• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya   |   28 Jun 2025

  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?

Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?

Editorial 17 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibimenyetso bishya biragenda biboneka ku nkuru y’urupfu rw’umunyarwanda ikinyamakuru Daily Monitor giherutse kwandika giharabika u Rwanda kwanga ko umurambo we winjizwa mu gihugu ngo ashyingurwe.

Mu nkuru y’urwo rupfu rwabereye ku butaka bwa Uganda Daily Monitor yanditse, ntiyigeze yifuza kumenya agace Dusengimana ayari atuyemo, nyamara Virungapost dukesha iyi nkuru yemeza ko yari atuye mu karere ka Kabarore muri Uganda.

Daily Monitor yanditse ivuga ko ngo ibitaro bikuru bya Kabale ‘byatunguwe no kwakira umurambo w’umunyarwanda utaramenyekana”.

Nyamara, Virungapost ivuga ko urupfu rwa Dusengimana ntaho rutandukaniye n’ibindi bimaze iminsi biba ku banyarwanda bajya cyangwa baba muri Uganda bikozwe n’abakozi ba RNC bafatanyije n’abakorera urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI).

Ubutegetsi bwa Uganda bwamaze kumenyera gukorana na RNC mu gushakisha abayoboke hifashishijwe ingufu, abanyarwanda batabyemeye bakahababarira.

Amayeri akoreshwa ni menshi. Mbere na mbere babanza kugusezeranya ibitangaza birimo akazi keza n’amafaranga. Ayo mayeri akenshi arakora ku rubyiruko cyane cyane urw’abanyarwanda baba mu nkambi ziri mu burengerazuba bwa Uganda.

Ubundi buryo bwo gushaka abayoboke ba RNC ni ukubashimuta, kubafunga binyuranyije n’amategeko, kubakorera iyicarubozo cyangwa bagashinjwa icyaha cyo kuba ba maneko b’u Rwanda.

Ibyo si bishya, byarabaye ku banyarwanda nka Roger Donne Kayibanda (washimuswe na CMI tariki 10 Mutarama 2019 i Kampala), byarabaye kuri Moses Ishimwe Rutare (washimuswe tariki imwe na Kayibanda), byarabaye kuri Darius Kayobera, umugore we Claudine n’umukozi wabo Mucyo (bashimuswe tariki 28 Mutarama 2019). Aba ni bamwe mu bashimuswe muri Mutarama uyu mwaka gusa.

INKURU BIFITANYE ISANO :

Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda

Abakozi ba CMI babanza gucuza utwabo abanyarwanda bashimuse, bakabambura amafaranga, amasakoshi n’ibindi. Abanyarwanda barokotse CMI, bavuga uburyo bakorerwa iyicarubozo mu bigo bitandukanye nko ku cyicaro gikuru cya CMI ahitwa Mbuya no mu nzu z’ibanga ziri hirya no hino mu gihugu. Bamwe mu banyarwanda bagera aho bemera kujya muri RNC ngo bakize amagara yabo.

Uburyo bwa gatatu bwifashishwa ni iterabwoba. Rikorwa harebwa abanyarwanda bashobora kuvamo abarwanyi (bakajyanwa mu nkambi z’imyitozo mu burasirazuba bwa Congo) cyangwa abashobora gutanga amafaranga yo gufasha ibikorwa bya RNC.

Ubyanze aterwa ubwoba ko azagirirwa nabi cyangwa agapfa. Hari abicwa koko iyo batagize amahirwe ngo bahunge.

Hari ababyanga bakagambanirwa, bagahabwa imbunda ku ngufu bagahita bashinjwa gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Nyuma y’icukumbura, Virungapost yasanze mu karere ka Kabarore aho Dusengimana yabaga ari hamwe mu ho CMI ijya guhigira abazinjizwa muri RNC kuko hatuye abaturage benshi bavuga Ikinyarwanda.

Ni muri ubwo buryo na Dusengimana atigeze apfa urw’ikirago. Yishwe tariki 7 Mata uyu mwaka. Inshuti ze zo muri Kabarore zabonye umurambo we zemeza ko yari afite ibikomere ku nda no ku ijosi. Nyamara ibinyamakuru bya Uganda byahisemo kubeshya ko ‘Umunyarwanda yapfuye, abayobozi b’u Rwanda bakanga ko imodoka yari itwaye umurambo iwambukana ikawuzana mu Rwanda!”

Daily Monitor yanditse ko abayobozi b’u Rwanda banze kwakira uwo murambo ngo kuko nta byangombwa byawugaragazaga. Icyo kinyamakuru gikomeza kivuga ko abandi banyarwanda bari batwaye uwo murambo bagerageje kunyura inzira z’ubusamo ariko bagafatwa n’abasirikare b’u Rwanda bakabasubiza muri Uganda.

Virungapost ivuga ko ibyo byatangajwe bigamije gukomeza guhindanya isura y’u Rwanda mu binyoma ko rwafunze imipaka, nyamara imipaka ifunguye.

Umwe mu bakozi bo ku mupaka wa Gatuna waganiriye n’icyo kinyamakuru yagize ati “Bishoboka bite ko The Monitor yatangaza ikinyoma nk’icyo? Abantu bo mu bihugu bitandukanye baza mu Rwanda uko bashatse. Kuvuga ko u Rwanda rwangiye abaturage barwo kwinjira, noneho by’umwihariko abazanye umurambo ni ibinyoma bidafite ishingiro.”

Ahubwo amakuru yizewe avuga ko abasirikare ba Uganda, ari bo banze ko abari bazanye umurambo wa Dusengimana bawambukana ukagera mu Rwanda.

Ikibabaje ni uko ikinyamakuru nka Daily Monitor kivuga ko gikora kinyamwuga kitagerageje nibura kuvugisha umwe mu bayobozi bo mu Rwanda kugira ngo kimenye ukuri.

Mu nkuru ya The Monitor hari ibintu byinshi byirengagijwe. Urugero ubusanzwe iyo umuntu basanze yapfuye mu buryo buteye urujijo, polisi ibanza gukora iperereza ry’ibanze ku gishobora kuba cyateye urwo rupfu hanyuma umurambo ukabona kugezwa ku bitaro gukorerwa isuzuma. Kuki ubuyobozi bwa Uganda butabikoze?.

Igikurikiraho iyo isuzuma rirangiye, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’igihugu uwapfuye aturukamo iramenyeshwa haba hari n’abo mu muryango we bari hafi bakamenyeshwa. Ibizamini byo kwa muganga n’icyemezo cy’uko umuntu yapfuye nabyo bizana n’umurambo.

Virungapost ivuga ko ubuyobozi bwa Uganda nta na kimwe muri ibyo bwigeze bukora. Ibi nibyo byemeza ko uyu munyarwanda ashobora kuba yarishwe bigizwemo uruhare n’ubutegetsi bwa Uganda.

Bamwe mu nshuti za Dusengimana batangiye gukeka ko mugenzi wabo yaba yarishwe n’abakozi ba RNC bashakaga kumwinjiza muri uwo mutwe w’iterabwoba.

Ubutegetsi bwa Uganda ntibwigeze bunamenyesha umuryango wa nyakwigendera ko yapfuye. Babibwiwe n’inshuti. U Rwanda rwo rwabimenye mu makuru aribwo rwatangiraga gushaka uko umurambo ugaruka mu gihugu ngo ushyingurwe nubwo byagoranye kubera ko ubutegetsi bwa Uganda bwanze gutanga ibyangombwa by’uwo murambo.

Nubwo abari bazanye umurambo mu Rwanda bangiwe kwinjira n’abasirikare ba Uganda bitwaje ko nta byangombwa by’uwo murambo, abayobozi b’u Rwanda bafatanyije n’umuryango wa Dusengimana bakoze iyo bwabaga ngo umurambo uzanwe ushyingurwe.

VirungaPost ivuga ko amakuru yamenye yemeza ko byarangiye umuhate w’ubuyobozi bw’u Rwanda n’umuryango wa nyakwigendera ugize akamaro umurambo ukinjizwa mu Rwanda, Dusengimana akaba yarashyinguwe ku ivuko i Bungwe mu karere ka Burera tariki 16 Mata 2019.

Urupfu rwa Dusengimana muri Uganda, rushimangira impamvu Leta y’u Rwanda yagiriye inama abaturage bayo kutajya muri icyo gihugu kuko umutekano wabo utizewe.

2019-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Editorial 23 Jul 2020
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2021
Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Editorial 23 Jul 2020
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2021
Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Ubusambo,Ubugome, ubutindi amaco y’inda mu gushaka indonke bakoresheje umurwayi Barafinda Sekikubo Fred

Editorial 23 Jul 2020
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Yolanda
    April 17, 201912:53 pm -

    Orchestre Impala iti ” Twese kuli iyisi turabagenzi”
    Ejobundi Kisekedi ati , ibihugu byacu bizabaho ubuziraherezo, aliko twe tuzavaho, tuzime.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru