• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Desalegn Bereket yegukanye agace ka Rubavu-Kinigi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Desalegn Bereket yegukanye agace ka Rubavu-Kinigi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Editorial 10 Aug 2018 IMIKINO

Umunya-Ethiopia Desalegn Bereket Temalew yegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda kahagurukiye mu Mujyi wa Rubavu gasorezwa mu Kinigi hafi ya Pariki y’Ibirunga akoresheje amasaha abiri, iminota 53 n’amasegonda 38 ku ntera y’ibilometero 108,5.

Desalegn yageze mu Kinigi akurikiwe na Mugisha Moïse ukinira Les Amis Sportifs y’i Rwamagana yasize isegonda rimwe. Ku mwanya wa gatatu hari Julius Jayde, ukurikirwa na Lagab Azzedine na Manizabayo Eric.

Umunyarwanda Mugisha Samuel ukinira Team Rwanda wahagurutse i Rubavu ari uwa mbere ku rutonde rusange yasoje ku mwanya wa 20 asizwe iminota ibiri n’amasegonda 44 n’uwa mbere ariko aguma ku isonga ndetse yongera kwambikwa umwenda w’umuhondo.

Ku munsi wa gatandatu wa Tour du Rwanda 2018, abasiganwa bahagurutse i Rubavu aho bazenguruka inshuro enye mu mujyi mbere yo gufata umuhanda werekeza munsi ya Parike y’Ibirunga mu Kinigi ahari ikigo cya “Africa Rising Cycling Center” kibamo, kikanitorezwamo abakinnyi b’umukino w’amagare mu Rwanda.

Uduce dutanu tumaze gukinwa muri Tour du Rwanda twari dukomeye by’umwihariko tune duheruka twari indyankurye kuri Mugisha Samuel uri imbere ku rutonde rusange. Uyu musore w’imyaka 21 afite akazi katoroshye ko kurinda umwenda w’umuhondo yambaye akaba asigaje utundi dutatu kugira ngo agere ikirenge mu cy’Abanyarwanda bamaze kwegukana iri siganwa kuva ryaba mpuzamahanga mu 2009 barimo Ndayisenga Valens, Nsengimana Jean Bosco na Areruya Joseph.

Mu duce dutatu dusigaye, kamwe katangiriye i Rubavu kuri uyu wa Gatanu karasorezwa mu Kinigi ku ntera ya kilometero 108,5, ni ahantu harimo imisozi itatu iza gutangirwa amanota ku mukinnyi uzamuka kurusha abandi.

Ni agace Mugisha na bagenzi be bari gukinira amakipe yo mu Rwanda bagomba kwigaragarizamo cyane kuko ari mu mihanda bitorezamo buri munsi ariko kataza kuborohera ahanini kubera n’ikipe ya Pays des Olonnes Cycliste Côte de Lumière (POCCL) yo mu Bufaransa iyoboye kugeza ubu mu makipe yose, ifite Abanyarwanda Ndayisenga Valens na Uwizeye Jean Claude na bo bahazi kandi bakomeye cyane.

Abandi bakinnyi bo kwitega muri aka gace ni ab’ikipe ya Team Embrace The World bigaragara ko yitabiriye isiganwa idafite intego nyamukuru yo kuryegukana ahubwo ishaka gutwara uduce (etapes) dore ko muri dutanu tumaze gukinwa yegukanyemo dutatu harimo tubiri tw’Umudage Julian Hellmann (Huye- Musanze na Karongi-Rubavu) n’aka Rugg Timothy ka Musanze-Karongi.

2018-08-10
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Editorial 06 Aug 2020
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Editorial 11 Mar 2016
Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Editorial 21 Jan 2016
FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Editorial 06 Aug 2020
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Editorial 11 Mar 2016
Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Editorial 21 Jan 2016
FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Editorial 06 Aug 2020
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru