• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Editorial 03 Feb 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko kuba hari ibyaha ingabo z’Abafaransa zakoze muri Operation Zone Turquoise birimo gufata abagore ku ngufu, biterwa n’uko zari zirimo abantu bari basanzwe ari ibirara mu ngabo z’u Bufaransa.

Mu 1994 ubwo Jenoside yari irimbanyije nibwo ingabo z’u Bufaransa zoherejwe mu cyiswe ‘Opération Turquoise’ yari igamije gushyiraho agace katarimo intambara ko gufashirizamo abahuye n’ingaruka z’intambara na Jenoside ariko yaje kuba urwaho rwo gufasha Leta yakoze Jenoside ihabwa intwaro yanahunganye kugeza mu nkambi zo muri Zaire (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu), aho yisuganyirizaga ngo igaruke gutera igihugu.

Ibyo bice byarimo Opération Turquoise’ harimo Perefegitura nka Cyangugu, Gikongoro na Kibuye.

Izo ngabo zageze muri utu duce kuva kuwa 22 Kamena kugeza kuwa 22 Kanama 1994.

Abasirikare b’Abafaransa mu bikorwa byo gufata ku ngufu

Mu nkuru yasohotse mu biro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, tariki 20 Mutarama 2007, yagaragaje bamwe mu batangabuhamya bagiye bagaragaza uko bafashwe ku ngufu n’Ingabo z’Abafansa zari mu Rwanda mu 1994.

Umwe muri aba batangabuhamya yagize ati “Ingabo z’Abafaransa zakundaga kuza aho twabaga twihishe zigafatamo abana b’abakobwa harimo nanjye ubwanjye, baduhaga inzoga ndetse n’itabi. Ubwo twari tumaze gusinda badutegetse gukorana nabo imibonano mpuzabitsina, badufataga ku ngufu basimburana.”

Umutangabuhamya wa kabiri yavuze ko ubwo yageragezaga gushaka ubuhungiro aho ingabo z’Abafaransa zari ziri, umusirikare w’Umufaransa yarebereye umwe mu bagabo w’umunyarwanda wahamufatiye ku ngufu.

Yagize ati “Umwe mu bagabo w’umunyarwanda yaraje atangira kumbaza impamvu ndi aho, ubwo natangiraga kumusobanurira umusirikare w’Umufaransa nawe yaraje arankubita ngwa hasi, ako kanya wa munyarwanda yantegetse ko turyamana, umusirikare w’Umufaransa akomeza kundebera ndimo gukorerwa ibya mfura mbi.”

Undi mutangabuhamya yavuze ko ubwe yiboneye ingabo z’u Bufaransa zifata ku ngufu abagore b’Abatutsi aho bari bihishe mu bihuru.”

Dr Bizimana avuga ko izi ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda, zari zigizwe n’abasirikare babaga baravanwe ku mihanda bafite imico y’ibirara.

Yabigarutseho mu Kigo cy’Urubyiruko cya Kimisagara kuri uyu wa 30 Mutarama 2020, mu butumwa yahaye urubyiruko 400 ruhagarariye urundi mu Ntara y’i Burasirazuba n’Umujyi wa Kigali.

Byari mu kiganiro cyagarutse ku kumenya amateka y’igihugu no kuyubakiraho ahazaza hacyo muri gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”.

Dr Bizimana yavuze ko Jenoside imaze guhagarikwa, u Bufaransa bwari inshuti y’akadasohokaya Leta ya Habyarimana bwabonye nta bundi buryo bwo kugaruka mu Rwanda, bashaka andi maayeri.

Yagize ati “Jenoside imaze guhagarikwa n’ingabo za FPR-Inkotanyi, nibwo u Bufaransa bwongeye gushaka amayeri yo kongera kubafasha ariko basanga nta yindi nzira bafite uretse guca mu muryango w’Abibumbye, bateguye inyandiko bayijyana muri Loni basaba ko bakwemererwa kuza mu Rwanda mu gihe cy’amezi abiri, bavugaga ko ari ukuza gukora ibikorwa by’ubutabazi ariko bazana ibikoresho bya gisirikare n’amasasu menshi baje kurwana.”

Avuga ko aba basirikare bageze mu bice bya Cyangungu, Kibuye na Gikongoro, aho kurengera abicwaga batangiye gufasha ya guverinoma yari imaze gukora Jenoside babafasha kwisuganya no guhungira muri Congo, Interahamwe zikomeza kwica muri ako gace, harimo ahitwa Nyarushishi, Murambi n’ahandi.

Dr Bizimana avuga ako abasirikare b’Abafaransa baje muri uyu mutwe, bari abantu bitaga abarejiyoneri, aba mu ngabo z’Abafaransa bakaba ngo ari abantu baba baragiye bavana mu bana b’ibirara, abatoraguwe ari inzererezi bakabashyira mu gisirikare n’abandi.

Ati “Abo akenshi usanga bafite imico itari myiza kuko n’ubundi ni abantu baba baragiye mu gisirikare barananiranye. Bakunda kuboherereza mu butumwa bwo mu mahanga gusa, ni nayo mpamvu ahantu henshi babaye, bagiye bakora ibikorwa byo gufata ku ngufu abakobwa n’abagore, icyo ni ikintu gikomeye ingabo z’u Bufaransa zakoze aho muri ako gace.”

Dr Bizimana avuga ko kuba ingabo z’u Bufaransa zaraje muri Zone Turquoise ntacyo byafashije mu guhagarika Jenoside cyangwa gutanga umutekano, ahubwo ko intego yari ugufasha Leta yari yakoze Jenoside ngo ibone uko ihunga.

2020-02-03
Editorial

IZINDI NKURU

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Editorial 15 Aug 2018
Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Editorial 26 Nov 2017
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Editorial 30 Aug 2023
Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Editorial 07 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko

Editorial 27 Sep 2018
Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside
Mu Mahanga

Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside

Editorial 07 Apr 2018
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Editorial 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru