• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Ubwanditsi 06 May 2018 SHOWBIZ

Nitwa Manzi Golden, ndi umusore w’imyaka 25 y’amavuko. Navukiye mu cyahoze ari komini Musambira ubu hakaba ari mu karere ka Kamonyi. Mu by’ukuri nashimishijwe cyane n’uru rubuga mwaduhaye aho mudusangiza byiza byinshi nyuma natwe mukaduha umwanya wo kuvuga akaturi ku mutima dore ko mbona ibi bizafasha benshi kubona byinshi nkenerwa mu rukundo ndetse no gusobanukirwa birushijeho icyo urukundo aricyo, impamvu yo gukunda n’ibyiza byarwo.

Njya ntangazwa kenshi no kumva urubyiruko bagenzi banjye bavuga ngo urukundo ntirukibaho ari nayo mpamvu yanteye kubandikira ngo mbahe ubuhamya mbahamiriza ko urukundo rwahozeho,ruriho kandi ruzahoraho n’ubwo nyine hari benshi bafite icyo nakwita défaut yo kubyirengagiza kuko umuntu wese muzima ufite umutima, agira uwo umutima we wumva wishimiye, akamubona nk’umurutira abandi muri byose. Aha benshi mwahita mutangira kuvuga ko benshi bahuzwa n’ibintu(materialism).

Ibyo bibaho rwose simbihakana ariko nguhamirije ko umuntu uzagukundira ibintu aba afite uwo umutima we wifuza ari nayo mpamvu urugo mwakubakana rudatinda gusenyuka kuko nyine aba ahari adahari. Ntatinze rero reka mbagezeho ubuhamya bwanjye mu bijyanye n’urukundo:

Ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye mu ntara y’amajyaruguru dore ko naturukaga iwacu mu majyepfo muri Kamonyi nk’uko nabibabwiye, umunsi umwe w’itangira ry’amashuri nateze imodoka ingeza mu karere ka Gicumbi ahahoze ari muri Byumba maze ngeze mu mujyi ntega umunyonzi dore ko kuva mu mujyi kugera ku ishuri byadusabaga gutega igare ry’amafaranga ijana.

Ntibyaje kumpira rero kuko igare nari ndiho ryaje gukora impanuka maze ndakomereka cyane mpita njyanwa mu bitaro bya Byumba dore ko nisanze ndyamye mu bitaro ntazi n’uburyo nahageze! Impanuka yanjye yambereye umugisha kuburyo ntazibagirwa ibyiza nahuye nabyo aho mu bitaro. Muti byagenze bite rero? Ubwo nari ndi mu bitaro, nta muntu n’umwe nari mfite wanyitaho ndetse habe ngo nagira n’uwo mbona nkamumenya cyane ko n’ubundi hari kure y’iwacu kandi ntanameze neza.

Aho mu bitaro sinagemurirwaga gusa nk’uko byumvikana nisungaga bagenzi banjye twabanaga iyo mu bitaro. Umunsi umwe maze no kugarura agatege, hari nimugoroba nka saa kumi n’ebyiri aho mu bitaro haje umukobwa usa ukwe wari ugemuriye nyirasenge nawe wari urwarije umwana muri ibyo bitaro.

Yaranyegereye aransuhuza, aranganiriza ndanyurwa. Yambajije byinshi kuri njye mubwiza ukuri kose nawe antega amatwi. Namubajije amazina ambwira ko yitwa Umutesi Carine nanjye mubwira ko nitwa Manzi. Mu by’ukuri numvaga ntacyo nakavuganye na Carine kuko nabonaga andenze mu buryo bwose. Bwarakeye Carine agaruka ku bitaro anatahana na nyirasenge wari usezerewe ariko buri munsi Carine yarangemuriraga,akansura kenshi ari kumwe n’abakobwa bagenzi be biganaga dore ko we yigaga hafi aho anataha mu rugo iwabo.

Mu by’ukuri twabwizanyije ukuri,amenya ko nkomoka mu cyaro hirya iyo kandi mu muryango ukennye. Carine yarantangaje cyane bitewe n’uburyo yicishaga bugufi kandi ari mwiza cyane anakomoka mu muryango w’abaherwe.

Carine yanyitayeho bihagije dore ko na mama we waje guhinduka mabukwe yari umubyeyi w’urukundo n’ubupfura bihebuje. Papa wa Carine waje guhinduka data bukwe we yakoraga kure y’aho kuko yari ahagarariye uruganda i Kigali we nari ntaramubona kuko yabonekaga gake. Carine yambaye hafi kugeza nsezerewe mu bitaro aramperekeza anjyana ku ishuri nkomeza amasomo yanjye.

Nyuma twarakundanye anyibonamo nanjye biba uko kandi mu by’ukuri nta butunzi cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose cyaduhuje kitari urukundo! Kugeza ubu turateganya kurushinga mu minsi ya vuba kandi uburyo tubanye kandi twabanye no mu minsi yashize bitangaza benshi.

Nagerageje kubivuga mu magambo make ubwo sinababwiye uburyo yansuye mu rugo ababyeyi bakamwishimira haba inyuma ndetse n’imico ye itagira amakemwa. Mu by’ukuri rero abahakana ko urukundo rubaho nzabatumira mu minsi itarambiranye namwe mwihere ijisho ubukwe bw’umusore n’umukobwa bakundanye uruzira icyasha.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’

Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 03 Mar 2018
AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

RUSHYASHYA 28 May 2026
Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Ubwanditsi 11 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2019
Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017
Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame
Amakuru

Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 24 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru