• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umukobwa witwa Kamuzinzi Sumaya uvuka mu Karere ka Musanze yatanze ubuhamya bw’uburyo yafashwe agiye gusura mukuru we muri Uganda, akamara umwaka afunzwe akoreshwa imirimo y’uburetwa yamuviriyemo uburwayi bukomeye bw’amabere.

Tariki ya 25 Kamena 2018 nibwo Kamuzinzi yagiye muri Uganda kureba mukuru we witwa Vumiliya Aziza, we n’abo bari kumwe bageze ahitwa Nyakabande Abanyarwanda 15 bari mu modoka bayivanwamo.

Yavuze ko abapolisi bayihagaritse bakabaza Abanyarwanda baba bayirimo ariko we na bagenzi be bakavuga ko nta Munyarwanda uyirimo.

Nyuma yo kwanga kuvuga, ngo buri wese yasabwe kwerekana ibyangombwa bye barabyanga, bituma polisi itangira gusaka.

Ati “Bafashe ibikapu byacu, barasaka babonamo amarangamuntu n’udupapuro ‘jeton’ twinjiriyeho. Babibonye baravuga ngo musohoke hanze, mwatubeshye ngo ntimuri Abanyarwanda? Bafashe twa dupapuro tw’inzira baraduca, amarangamuntu barayabika.”

Imodoka yarakomeje, Abanyarwanda barasigara baza gutwarwa nimugoroba bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabale, babasaba ko ufite amafaranga ayatanga akarekurwa.

Aho kuri polisi bahamaze iminsi ibiri, mbere yo kujyanwa mu rukiko babwirwa ko nta byangombwa bafite bibemerera kwinjira muri Uganda.

Mu buhamya bwe yakomeje agira ati “Tubwira umucamanza tuti ko baduhaye utu-jeton tukambuka ariko bakaba baduciye. Ngo ibyo ntabwo ari ibyangombwa ati ahubwo tugiye kubaca amande. Baduca miliyoni n’igice y’amashilingi, ati ushobora kuyishyura arataha, utabishoboye arafungwa umwaka n’amezi atatu.”

Uyu mukobwa na bagenzi be nta mafaranga bari bafite, bituma bafungirwa ahitwa Ndorwa i Kabale mu gihe cy’amezi ane, abagabo bo bari baratwawe ahitwa Kibulala.

Nyuma y’amezi ane, bagiye gufungirwa muri Gereza y’abagore i Mbarara, bakazajya bahinga.

Mu buhamya bwe aganira n’itangazamakuru ku wa 7 Kamena 2019, yavuze ko bageze i Mbarara bahasanga abandi Banyarwanda bari bafunzwe bari barafashwe mbere.

Mu biro by’iyo gereza, ngo babazwaga ubwoko bwa buri umwe ariko abandi bagatsemba bavuga ko ari Abanyarwanda, ko nta bwoko bagira.

Ati “Twarababwiye tuti twe turi Abanyarwanda, ntabwo muratubaza ibintu by’ubwoko, bati dushaka ko mutubwira Umuhutu cyangwa Umututsi, tuti ibyangombwa byacu twabiberetse mubona ko turi Abanyarwanda n’icyo mudufungiye.”

Ngo ku munsi wa mbere, Abanyarwanda bahasanze bababwiye ko imirimo bakorera muri iyo gereza ivunanye, bisaba kwihangana kuko iyo ushatse kuyinubira ushobora no kwicwa.

Yakomeje agira ati “Batujyanaga guhinga, agatsiko k’Abanyarwanda kakajya ukwako. Baduha ahantu ho gucukura ubwiherero bwacu, batubwira ko tutagomba kujya mu bwiherero bw’Abanyankole cyangwa Abagande.”

Uko bari 20, babaciyemo ibice bamwe bakajya guhinga, abandi korora ingurube, hakaba n’abajya gushaka ubwatsi bw’inka, ku buryo n’iyo babonaga Abanyarwanda babiri bari kuvugana babashinjaga kugambana.

Muri Mata, Kamuzinzi yari amaze amezi umunani muri gereza muri Uganda i Mbarara. Icyo gihe ngo umuyobozi wa gereza, yamubajije aho azanyura atashye ngo kuko imipaka yafunzwe, undi amubwira ko atabura inzira mu gihe yaba arekuwe.

Yagombaga gutaha muri Gicurasi ariko ngo umuyobozi wa gereza y’abagabo ategeka ko nta Munyarwanda wongera gusohoka ngo kuko hari Umunya-Uganda warashwe.

Mbere y’uko afungwa, ngo yari yarabwiwe ko niyitwara neza muri gereza, agakora ibyo azajya asabwa byose, azagabanyirizwa amezi abiri ku gifungo yari yarakatiwe.

Ati “Icyo bambwiye cyose naragikoraga, kujya kumesera abasirikare, kujya kubahingira, kujya gushaka inkwi n’ibindi.”

Uwatinze kubyuka yarakubitwaga

Uyu mukobwa yakomeje atanga ubuhamya bw’uburyo iyo byabaga bibayeho ko umwe muri bo abyuka atinze, yashyirwaga mu cyumba cyari gihari, agasukwaho amazi agakubitwa.

Ati “Bati icyabazanye muri Uganda muzacyicuza. Dutangira kumenyera kubyuka kare, inshuro nyinshi twaraburaraga kuko twavaga guhinga abandi bariye. ”

Nk’umubyeyi wabaga ufunzwe ariko afite umwana ho ngo ubuzima bwari bugoye kurushaho kuko atabonaga igikoma, aba bajyaga gukora imirimo hanze ya gereza nibo bageragezaga kumushakira nk’imboga hanze ariko nabwo bagasaba bagenzi babo b’Abanyankole kuzibinjiriza.

Inshuti ye yarabuze, akeka ko yapfuye

Kamuzinzi yavuze ko hari umukobwa w’Umunyarwanda bafunganywe muri Uganda witwa Nirere Joselyne. Asobanura ko yamusanze muri gereza, baba inshuti amubwira ko iwabo ari i Rwamagana.

Asobanura ibyo kubura kwe yagize ati “Njye nari nasigaye muri Gereza kuko nari ndwaye amabere, bo babajyana mu gishanga aho bakuraga urufunzo n’urutoni babohesha ibyibo. Hari ahantu hatebera mu byondo, agezeyo aratebera baramushaka baramubura baravuga ngo ‘ubwo ari cya kinyarwanda wasanga cyanatorotse’. ”

Nyuma yo kumushaka ahantu hose bakamubura ndetse bakanamutegereza igihe kinini atagaruka, we na bagenzi be baje kwemeza ko yapfiriye muri icyo gishanga nubwo umurambo we batarawubona n’ubu.

Asaba Abanyarwanda kureka kujya muri Uganda kuko nta rukundo na ruke bagirirwa iyo bagezeyo ku buryo n’umugabo ‘mwabyaranye ashobora kukwitakana’.

Uyu mukobwa yarekuwe tariki 4 Kamena 2019 aho yari afungiwe ahasiga abandi 14. Mu kurekurwa, nta byangombwa bye yigeze ahabwa kuko uwabibazaga yabwirwaga kujya kureba abamufashe.

Imodoka ya Gereza ya Mbarara yamukuye i Mbarara imugeza i Kabale ari kumwe n’undi basohokanye muri Gereza witwa Uwamahoro Shakilla, bahamagara mu Rwanda se wa Kamuzinzi amwohereza ibihumbi 10 Frw barayabagana barataha.

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Ubwanditsi 23 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo
Mu Mahanga

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri
Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Ubwanditsi 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru