• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha

Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 18 May 2019 ITOHOZA

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwashyikirije ubushinjacyaha bwo ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo dosiye ya Nsabimana Callixte wiyita ‘Sankara’, wari umaze igihe yigamba guhungabanya umutekano w’u Rwanda nsetse n’ibitero byahitanye abantu mu Ntara y’Amajyepfo Kitabi na Nyaruguru.

Ubushinjacyaha bwanditse kuri Twitter ko ‘bwashyikirijwe dosiye ya Nsabimana Callixte wiyise Sankara washakishwaga n’ubushinjacyaha’.

Bukomeza buvuga ko ‘Yarezwe n’ubushinjacyaha mu 2018, akekwaho uruhare mu byaha bijyanye n’iterabwoba ndetse no guhungabanya umutekano w’igihugu”.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ‘Abashinjacyaha bazamubaza bamushyikirize urukiko hategurwe urubanza mu gihe giteganywa n’amategeko’.

Nsabimana Callixte yari amaze iminsi ashakishwa n’ubutabera kubera ibyaha bitandukanye aregwa birimo kurema umutwe witwara gisirikare utemewe, gushishikariza no gutanga amabwiriza yo gukora ibikorwa by’iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta no gufata bugwate abantu, ubujura bwitwaje intwaro no gusahura. N’umwe mubandi bashakishwa n’impapuro mpuzamahanga zibata muri yombi barimo na Gen. Kayumba Nyamwasa.

Hagati muri Mutarama 2019 nibwo Kayumba Nyamwasa, Callixte Sankara n’abandi bayoboye umutwe w’inyeshyamba wiyise P5 bashyiriweho impapuro zibata muri yombi bazira guhungabanya umutekano mu majyepfo y’u Rwanda mu 2018.

Kuri bo hiyongereyeho na Paul Rusesabagina wamenyekanye muri Filime Hôtel Rwanda, uyu akaba yari mu buyobozi bwa Hôtel des Milles Collines mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Muri iyo filime mbarankuru, Paul Rusesabagina yigaragaje nk’intwari yarokoye imbaga y’Abatutsi bashoboraga kwicirwa muri Hôtel des Milles Collines, ariko nyuma aza gutahurwa, aho ubuhamya bw’abaharokokeye bwagaragaje ko ntacyo yabamariye uretse kubarya amafaranga mu bushukanyi gusa.

Rusesabagina na Sankara bashinze umutwe w’ingabo wa FLN, waje kwishyira hamwe na FDLR  ya Col. Wilson Irategeka na CNRD, maze bashyiraho ihuriro muri Nyakanga 2018 ryiswe MRCD [ Mouvement rwandais pour le changement démocratique ], ari nabo bigambye  ibitero mu Ntara y’Amajyepfo y’u Rwanda.

Ubushinjacyaha bushyikirijwe dosiye ya Nsabimana Callixte nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku Kimihurura, ari bwo yeretswe itangazamakuru.

Umwunganizi wa Nsabimana Callixte mu mategeko, Nkundabarashi Moïse, yavuze ko ibyaha umukiliya we aregwa biri muri dosiye iri mu bugenzacyaha bifitanye isano n’iterabwoba.

Yavuze ko “Dosiye kuko ikiri mu bugenzacyaha itaragezwa mu bushinjacyaha, ibyaha aregwa biracyari mu ibanga. Muzabimenya mu buryo burambuye urubanza rwe nirutangira kuburanishwa.’’

Nkundabarashi wunganiye Nsabimana mu mabazwa yabaye mu bugenzacyaha, yavuze ko ibyo amategeko ateganya k’ukekwaho ibyaha byubahirijwe.

Kuwa 30 Mata nibwo u Rwanda rwatangaje ko rwafashe Nsabimana Callixte, uvuga ko ari umuvugizi w’umutwe wa politiki, MRCD, udahwema kwigamba ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’igitero cyagabwe i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, umwaka ushize.

2019-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Editorial 25 Nov 2016
Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Editorial 18 Dec 2018
Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Editorial 04 Aug 2016
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 16 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Editorial 14 Jun 2017
Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje
ITOHOZA

Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Editorial 06 Mar 2017
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda
HIRYA NO HINO

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru