• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Editorial 19 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wa Green Party, Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu Karere ka Ngoma ko imisoro y’ubutaka izaba yamaze kuvaho mu kwezi kwa Cyenda naramuka atowe.

Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu Murenge wa Kibungo, Akagali ka Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma, ubwo yiyamamazaga ku mwanya w’umukuru mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa Kanama.

Mu ijambo rye yagejeje ku bari aho, Dr Habineza yagize ati”Umutekano wa mbere na mbere ni uwo mu gifu, niyo mpamvu ibibazo byose bifitanye isano n’ubutaka birimo imisoro, no kutareka abaturage ngo bahinge ibyo bashaka bizaba byamaze gukemuka bitarenze mu kwezi kwa Cyenda nyuma y’amatora nimuntora bityo ibyo bikazaba inkingi yo kwihaza ku biribwa.”

Akomeza agira ati”Ubutaka ni umurage Gakondo, abantu baba bararazwe na basekuruza, nta mpamvu rero yo kubusoreshwa kandi leta nay o ibite ibindi bikorwa biyinjiriza amafaranga nk’amashyamba n’ibindi.”

Uretse ikibazo cy’imisoro y’ubutaka, Dr Habineza yanavuze ko abaturage bazabasha kugira uruhare mu kwihitiramo ibyo bagomba guhinga bijyanye n’amahitamo yabo aho kubahitiramo ibyo badashaka.

Aha yavuze ko nko mu turere tweramo urutoki azafasha abaturage kubona insina zijyanye n’igihe ndetse n’imbuto ibereye ahantu bitewe n’ikirere cya ho ku bahinga indi myaka.

Uyu muhango kandi wari witabiriwe n’abantu benshi ugereranyije n’abari bitabiriye kuri site yabanje yo mu Karere ka Kirehe ugendeye ku bageze mu kigero kibemerera gutora, abaturage bagaragaje ibyishimo ndetse banavuga ko inkoko ari yo ngoma.

Dr Frank Habineza yagaragaje ko nubwo ibikorwa byo kwiyamamaza ku ruhande rwe birimo kugenda neza, arikoko hakiri imbogamizi ku kijyanye no kubona abantu bamuyoboka muri ibi bikorwa, zirimo kumwitambika kw’abaturage, guhindurirwa aho gukorera ku buryo butunguranye bituma ibikorwa bye bitagenda neza, kugaragariza kutishimirwa n’abandi bayobozi by’umwihariko abo mu nzego z’ibanze n’ibindi.

-7294.jpg
Gusa na none, avuga ko abaza kumutega amatwi no kwifatanya na bo ari abo kandi ko azakomeza guhangana kugeza birangiye kuko ari urugamba yatangiye kandi agomba kurangiza.

Dr Frank avuga ko mu bibazo by’ingutu azahangana na byo naramuka atowe harimo icy’ubushomeri bwugarije urubyiruko abafasha gushaka imirimo, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu turere tumwe na tumwe, gukuraho imisoro imwe n’imwe ibangamira iterambere ry’umuturage nko gusorera ubutaka, amatungo magufi n’ibindi, kongerera imishahara abakozi ba leta barimo abapolisi n’abasirikare no kubashakira inzu nziza zo kubamo nk’abantu bakora akazi gakomeye ko gucunga umutekano n’ibindi.

2017-07-19
Editorial

IZINDI NKURU

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Editorial 12 May 2021
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Editorial 23 Jan 2017
Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Editorial 23 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020
IMIKINO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020

Editorial 18 Feb 2020
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Editorial 03 Mar 2018
Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe wa Québec nyuma yo gushyigikira Mushikiwabo
POLITIKI

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe wa Québec nyuma yo gushyigikira Mushikiwabo

Editorial 11 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru