• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Editorial 20 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

U Rwanda rumaze kwamamara ku isi kubera impamvu zitandukanye zirimo ubuyobozi bushingiye kuzamura inyungu z’umuturage, ubukerarugendo n’ibindi aho amahanga menshi agana u Rwanda aje ku rugendo-shuri. Ibi byose ariko bigahabwa umugisha na Rwandair ihuza u Rwanda n’ibihugu birenga 25. Ikindi tutakwibagirwa ni amasezerano y’ubufatanye hagati y’ikipe ikomeye mu Bwongereza ya Arsenal n’u Rwanda aho iyo kipe yamamaza u Rwanda ihamagarira isi kurusura.

Hari icyorezo gikomeye muri iyi minsi cya Ebola cyagaragaye mu bihugu duturanye bya Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ebola kubera kwandura kwayo ibihugu yagezemo bihabwa akato. Mu rwego rwo kubangamira inyungu z’u Rwanda, Minisiteri y’ubuzima ya Uganda yatangaje muri iki cyumweru ko umurwayi wa Ebola wabonetse I Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yaba yarageze no mu Rwanda mu mugi wa Gisenyi. Ibyo byamaganiwe kure n’inzego z’u Rwanda zavuze ko ari ibihuha bidafite aho bishingiye.

Inkuru bifitanye isano: Muhumure Nta Ebola Iri Mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Kuri uyu munsi mu itangazo rihuriweho na Leta ya Uganda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health Organisation (WHO) basohoye itangazo bahuriyeho bagaragaza ko ibyo Uganda yari yatangaje mbere ari amakuru adafite gihamya, ko ari ibihuha. Ibi ariko ntibyakozwe na Uganda, ahubwo byakozwe na WHO kuko n’ubundi byakozwe n’agatsiko ka Perezida Museveni kadashakira amahoro u Rwanda babinyuza muri Minisiteri yabo y’ubuzima kuko isi yose ihanze amaso Uganda na Kongo Kinshasa kubera icyorezo cya Ebola giteye inkeke abatuye isi.

Ebola ihangayikishije isi ku buryo aho igaragaye, WHO ihita yoherezayo itsinda ry’abaganga. Ninayo mpamvu ariyo ikurikirana amakuru ayivugwaho ikaba ariyo iyatangaza ifatanyije n’igihugu yagaragayemo kugirango hirindwe ibihuha no gukanga abantu hejuru y’amakuru adafite gihamya. Kuba Uganda yaratangaje ko umuntu wagaragaje ibimenyetso bya Ebola yageze  mu Rwanda ntibiyireba kuko icyo gihe Minisiteri y’ubuzima y’u Rwanda na WHO nibo bari kuba aribo babitangaza. Minisiteri y’ubuzima ya Uganda nta makuru ifite cyangwa ngo ibe ireba ingendo z’abatutrage ba Kongo.

Kuba rero byarakozwe, ntabwo Uganda yashyanutse yabikoze ibizi kandi ibishaka,  ishaka kugaragaza ko mu Rwanda Ebola yahageze ikanga amahanga cyane cyane ko bavugaga umujyi wa Rubavu urangwamo ibikorwa by’ubukerarugendo.

Kuba Uganda yaratangaje ibihuha byashyira u Rwanda mu kato si bishya: gusa igishya nuko byavuzwe n’urwego rwa Leta mbere yarakoreshaga itangazamakuru baha amafaranga nka  Chimp Reports na Soft Power bikikirizwa na Command Post ya RNC. Ubwo umutwe wa FLN wagabaga ibitero by’iterabwoba mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda, ibihugu byaburiye abaturage babo kutajya muri utwo turere. Uganda yagiye mu itangazamakuru ko u Rwanda rufite umutekano muke kurusha Somalia na Syria,  batangaza ibinyoma ariko intego nyamukuru ari ukubwira isi ngo mwijya mu Rwanda. Uwo mutwe kandi nawo wabonye ubufasha bwa Uganda nkuko Callixte Nsabimana wahoze ari umuvugizi wawo wafashwe akazanwa mu Rwanda yabibwiye urukiko.

Intego nyamukuru ya leta ya Museveni ni uguhindura ubutegetsi bwo mu Rwanda aho yifuza kubusimbuza abo yita abahungu be, ariko ni inzozi atazigera ageraho. Uwariwe wese umugana avuga ko arwanya Leta aramufasha. Kuba yarakoresheje inzego za Leta ngo zigaragaze ko mu Rwanda hari icyorezo cya Ebola, byagaragaje ko icyatuma u Rwanda ruhera mu kato cyose yagikora. Nta mugayo yimanye inzira ya Gari ya Moshi ndetse n’amashanyarazi yagombaga guturuka muri Etiyopiya kandi u Rwanda rwari rumaze kubaka ibikorwa remezo biyakira. Museveni n’agatsiko ke basubiza amerwe mu isaho, kubaho cyangwa gutera imbere by’u Rwanda ntibizagenwa nawe, cyangwa imitwe yitwaje intwaro ashyigikiye.

U Rwanda rwakajije ingamba zo gukumira Ebola ku mipaka na Congo

Ebola imaze kugaragara muri Uganda inshuro zirenga ebyiri, u Rwanda ruriteguye neza, ntirukeneye ibihuha by’amakuru akwirakwizwa na Uganda. Igihe u Rwanda rwakoraga imyitozo y’ubwirinzi bwa Ebola, hagakorwa Video igaragaza uko byagenda umuntu ari mu ndege ije mu Rwanda akagaragaza ibimenyetso bya Ebola, Uganda yihutiye gukiwrakwiza iyo Video ivuga ko mu Rwanda hari icyorezo cya Ebola. Si ibishya rero ibyo Uganda yatangaje, kuko nta kizima bavuga ku Rwanda.

2019-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Editorial 06 Mar 2017
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Editorial 14 Nov 2023
Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Editorial 15 Jul 2019
Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Nduhungirehe avuga ko ikibazo cya Kayumba Nyamwasa kitazigera kivugwaho mu biganiro na Afurika y’Epfo

Editorial 26 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 11 May 2016
Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza
Amakuru

Tuyisenge Jacques wifuzwaga na Police FC yerekeje muri AS Kigali, Shaban Shabalala yongereye amasezerano , APR FC yihariye ibikombe by’abakinnyi bitwaye neza

Editorial 01 Aug 2022
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia
Amakuru

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Editorial 29 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru