• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Editorial 06 May 2018 SHOWBIZ

Nitwa Manzi Golden, ndi umusore w’imyaka 25 y’amavuko. Navukiye mu cyahoze ari komini Musambira ubu hakaba ari mu karere ka Kamonyi. Mu by’ukuri nashimishijwe cyane n’uru rubuga mwaduhaye aho mudusangiza byiza byinshi nyuma natwe mukaduha umwanya wo kuvuga akaturi ku mutima dore ko mbona ibi bizafasha benshi kubona byinshi nkenerwa mu rukundo ndetse no gusobanukirwa birushijeho icyo urukundo aricyo, impamvu yo gukunda n’ibyiza byarwo.

Njya ntangazwa kenshi no kumva urubyiruko bagenzi banjye bavuga ngo urukundo ntirukibaho ari nayo mpamvu yanteye kubandikira ngo mbahe ubuhamya mbahamiriza ko urukundo rwahozeho,ruriho kandi ruzahoraho n’ubwo nyine hari benshi bafite icyo nakwita défaut yo kubyirengagiza kuko umuntu wese muzima ufite umutima, agira uwo umutima we wumva wishimiye, akamubona nk’umurutira abandi muri byose. Aha benshi mwahita mutangira kuvuga ko benshi bahuzwa n’ibintu(materialism).

Ibyo bibaho rwose simbihakana ariko nguhamirije ko umuntu uzagukundira ibintu aba afite uwo umutima we wifuza ari nayo mpamvu urugo mwakubakana rudatinda gusenyuka kuko nyine aba ahari adahari. Ntatinze rero reka mbagezeho ubuhamya bwanjye mu bijyanye n’urukundo:

Ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye mu ntara y’amajyaruguru dore ko naturukaga iwacu mu majyepfo muri Kamonyi nk’uko nabibabwiye, umunsi umwe w’itangira ry’amashuri nateze imodoka ingeza mu karere ka Gicumbi ahahoze ari muri Byumba maze ngeze mu mujyi ntega umunyonzi dore ko kuva mu mujyi kugera ku ishuri byadusabaga gutega igare ry’amafaranga ijana.

Ntibyaje kumpira rero kuko igare nari ndiho ryaje gukora impanuka maze ndakomereka cyane mpita njyanwa mu bitaro bya Byumba dore ko nisanze ndyamye mu bitaro ntazi n’uburyo nahageze! Impanuka yanjye yambereye umugisha kuburyo ntazibagirwa ibyiza nahuye nabyo aho mu bitaro. Muti byagenze bite rero? Ubwo nari ndi mu bitaro, nta muntu n’umwe nari mfite wanyitaho ndetse habe ngo nagira n’uwo mbona nkamumenya cyane ko n’ubundi hari kure y’iwacu kandi ntanameze neza.

Aho mu bitaro sinagemurirwaga gusa nk’uko byumvikana nisungaga bagenzi banjye twabanaga iyo mu bitaro. Umunsi umwe maze no kugarura agatege, hari nimugoroba nka saa kumi n’ebyiri aho mu bitaro haje umukobwa usa ukwe wari ugemuriye nyirasenge nawe wari urwarije umwana muri ibyo bitaro.

Yaranyegereye aransuhuza, aranganiriza ndanyurwa. Yambajije byinshi kuri njye mubwiza ukuri kose nawe antega amatwi. Namubajije amazina ambwira ko yitwa Umutesi Carine nanjye mubwira ko nitwa Manzi. Mu by’ukuri numvaga ntacyo nakavuganye na Carine kuko nabonaga andenze mu buryo bwose. Bwarakeye Carine agaruka ku bitaro anatahana na nyirasenge wari usezerewe ariko buri munsi Carine yarangemuriraga,akansura kenshi ari kumwe n’abakobwa bagenzi be biganaga dore ko we yigaga hafi aho anataha mu rugo iwabo.

Mu by’ukuri twabwizanyije ukuri,amenya ko nkomoka mu cyaro hirya iyo kandi mu muryango ukennye. Carine yarantangaje cyane bitewe n’uburyo yicishaga bugufi kandi ari mwiza cyane anakomoka mu muryango w’abaherwe.

Carine yanyitayeho bihagije dore ko na mama we waje guhinduka mabukwe yari umubyeyi w’urukundo n’ubupfura bihebuje. Papa wa Carine waje guhinduka data bukwe we yakoraga kure y’aho kuko yari ahagarariye uruganda i Kigali we nari ntaramubona kuko yabonekaga gake. Carine yambaye hafi kugeza nsezerewe mu bitaro aramperekeza anjyana ku ishuri nkomeza amasomo yanjye.

Nyuma twarakundanye anyibonamo nanjye biba uko kandi mu by’ukuri nta butunzi cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose cyaduhuje kitari urukundo! Kugeza ubu turateganya kurushinga mu minsi ya vuba kandi uburyo tubanye kandi twabanye no mu minsi yashize bitangaza benshi.

Nagerageje kubivuga mu magambo make ubwo sinababwiye uburyo yansuye mu rugo ababyeyi bakamwishimira haba inyuma ndetse n’imico ye itagira amakemwa. Mu by’ukuri rero abahakana ko urukundo rubaho nzabatumira mu minsi itarambiranye namwe mwihere ijisho ubukwe bw’umusore n’umukobwa bakundanye uruzira icyasha.

2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Editorial 23 Jan 2018
Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]

Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]

Editorial 02 Jun 2018
Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Editorial 02 Jun 2018
Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Editorial 22 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo
POLITIKI

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Editorial 14 Jul 2017
Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba
Mu Rwanda

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Editorial 31 Mar 2017
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi
HIRYA NO HINO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Editorial 05 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru