobozi

Ubuvunderi bwa Ihorahabona abunyuza ku mizindaro ikorera kuri YouTube, cyane cyane icyiswe “Umwenegihugu” n’ikindi ngo ni ” Imbarutso ya demokarasi”.

Ubucukumbuzi buratugaragariza ko iyo miyoboro y’ibitutsi ari iy’inkozi z’ibibi zirimo Ingabire Victoire Umuhoza(IVU), n’abandi bahagurukiye kwangisha Leta abaturage.

Mu gihe isi yose yari yugarijwe na Covid-19, abaturarwanda twafashe ingamba zo guhashya icyo cyorezo, zirimo no kwipimisha igihe tugiye ahahurira abantu benshi, mu rwego rwo kwirinda no kurinda abandi.

Ihorahabona”Jado” we yigize incakura ngo irusha abandi ubwenge, aho ageze akerekana icyemezo gihimbano, abeshya ko yipimishije Covid-19, byahe byo kajya.

Ya minsi 40 y’umujura rero yarashyize iragera, maze Ihorahabona afatirwa muri ubwo buriganya, ndetse Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumuhanira gukoresha inyandiko mpimbano. Nguko uko yajyanywe muri gereza ya Mageragere, aho yamaze amezi 13, ndetse acibwa ihazabu ya miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.

Akirekurwa tariki 07 Gicurasi 2024, aho kwicuza icyaha no kwiyemeza kuba umuturage muzima, feri ya mbere Ihorahabona yayifatiye muri ba bakwizampuha, Umwenegihugu n’Imbarutso ya Demokarasi, maze si ugukoronga yiva inyuma, mbese yerekana ko yabonye abatoza beza, barimo shebuja Cyuma Hassan na nyirabuja IVU.

Mu biganiro byinshi “Jado” amaze guhitisha kuri iyo mizindaro, ahakana kuba yarafatanywe igihanga akabinanirwa, ahubwo ati:”Nazize akagambane ka FPR-Inkotanyi, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali , Pudence Rubingisa, n’abandi bagizi ba nabi bifuzaga kuncecekesha, nyuma yo kunyambura umutungo wanjye muri Kangondo”.

Uretse gusebanya abigambiriye, Jado ahuza ate ibibazo bya Kangondo na FPR-Inkotanyi? Iyo ashinja FPR kuba yarazanye amapiki yo kumusenyera, koko yabibonera ibimenyetso? Uwo Meya Rubingisa se ngo wamusenye agahembwa kuba Guverineri, yari afite iyihe nyungu mu kwangaza abaturage?

Tudashatse kuzura akaboze nk’uyu mubeshyi, twibutse gusa ko abaturage bimuwe Kangondo na Kibiraro batujwe mu Busanza, mu mazu aruta kure ayo mu kajagari babagamo (nabo ubwabo bahitaga BANNYAHE).

Bahawe ingurane y’amacumbi ajyanye n’icyerekezo cy’Umujyi wa Kigali kandi adashyira ubuzima bwabo mu kaga, ndetse bahabwa ibyangombwa bihamya ko ari ayabo bwite.

Abataranyuzwe bagannye inkiko, maze mu minsi ishize zanzura ko bahabwa ingurane y’amafaranga nk’uko bigenwa n’itegeko.

Uretse uwitwa SHIKAMA Jean de Dieu wagereranyije gusenya Bannyahe na Jenoside yakorewe Abatutsi, agahanirwa icyaha cyo kuyipfobya, nta wundi muturage wigeze azizwa kutishimira kwimurwa Kibiraro cyangwa Kangondo, izwi nka Bannyahe.

Ibi bisobanuye ko Ihorahabona Jado yihisha inyuma y’iki kibazo abeshya ko ari cyo yazize, ariko mu by’ukuri ari mu mugambi asangiye n’abamukoresha, wo gusebya ubuyobozi.

Nimutekereze umuntu wihanukira akemeza ko ngo 85% by’abantu bafunze mu Rwanda barengana! Ntimumbaze uko yakoze ubwo bushakashatsi!

Ihorahabona Jado avuga ashize amanga ko mu Rwanda nta butabera buhari, ngo ahubwo” abanyabubasha batanga amabwiriza yo gukandamiza abanyantegenke”! Jado ati:”Igihugu kitagira ubutabera ntaho gitandukaniye n’ igihuru”, akongera ati:”Iyi si Leta y’Ubumwe, ahubwo ni Leta ya bamwe”.

Abaturusha ubuhanga mu isesenguramvugo, muzatubwire aho uyu Ihorahabona atandukaniye n’ ibigarasha n’interahamwe zibiba amacakubiri, zikagera aho zita abayobozi bw’uRwanda “agatsiko k’abavantara”?

Mu isebanya rye kandi, Ihorahabona Jean de Dieu “Jado” yemeza ko RIB irajwe ishinga no gufungira abantu amaherere, ngo kuko kuva RIB yashingwa umubare w’abari mu magereza wikubye inshuro nyinshi.

Ibi yemeza nabyo ntituzi uko yabikoreye ubushakashatsi. Gusa anagaragaza ubujiji, kuba atazi ko RIB ari urwego rugenza ibyaha gusa, inkiko zikaba ari zemeza abahamwa n’ibyo byaha n’ ababifungirwa, nazo kandi zishingiye ku mategeko.

Mu kwanzura, iyo witegereje usanga Ihorahabona Jean de Dieu “Jado” yiyenza ngo yongere afungwe, maze inkotsa ze zivuze induru ngo mu Rwanda nta bwinyagamburiro mu kugaragaza ibitagenda. Ntaho yaduhishe ubwo yivugiraga ku mugaragaro urutonde rw’abanyamakuru ahuruza buri gihe uko agonganye n’amategeko.

Icyo twamubwira, kimwe n’abandi bagizwe ibikoresho, ni uko umunsi amategeko yaberetse ko adakinishwa, aba babashora mu byaha ntawe uzanabagemurira.

Umuheto woshya umwambi bitari bujyane!

2024-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021
Perezida Magufuli  ngo azahindura inote  ateze igihombo abajura

Perezida Magufuli ngo azahindura inote ateze igihombo abajura

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta
POLITIKI

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru