• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?
Gen. Jim Muhwezi

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ubwanditsi 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Hari mu mwaka wa 1987, ubwo abantu bangana na maganabiri na cumi n’umunani (218), batoranywaga kujya gutozwa imirimo y’ubutasi ndetse n’igisirikare muri Uganda.

Bakaba baroherejwe ahitwa Guda muri Entebbe, aho bamaze amezi atatu (3) biga ibijyanye n’igisirikare (military drills), nyuma yizo nyigisho baje kwimurirwa ahitwa Makajjo Mitiyana, ho mu Karare ka  Mubende, aho bamaze amezi makunyabiri (20) bigishwa ibijyanye n’ubutasi.

Muri icyi gihe cyose iryo shuli ryayoborwaga n’umugabo witwa Sergeant Herbert Muramage, ubu ufite ipeti rya majoro, naho Commandant w’iryo shuli, uyu akaba ngo yari ashinzwe kwigisha ibya gisirikare, mu gihe Muramage we yari ashinzwe ubuyobozi bw’Ikigo muri rusange(administration)  uyu akaba yari nyakwigendera Liyetona Karemera.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Rushyashya, avuga ko kuba amasomo yaratinze, byakorwaga nkana, mu buryo bwo kugirango bakomeze kwisarurira amashilingi, dore ko ngo amahugurwa nkayo atwara akayabo, bityo ababa bashinzwe bene ibyo bikorwa bagakomeza kwibonera kuri iryo shilingi, muri ibyo bihe, uwari ushinzwe iyinjiza mu gisirikare no kwigisha ingabo, Chief of Training and Recruitment (CTR) Colonel Kyanda, nkuko umwe mu bakozi ba Internal Security Organization (ISO) Urwego rushinzwe ubutazi imbere mu gihugu cya Uganda,  yatangarije Ikinyamakuru Rushyashya, ngo aya masomo yamaze igihe kingana n’amezi makumyabiri n’atatu (23), nyamara kandi ubusanzwe, amara amezi atandatu, aba bakaba aribo bambere bafunguye Ikigo cya Makajjo, noneho igitangaje nuko abakurikiye imfura za Mkajjo, bamaze amezi atandatu gusa, maze basoza amasomo yose, ndetse n’abagiye bakurikira.

Bakaba barashyizwe mu kazi muri Nyakanga 1989, muri 1994, abenshi muri bo baje guhagarikwa mu kazi, ari nabwo batangiye kugana inkiko, bagirango barenganurwe, urubanza rwaje kurangira muri 2008, abahoze ari abakozi ba ISO batsinze Leta, aho Urukiko rwaje gutegeka Leta ko izabaha amashilingi angana na miliyari 72,000,000,000, kubera kurambirana cyane, impande zombie zaje kwemeranya ko hazatangwa miliyari (39 billion), nkuko byatangajwe mu nkuru yacu yo ku wa 27 Ugushyingo 2017.

Nyuma yo gusezerera abo  bahoze ari abakozi ba ISO, ngo Perezida Museveni yaje kumenya ko harimo amanyanga, ashingiye ku ndonke abashinzwe kwigisha no kwinjiza abakozi ba ISO mu murimo, nuko ababwira ko bagomba kugarura mu kazi abari barahagaritswe, ari bo bagitakamba ngo bahabwe imperekeza yabo, ubwo nibwo urwego rwari rukuriye ISO, ruyobowe na Brigadier General Jim Muhwezi ubu akaba ari Generali Majoro uri mu kiruhuko cy’izabukuru, basaba ko abakozi basezerewe, bagaruka mu kazi, ariko abakozi bari barasezerewe, basaba ko babanza guhabwa imperekeza yabo, hanyuma noneho abashaka kugaruka mu kazi bakagasubiramo, abari bakuriye urwego rwa ISO mur’ibyo bihe, barabyanga, bavuga ko nta cyibazo cyari gihari, ko amafaranga bazayabona nta shiti.

Uyu mu ofisiye ukorera urwego rwa ISO, yagize ati, ‘’ Factually, the problem with most of the officers within the Uganda People’s Defense Forces (UPDF) is lack of patriotism, and immense greed, actually I do liken them to a a mischievous herdsman who milk the cows while grazing, whereas he is the beneficiary of the milk,’’ the officer lamented, ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga no ‘’ Mu by’ukuri, njye mbagereranya n’umushumba gito, ugoba izo aragiye mu rwuri, hanyuma yacyura bakaza kumuha amata akanywa, kandi aba yiriwe arimo kugoba,’’ amagambo y’umukozi w’urwego rwa ISO.

 

Cyiza D.

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire  irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Ubwanditsi 11 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool
Mu Mahanga

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo
INKURU NYAMUKURU

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Ubwanditsi 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru