• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Editorial 04 Feb 2019 POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda mu gihugu cya Uganda nabo ubwabo bafite inkomoko mu Rwanda? Iki ni ikibazo gisubizwa n’ikinyamakuru Virungapost mu nkuru cyahaye umutwe ugira uti: “THE PROPAGANDA AND EXTORTION GAMES BEHIND MTN UGANDA’S TROUBLES“.

Iki kinyamakuru kigaruka ku iyirukanwa ry’umunyarwandakazi, Annie Tabura, wari umukozi wa MTN-Uganda uherutse kwirukanwa ashinjwa kubangamira umutekano w’iki gihugu, aho yashinjwe kurema agatsiko kagamije gushimuta impunzi, guhuza ibikorwa ngo by’intasi z’u Rwanda z’abagore muri Uganda bigiraga nk’abakora akazi k’uburaya.

Igitangaje ariko, ngo ni uko atigeze aburanishwa cyangwa ngo hagaragazwe ibimenyetso by’ibyo ashinjwa ari nayo mpamvu yirukanwe muri Uganda kuko nta kimenyetso cyari gihari cyatuma ajyanwa mu rukiko ngo aburanishwe kuri iki cyaha gikomeye cyo kubangamira umutekano w’igihugu.

Ngo igituma iyi propaganda yo kwanga u Rwanda rero irushaho kugira ubukana n’uko abayiri inyuma ari udutsiko tw’Abagande bafite inkomoko mu Rwanda muri Kampala ariko banga u Rwanda uhereye kuri Perezida Museveni ubwe ndetse n’umufasha we, Jeannette Museveni iki kinyamakuru cyemeza ko ubwabo ari Abanyarwanda.

Mu bandi gikomozaho bari inyuma y’iyi propaganda ni Sarah Kagingo, ushinzwe itumanaho muri perezidansi ya Uganda ndetse akaba na nyiri ikinyamakuru Softpower bivugwa ko gikorera urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI), aho kivuga ko nawe ababyeyi be ari Abanyarwanda.

Usibye uyu, ngo na nyina w’umuyobozi w’uru rwego rw’ubutasi bwa gisirikare, Col Abel Kandiho, iki kinyamakuru kivuga ko ari Umunyarwandakazi, kigakomeza kivuga ko ushaka kumenya abantu bafite amaraso y’Abanyarwanda muri Uganda wakora urutonde rw’abantu bakomeje kwigaragaza barwanya u Rwanda.

Uwashaka rero kumva neza impamvu nyazo ziri inyuma y’urwango ubuyobozi bwa Museveni rufitiye u Rwanda agomba kumenya ko abantu b’ikambere mu ishyaka NRM na Museveni bayoboye igihugu nk’abantu bumva bashobora kuzamburwa ibyubahiro ndetse bagasubizwa mu gihugu bakomokamo mu gihe imyirondoro yabo ya nyayo yajya ahagaragara. Ibyo bakora ngo bakaba babiterwa n’ubwo bwoba.

Ibyo bakora bambika icyasha u Rwanda no kuruhimbira ibinyoma aba bantu bakaba ngo babikora mu rwego rwo kwerekana ko ari Abagande ba nyabo, mu gihe guverinoma yabo yakira ndetse ikorohereza udutsiko tw’iterabwoba ku butaka bwa Uganda bagamije guhungabanya guverinoma y’u Rwanda.

Inkuru y’iki kinyamakuru kandi igaruka ku bibazo MTN-Uganda irimo muri iki gihe nyuma y’aho uruhushya rw’imyaka 10 rwo gukorera muri Uganda yari ifite rurangiriye ku itariki 20 Mutarama 2019, ikaba ishaka kwishyura akayabo ka miliyoni 58 z’amadolari ngo uru ruhushya ruvugururwe ariko leta yo ikaba yifuza ko yishyura miliyoni 100 z’amadolari.

2019-02-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Editorial 21 May 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Editorial 07 Jun 2018
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Editorial 21 May 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Editorial 07 Jun 2018
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Editorial 21 May 2018
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Editorial 07 Jun 2018
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    February 5, 20198:35 am -

    Ubu se niba ibi iki kinyamakuru kivuga ari ukuri ndumva ntacyo byafasha aba banya Rwando-Ugandais ahubwo bakagombye gukunda abanyarwanda nurwanda niyo strategie yababera nziza.Urwanda nurwabanyarwanda kandi ntawuzaruhungabanya benerwo turi maso.Aba barata umwanya wabo tu.Rwanda songa mbere tukurinyuma.La victoire nous appartient toujour!!!!

    Subiza
  2. Cornerstone
    February 7, 201910:00 am -

    Erega muvandi Emmy nukubyumva ukumirwa gusa, ibi tubyita kurindagira by’impumyi aliko nkavuga reka mbite ibikenya byibihone bimwe bitema ishami kugiti byiryivayeho.
    Aba bo bareze, urugero abanyamulenge bakomoka mu Rwanda, benshi bigiye mu Rwanda guhera 1996 bafite imirimo myiza nkabanyarwanda, ariko ntibibuza abandi gusebya ni kwifuriza ibibi u Rwanda benshi bali hanze yu Rwanda . Atali ubugoryi se ubona iki mu mutwe wabo? Ngo bababafate nka les vrais con-golais.
    Abandi ni bamwe bali mumakambi nko ku mugunga zashenywe, benshi bigize aba zairois, bo sukwanga u Rwanda gusa bajyanye ingengabitekerezo ya genocide, ibi byose ngo kugira bitwe aba zairois bumwimerere.
    Ubu abandi ikigezweho batangiye kwiga kuvuga ikirundi.
    Jye icyanshimisha nuko bagenda ubutagaruka mu Rwanda.
    Haranditswe ngo i kiremo gishaje ntikijya ku mwenda mushya.
    Divayi nshya mu rwabya rushya. U Rwanda rushya abanyarwanda bashya. This would be nu wishes.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru