• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Editorial 03 Oct 2016 ITOHOZA

Mu gihugu cya DR Congo haravugwa umutwe mushya wa gisirikare ugamije guhirika Perezida Kabila ndetse ugacamo icyo gihugu ibihugu 2 byigenga.

Nkuko ikinyamakuru Umusingi cyabitangaje ngo uyu mutwe mushya ugamije guca akarengane n’ivangura bakorerwa na Leta ya Kabila abavuga Ikinyarwanda.
Uyu mutwe w’igisirikare witwa FAS (Forces Armees Secesionistes )uri mu Ishyaka ryitwa Les Forces novatrices pour union et la Democratie Congolaise(FNUDC) riyobowe na Alex Byicaza Sebatware .

Uyu mutwe mushya utandukanye n’iyindi yose yigeze kuvugwa muri Congo harimo M 23 n’indi itandukanye ukaba uvuga ko bashaka ko Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo kiba igihugu kikitwa Repubulika ya Kivu y’Amajyepfo n’Amajyaruguru.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 1 Ukwakira 2016 Alex Byicaza abajijwe impamvu yuyu mutwe w’ingabo yagize ati “hari ibintu byinshi izi ngabo zigamije birimo guca akarengane n’ivangura Leta ya Kabila ikorera Abakongomani bavuga ikinyarwanda tukaba dushaka ko tugira igihugu cyacu kigenga kandi turiteguye kubigeraho”.

Alex Byicaza abajijwe niba imigambi yabo bazayigeraho dore ko hari abababanjirije mbere bakananirwa yavuze ko bizeye 100% ko ibyo bagamije bazabigeraho.

Alex Byicaza yagize ati “Kabila ubu nta mbaraga afite kuko ubu tuvugana hari abasirikare benshi cyane bari mugisirikare cye bategereje ko dutangira bakadusanga tugafatanya urugamba.

Avuga ko uru rugamba ruzaba ruyobowe naba General 2 bataramenya amazina yabo ariko bikaba bikekwa ko haba harimo Makenga.

Byicaza Alex akomeza yemeza ko harimo aba General benshi ati kandi noneho dufatanije n’Abakongomani bo muri Katanga nabo bamaze kurambirwa ubutegetsi bwa Perezida Kabila”.

Ni ukuvuga Uvira ,Maniema ,Province Orientale na Katanga nicyo gihugu gishaka kwiyomokora kuri DR Congo .

Alex kandi avuga ko n’Abakongomani bari bashyigikiye Katumbi bose bamaze gushyigikira iki gitekerezo cyo gukuraho Perezida Kabila ndetse no gucamo Congo ibihugu 2 bose bakaba bazahaguruka bakamurwanya umunsi amatora yageze Kabila agashaka kongera kwiyamamaza.

Umwe mu baturage batuye muri Uvira wadusabye ko amazina ye agirwa ibanga kubera umutekano we yatangarije iki kinyamakuru ko hashize iminsi babona ingabo zivuga igiswayiri gusa batazi icyo zishaka n’icyo zigamije kuko babona atari n’ingabo za Leta ya Congo.

-4217.jpg

Alexis Byicaza na Perezida Kabila

Alex Byicaza avuga ko ibikoresho bijyanye no kurwana urugamba babifite bihagije kandi biteguye ko umunsi urugamba ruzatangira bazabona n’ibindi.

Perezida Joseph Kabila akaba muri iyi minsi afite gahunda yo gusura aba Perezida bagenzi be abagisha inama akaba amaze gusura Perezida Museveni wa Uganda ndetse akaba yarasuye na Perezida w’uRwanda Kagame Paul .

Muri iyi minsi akaba yarasuye na Papa Francis ariko ingendo ze zose ni ugushakisha abamufasha akongera kuyobora igihugu cya Congo dore ko abaturage bamaze iminsi bigaragambya bavuga ko batamushaka ko bamurambiwe.

Asoza Ikiganiro yagiranye n’iki kinyamakuru yavuze ko italiki bihaye yo gutangiza urugamba ari taliki 19 Ukuboza 2016 bamaze kumenya ko Kabila yanze kurekura ubutegetsi.

Mu gihe bakivuga ko bategereje ko Perezida Kabila atangaza ko azongera kwiyamamaza ,hasohotse inkuru mu bitangazamakuru bitandukanye ivuga ko amatora muri Congo yigijweyo imyaka ibiri (2).

Byicaza abajijwe ku bijyanye no kongezayo amatora imyaka 2 yasubije muri aya magambo Ntabwo twebwe n’abandi benshi turimubabyemeje kandi ntitubishyigikiye na gato ahubwo ibigiye gukurikiraho bazamenya ko bibeshye kuko itegeko nshinga ntirishobora guhindurwa n’abantu 300, bidakozwe nabaturage.

Source : UMUSINGI

2016-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Editorial 21 Jun 2023
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Editorial 10 Oct 2022
Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Editorial 19 Jun 2019
Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Editorial 14 Feb 2016
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Editorial 21 Jun 2023
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Editorial 10 Oct 2022
Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Editorial 19 Jun 2019
Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Editorial 14 Feb 2016
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Editorial 21 Jun 2023
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Editorial 10 Oct 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru