• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangije ibikorwa by’ikigo cy’uruganda rukora imodoka rwa Volkswagen mu Rwanda, kizateranya imodoka ndetse kigashyiraho uburyo bwo kuzisangira ku bantu benshi, avuga ko umugabane wa Afurika udakeneye gukomeza kuba ikimoteri cy’izishaje.

Iki kigo cyitwa ’Volkswagen Mobility Solutions Rwanda’ giherereye mu gice cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo, kikazatangira giteranya imodoka 5000 ku mwaka zo mu bwoko bwa VW Polo, VW Passat, VW Tiguan, VW Teramont na VW Amarok.

David Himbara mu mezi ashize yanditse avuga ko Volkswagen idashobora kuzana uruganda rwayo mu Rwanda nyuma yaho amakuru yari amaze kugera hanze, aza kongera kwandika avuga ko igihe cyatanzwe bitabaye aho yise u Rwanda ngo ni abanyamitwe none aho uruganda rutahiwe kumugaragaro yabuze aho akwirwa. Ubuse noneho arandika iki ?

Ubu abanyarwanda barenga 1000 ni abakozi buruganda, imisoro iratangwa, abanyarwanda bagiye kubona imodoka zitari iza second hands, spare parts zigiye kuboneka kuburyo bworoshye.

Abanyarwanda umunani bibumbiye mu Kigo ‘Awesomity Lab’ cyazobereye mu bijyanye n’ikoranabuhanga ryo gukora porogaramu za telefoni n’imbuga za internet, nibo bagiriwe icyizere na Volkswagen ngo bafatanye mu gushyiraho ikoranabuhanga ryo gusangira imodoka ku bantu benshi.

Ibi bizatuma abantu badafite imodoka cyangwa badashaka gukoresha izabo babona izo batwara muri gahunda zabo bakishyura bitewe n’ibilometero bagenze kandi byose bigakorerwa ku ikoranabuhanga. Bizoroshya ubwikorezi kuko umuntu azajya atunga imodoka mu gihe akeneye kuyikoresha gusa.

Bizagabanya igihe abantu bamara bategereje imodoka zitwara abantu mu buryo rusange kuko imodoka za Volkswagen zizaba ziparitse hafi y’ahakorerwa ubucuruzi, ahahurira abantu benshi n’ahandi, ugakoresha application ya telefoni ukayitwara ukishyura uhageze, ukongera ukayiparika ukagenda.

Nta hantu na hamwe ku Isi ibi byari byakorwa kuba ikigo cyakwikorera imodoka kikanakora uburyo abaturage bazifashisha mu gukoresha izo modoka.

Ibiciro by’imodoka zizateranyirizwa mu Rwanda

Imodoka ya mbere yateranyirijwe mu Rwanda ya VW Polo iragura 23,881 by’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga miliyoni zirenga gato 20 z’amafaranga y’u Rwanda ari nayo ihendutse.

Imodoka ya VW Passat izajya igura 37,674 by’amadolari ( hafi miliyoni 33 Frw), VW Tiguan izaba igura 37,719 $; VW Amarok izwiho guhangara imisozi n’imihanda itameze neza izajya igura 44,559 $ (arenga miliyoni 38 Frw). Hari kandi VW Teramont izaba igura 48,156 $ (miliyoni 42 Frw), ari nayo izaba ihenze mu zizateranyirizwa mu Rwanda.

 

2018-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ese ibyo  DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ese ibyo DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Editorial 22 Dec 2016
Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi  wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye

Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye

Editorial 23 Sep 2016
Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Editorial 06 Jun 2016
Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Editorial 31 May 2017

4 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 28, 201812:21 pm -

    Ariko mukunda kwibasira umuntu ku giti cye..biba bigaragaraza imbaraga mumuha vraiment! Munamuogopa sanaaaa

    Subiza
    • Thomas Nkunda
      June 29, 201810:17 am -

      Ntawumutinya, ahubwo niwe uhora ahuragura ibi gam I. Yongere smoke turebe!

      Subiza
  2. nkotanyi
    June 29, 20186:45 pm -

    yewe aba ba himbara na za njiji ngezi bacitse ururondogoro babuze ibyo bavuga hari aho numvise bavuga ngo ruriya ruganda ni baringa ngo imodoka ziva muri afrika y’epfo !!! ziteranyije??????! imagine??! aba nyaamakuru bisuriye uruganda barabyibonera abandi bajya kuvuga amanjwe??! sha ishyari rizabica mwumirwe. H.E PKagame oyeeeeeeeeeee

    Subiza
    • Thomas Nkunda
      July 1, 20182:24 pm -

      Muhora mutekereza ibiryo gusaaa! Izo ngarane zanyu igihe mwazihereye ntizuzura?@sunday!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC
INKURU NYAMUKURU

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Editorial 06 Dec 2019
Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara

Editorial 15 Mar 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Editorial 02 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru