• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Editorial 25 Feb 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (Eastern Africa Police Chief Cooperation Organization (EAPCCO)) na Polisi y’igihugu cy’u Butaliyani (Carabinieri), ejo tariki 22 Gashyantare basinye amasezerano y’ubufatanye.

Uwo muhango wabereye i Kigali muri Convention Center. Ku ruhande rwa Carabinieri hasinye Umuyobozi Mukuru wayo, Lt. Gen. Tullio Del Sette; naho ku ruhande rwa EAPCCO hasinye Umunyamabanga wayo Mukuru, IGP Emmanuel K. Gasana; akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Icyo gikorwa cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda; Johnston Busingye; akaba n’Umunyamabanga w’Akanama k’Abaminisiti bo mu bihugu bigize EAPCCO. Hari kandi Abayobozi Bakuru ba Polisi, n’ababahagarariye; baturuka mu bihugu bigize EAPCCO.

Ayo masezerano ashingiye ahanini ku kubaka ubushobozi; binyuze mu mahugurwa no gusangira ubunararibonye mu nzego zitandukanye; hashingiwe ku cyerekezo n’intego bya EAPCCO.

Mu bitabiriye uwo muhango w’isinya ry’amasezerano hagati ya EAPCCO na Carabinieri, harimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura, Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, Uhagarariye u Butaliyani mu Rwanda, Domenico Fornara; akaba afite icyicaro Kampala muri Uganda.

Aya masezerano aje akurikira Inama Mpuzamahanga zitandukanye zabaye muri iki cyumweru. Muri zo harimo iy’Abayobozi b’Inzego za EAPCCO yahuje Abayobozi b’Amashami y’ubugenzacyaha, kurwanya iterabwoba, uburinganire n’amategeko.

Mu ijambo rye, Minisitiri Busingye yagize ati,”Ndashimira Umuyobozi Mukuru wa Carabinieri wiyemeje ; mu izina rya Leta y’u Butaliyani gukorana n’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba, ndetse n’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri Huriro. Aya masezerano azagira agaciro impande zayasinye nizishyira mu bikorwa ibiyakubiyemo.”

Yakomeje agira ati,”Inama nk’izi zigaragaza ko ibihugu bigize iri Huriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu by’aka karere bizirikana ko ubufatanye ari ishingiro ryo kubungabunga no gusigasira umutekano wako mu buryo burambye.

Minisitiri Busingye yagize kandi ati,”Mu nama tugirana na bagenzi bacu bo mu bihugu bigize aka karere ka Afurika y’i Burasirazuba tuzajya tuganira ndetse tunibukiranye aho ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano rigeze.”

Yongeyeho ko aya masezerano ari intambwe itewe mu gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka; ibi bikaba byiyongera ku Bigo by’icyitegererezo byo muri aka karere bitangirwamo ubumenyi n’amahugurwa ku kurwanya ibyaha bitandukanye.

Muri ibyo Bigo by’icyitegererezo harimo icyo mu Rwanda cyo kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikiranabuhanga, icyo muri Kenya cyo kurwanya iterabwoba, igitangirwamo ubumenyi ku mikoranire myiza ya Polisi n’abaturage cyo muri Uganda, n’icyo muri Sudani gitangirwamo amahugurwa ajyanye no gupima ibizamini by’ibimenyetso by’icyaha.

Nyuma y’isinywa ry’ayo masezerano, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yagize ati,”Aya masezerano agaragaza ko ahari ubushake haba hari n’ubushobozi; kandi ko abishyize hamwe bagera ku ntego bihaye iyo bubahirije ibyo bemeranyijwe.”

Lt. Gen. Tullio Del Sette yakomeje agira ati,”Polisi y’u Butaliyani (Carabinieri) imaze imyaka isaga 200; ikaba ikora gisirikare. Twifuza gusangira ubunararibonye dufite n’ibihugu byo muri aka karere.”

IGP Gasana yashimye mugenzi we wa Uganda, Gen. Kayihura ku ruhare rwe mu kugira ngo aya masezerano y’ubufatanye agerweho.

Yagize ati,” Aya masezerano ni intangiro y’urugendo rw’ubufatanye hagati ya Carabinieri na EAPCCO. Gufatanya na yo ni intambwe ikomeye mu kurwanya no gukumira ibyaha byugarije aka karere, ndetse n’isi muri rusange.”

EAPCCO yashyizweho mu 1998 i Kampala muri Uganda mu Nama y’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba. Igizwe n’ibihugu 13, ari byo: Rwanda, Uganda, Burundi, Comoros, Ethiopia, Eritrea, Djibouti, Kenya, Sudan, South Sudan, Seychelles, Somalia na Tanzania.

Intego yayo ni ugusangira ubunararibonye, kubaka ubushobozi bw’inzego za Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere binyuze mu mahugurwa atandukanye no gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo iterabwoba, ubujura bw’amatungo n’ibinyabiziga, kwangiza ibidukikije, ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya, icuruzwa ry’abantu, itundwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikoranabuhanga, no guhererekanya abacyekwaho ibyaha bafashwe.

-5920.jpg

Amasezerano y’ubufatanye

RNP

2017-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Editorial 14 Jun 2019
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Editorial 30 Nov 2017
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Editorial 25 Dec 2017
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Editorial 14 Jun 2019
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Editorial 30 Nov 2017
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Editorial 25 Dec 2017
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Editorial 14 Jun 2019
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 29 Oct 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru