• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Enyimba yihagazeho imbere ya Rayon zigwa miswi

Enyimba yihagazeho imbere ya Rayon zigwa miswi

Editorial 17 Sep 2018 IMIKINO

Enyimba International Football Club ishoboye kuvana inota rimwe i Nyamirambo imbere ya Rayon Sports ku mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza k’imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Africa. Ni umukino Rayon Sports yagaragaje ko yashoboraga kuwutsinda.

Saa saba z'amanywa abantu bari benshi binjira muri stade i Nyamirambo

Saa saba z’amanywa abantu bari benshi binjira muri stade i Nyamirambo

Bwa mbere Rayon Sports igera muri uru rwego rw’irushanwa yagaragaje nanone ko itahageze bigezo. Igerageza kuyobora uyu mukino no kugira amahirwe menshi yo gutsinda kurusha Enyimba, gusa ntibyakunda.

Saa munani n’iminota 15 Stade ya Kigali i Nyamirambo yari ifunzwe imiryango kubera kuzura cyane. Abafana baje kuyishyigikira ari benshi.

Yayoboye umukino kuva ugitangira, mu gice cya mbere Caleb Bonfils agora cyane abugarira ba Enyimba agerageza amahirwe menshi ariko ntaboneze mu izamu.

Enyimba nk’ikipe nkuru niyo yagumanaga umupira kenshi ku kigero cya 51% mu gice cyambere, gusa Rayon Sports ikayirusha amashagaga imbere y’izamu kuko yateye mu izamu ibonejemo kabiri umuzamu akahaba ibamba. Naho Enyimba yateyemo rimwe.

Igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa ariko Rutanga Eric umaze iminsi atsindira Rayon abonamo ikarita y’umuhondo.

Saa munani stade yari yuzuye

Saa munani stade yari yuzuye

Mu gice cya kabiri Rayon Sports yakomeje kugerageza gusatira  cyane itera kenshi ku izamu rya Enyimba ariko umunyezamu wayo ahaba umuhanga bikomeye.

Nanone muri iki gice Enyimba yakomeje guhanahana umupira neza no kuwugumana ariko abasore ba Rayon bawufata bakaboneza ku izamu.

Mugisha Gilbert yaje gusimbura Saddam Nyandwi ngo bongere imbaraga hagati, uburyo bwose bwageragejwe ntibwatanze umusaruro w’igitego kiba gikenewe.

Rayon yateye ku izamu inshuro 19 muri zo inshuro 7 zaboneje mu izamu umunyezamu akuramo iyo mipira, naho Enyimba yo yaboneje mu izamu kabiri gusa mu nshuro 12 bateye ku izamu.

Rayon Sports yabonye koruneri 13 ntizabyara umusaruro naho Enyimba ibona enye(4) nazo zitatanze umusaruro.

Umukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi aguye miswi ubusa ku busa.

Umukino wo kwishyura uzaba tariki 23 Nzeri muri Nigeria.

Abo muri Nigeria bazanye n'iyi kipe hamwe n'umukinnyi wa Sunrise FC wo muri Nigeria (wambaye umupira w'umukara)

Abo muri Nigeria bazanye n’iyi kipe hamwe n’umukinnyi wa Sunrise FC wo muri Nigeria (wambaye umupira w’umukara)

Abafana benshi baje kureba uyu mukino

Abafana benshi baje kureba uyu mukino

Stade abenshi bari ubururu n'umweru

Stade abenshi bari ubururu n’umweru

Hari abafana Rayon mu buryo bwabo bwihariye

Hari abafana Rayon mu buryo bwabo bwihariye

Perezida wa Rayon Sports, Paul Muvunyi (wifashe ku munwa) yiteze ikigiye kubera mu kibuga

Perezida wa Rayon Sports, Paul Muvunyi (wifashe ku munwa) yiteze ikigiye kubera mu kibuga

Ikipe ya Enyimba yabanje mu kibuga

Ikipe ya Enyimba yabanje mu kibuga

Abakinnyi ba Rayon babanjemo

Abakinnyi ba Rayon babanjemo

Ambasaderi wa Nigeria i Kigali (ubanza ibumoso) yariyicaranye na Perezida wa FERWAFA

Ambasaderi wa Nigeria i Kigali (ubanza ibumoso) yariyicaranye na Perezida wa FERWAFA

Wari umukino unogeye ijisho

Wari umukino unogeye ijisho

Amakipe yombi yagerageje gusatirane kenshi Rayon Sports ikarusha amashagaga Enyimba

Amakipe yombi yagerageje gusatirane kenshi Rayon Sports ikarusha amashagaga Enyimba

Umukino wanyuzagamo ugahagarara

Umukino wanyuzagamo ugahagarara

Bimenyimana Bonfils Caleb wari rutahizamu uyu munsi ntibyamukundiye

Bimenyimana Bonfils Caleb wari rutahizamu uyu munsi ntibyamukundiye

Rwatubyaye agerageza gutsinda n'umutwe

Rwatubyaye agerageza gutsinda n’umutwe

Umukino wari witabiriwe bidasanzwe

Umukino wari witabiriwe bidasanzwe

Ifirimbi ya nyuma

Ifirimbi ya nyuma

Enyimba yanyuzwe n'inota rimwe kuko yizeye umukino wo kwishyura

Enyimba yanyuzwe n’inota rimwe kuko yizeye umukino wo kwishyura

Abakinnyi ba Rayon bashimiye cyane abafana baje kubashyigikira

Abakinnyi ba Rayon bashimiye cyane abafana baje kubashyigikira

 

2018-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Editorial 30 Jul 2021
AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

AS Kigali yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023,yasinyishije myugariro Manzi Thierry amasezerano y’imyaka ibiri

Editorial 06 Feb 2023
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Editorial 10 Nov 2017
Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Editorial 12 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘
Mu Rwanda

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Editorial 10 May 2017
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Editorial 02 Sep 2021
#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi
POLITIKI

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

Editorial 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru