• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES   |   28 Mar 2026

  • Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika   |   28 Mar 2026

  • Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega   |   27 Mar 2026

  • Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare   |   25 Mar 2026

  • Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico   |   24 Mar 2026

  • Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha   |   23 Mar 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»David Himbara mu mazi abira

David Himbara mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Jun 2016 ITOHOZA

David Himbara kuva mu kwezi kwa kane ari kwitaba mu rukiko rwa Toronto East Court Office , aho akurikiranweho kudakora declaration y’imisoro ya Canada, uru rubanza rukaba rugeze kure .Kuva ngo yakora mu Rwanda aho yari umujyanama wa Perezida Paul Kagame ngo ntiyigeze abimenyesha ikigo gishinzwe gukurikirana imisoro muri Canada.

Ikindi ngo ntiyigeze avuga aho akora, ariko ngo bakabona ko yinjiza amafaranga batazi aho aturutse, ngo ntiyigeze nibura yerekana ko yikorera kugiti ke.

Uwa mureze ni umugore we w’Umuhindekazi batakiri kumwe dore ko ubu yinjiye umugore ukomoka muri Erythrea, kuva mu ntangiriro y’umwaka wa 2016, amaze kwimuka gatanu yihishahisha kubera gukwepa Canada Revenue Investigation Report Branch.

Uru rubanza rwa HImbara rumaze gusubikwa rimwe ruzasubukurwa mu kwezi gutaha.

Andi makuru aturuka muri Canada aravuga ko ubu amerewe nabi n’abo bari bafatanyije gusebya u Rwanda nyuma akaza kubambura akayabo k’amadorali agera ku bihumbi 70 by’amadolari ya Amerika nka kimwe cya kane (1/4) cy’arenga ibihumbi 190 yagombaga kubishyura (ni ukuvuga miliyoni zirenga 136 z’amafaranga y’u Rwanda).

Nkuko byatangajwe n’umunyamategeko uhagarariye abambuwe yavuze ko Himbara yabagannye mu ntangiriro za 2014 abasaba ko bakorana nyuma y’uko yari amaze gusesa amasezerano na Society y’abanyamerika nayo bivugwa ko yayicucuye utwayo atubahirije ibyo bari bavuganye nabyo ngo bisa n’ibyo byo guharabika u Rwanda.

-2821.jpg

Himbara ari hagati nk’ururimi

Bijya gutangira ngo Himbara yababwiye ko bakoresha amagambo ataranga u Rwanda ko nta mahoro ahari bityo bikaba bigoye kurugendamo isaha iyo ari yo yose.
Ibyo ngo byaje kunyomozwa n’ibyegeranyo bitandukanye byerekana umutekano usesuye mu Rwanda byasohotse izo nkuru za Himbara zitarajya hanze.

Uwo munyamategeko ISSAC WYATT yatangaje ko abo yunganira batari gusebya u Rwanda ko nta mahoro ahari ngo bishoboke mu gihe ruza ku mwanya wa gatanu ku Isi mu bihugu bitanga ubafasha mu kugarura amahoro ahabaye ibibazo by’umutekano muke, rwoherezayo abasirikare n’abapolisi n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi.

Mu bijyanye n’ishoramari kandi WYATT akomeza avuga ko igihugu cy’ u Rwanda gikomeje kwigaragaza mu bijyanye korohereza abashoramari, aho abakora ibyegeranyo bitandukanye basanga kiri ku mwanya mwiza yewe unaruta ibihugu byinshi umuntu yakeka ko byateye imbere.

Nyirabayaza ngo yavuye aho ibyo byegeranyo biziye bigasanga ikinyoma cyategurwaga n’abo bagabo kitarajya ahagaragara batungurwa no gusanga Himbara yarababeshye maze bamubajije iby’izo nkuru zisenya biteguraga gutangaza abasubiza ababwira nabi ko ibyo babyirengagiza ibyiza u Rwanda rwuje dore ko nawe ngo atabiyobewe uretse ngo inda mbi yamunaniye.

Yabasabye ko basohora ibyo yabasabye babinyuje kuri websites yari yabahaye cg se bakabimuha akabyishyiriraho ariko ubwo amafaranga akagabanuka dore ko igikorwa kitari cyuzuye neza ariko ngo mu masezerano bagiranye yashyiragamo ubwo buryo bwose uko ari bubiri.

Batazuyaje ngo bahise babimuha maze bategereza ko abishyura baraheba nabo biyemeza kumujyana mu nkiko maze inkiko nazo zibishyira ku karubanda.

WYATT yavuze ko ikirego ubu ngo yagitangiriye mu mizi bityo mu minsi itarambiranye Himbara akaba azagezwa imbere y’ubutabera maze abo yambuye bagahabwa ubutabera.Izo politiki z’urwango za Himbara zimutwara akayabo kugira ngo Isi yuzuremo isura mbi y’u Rwanda, ashaka kubangamira umubano w’igihugu hagati yacyo n’andi mahanga ngo acike intege zo gufatanya n’u Rwanda mu rugamba rw’iterambere rwiyemeje. Ibinyoma bitandukanye nk’ibyo kandi bitangazwa n’abayobozi b’ishyaka RNC , rinashyigikira FDLR, umutwe w’abarwanyi washinzwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

-2820.jpg

David Himbara

Uwo munyamategeko ISSAC WYATT asoza yibaza ati : “Ni gute abantu bahoze bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu, ubu bafata iya mbere bakarisebya, bakavuga ko abatangabuhamya b’abanyamahanga babeshya ko u Rwanda rutateye imbere, kuki hari ababyemera?,mu gihe ibimenyetso binyomoza ibinyoma byabo ari byinshi cyane, igisubizo kiroroshye ukurikije abagenda u Rwanda babona ibihabanye n’izo mpuha z’abananiranye basigaye banamye iyo mu mahanga bategereje uwasamira hejuru ibyo binyoma iturufu yabo ikaba irariye ariko kandi ngo bararye bari menge kuko ikinyoma cyo kwanduza isura y’u Rwanda kidahabwa intebe kabiri.”

Cyiza Davidson

2016-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru

Ikiganiro Umwami Kigeli aheruka bwanyuma guha itangazamakuru

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Ubwanditsi 17 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti
Mu Rwanda

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town
INKURU NYAMUKURU

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC
ITOHOZA

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru