• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’umutungo kamere, Dr Rose Mukankomeje umuyobozi w’ikigo REMA gishinzwe kubungabunga ibidukikike na Lt Gen Fred Ibingira Umugaba w’ingabo z’Inkeragutabara kuri uyu wa gatatu ahagana saa yine z’amanywa bageze i Karongi n’ubwato bwa gisirikare bavuye i Rubavu aho bari mu ruzinduko rwo kureba uko ibiyaga bya Kivu na Karago bibungabunzwe.

kiyaga cya Karago (giherereye mu karere ka Nyabihu) mu gihe gishizwe havuzwe ko amazi yacyo yariho agabanuka cyane kubera ibikorwa bya muntu byagisatiraga bikabije, kubera ingamba zafashwe zo kubikumira Dr Rose Mukankomeje yavuze ko basanze amazi yacyo yarongeye kwiyongera.

Mu byo batangaje bageze i Karongi, Dr Rose Mukankomeje yabanje gushimira Inkeragutabara n’ubuyobozi bwazo bafatanya cyane mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti no kubahiriza imiturire n’ubuhinzi hafi y’ibiyaga.

Dr Mukankomeje yavuze ko bava i Rubavu mu bwato babonye ko ugeze za Rutsiro hari abantu bahinga bakageza neza neza ku mazi. Asaba abayobozi kubikurikirana bigacika.

Ati “Iyo urebye ubona ko ari ikibazo cy’imyumbire, birasaba ko abayobozi bakomeza kuba maso. Aho twavuye i Rubavu wabonaga ko urangaye wasanga ibintu byasubiye i rudubi, birasaba ko abayobozi bakomeza gushishikariza abantu kwirinda kuvogera ibiyaga.”

Dr Mukankomeje yavuze ko kuva i Rubavu kugera i Rusizi ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu himuwe imiryango 1 600 yari ituye hafi cyane y’amazi, avuga ko ari igikorwa cyagenze neza kandi iyo miryango aho yimuriwe ari ho heza kurushaho.

Minisitiri w’umutungo kamere Dr Vincent Biruta yabwiye abaturiye ikiyaga cya Kivu ko ku mazi cyangwa hafi cyane yayo ushobora kuhakorera akarimo kaguteza imbere uyu munsi ariko ejo kakagira ingaruka zikomeye cyane ku bantu batuye ako gace bose. Abasaba kwitwararika imirimo bakorera hafi y’iki kiyaga ishobora kukibangamira.

Lt Gen Fred Ibingira we yatangaje ko ishingiro rya byose ari umutekano. Avuga ko umuntu atagera aho kubungabunga ibidukikije we ubwe atabanje kugira umutekano.

Lt Gen Ibignira asaba ko buri muntu wese akwiye gufatanya n’inzego z’umutekano kurushaho kuwubumbatira birinda kandi batanga amakuru ku byaha aho byabaye cyangwa aho bishobora kuba mbere y’uko bibaho.

Umuseke.rw

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023
Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Ubwanditsi 20 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite
INKURU NYAMUKURU

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi
UBUKUNGU

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Rwanda : trois fantômes et un mystère
ITOHOZA

Rwanda : trois fantômes et un mystère

Ubwanditsi 16 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru