• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Ubwanditsi 06 May 2018 SHOWBIZ

Nitwa Manzi Golden, ndi umusore w’imyaka 25 y’amavuko. Navukiye mu cyahoze ari komini Musambira ubu hakaba ari mu karere ka Kamonyi. Mu by’ukuri nashimishijwe cyane n’uru rubuga mwaduhaye aho mudusangiza byiza byinshi nyuma natwe mukaduha umwanya wo kuvuga akaturi ku mutima dore ko mbona ibi bizafasha benshi kubona byinshi nkenerwa mu rukundo ndetse no gusobanukirwa birushijeho icyo urukundo aricyo, impamvu yo gukunda n’ibyiza byarwo.

Njya ntangazwa kenshi no kumva urubyiruko bagenzi banjye bavuga ngo urukundo ntirukibaho ari nayo mpamvu yanteye kubandikira ngo mbahe ubuhamya mbahamiriza ko urukundo rwahozeho,ruriho kandi ruzahoraho n’ubwo nyine hari benshi bafite icyo nakwita défaut yo kubyirengagiza kuko umuntu wese muzima ufite umutima, agira uwo umutima we wumva wishimiye, akamubona nk’umurutira abandi muri byose. Aha benshi mwahita mutangira kuvuga ko benshi bahuzwa n’ibintu(materialism).

Ibyo bibaho rwose simbihakana ariko nguhamirije ko umuntu uzagukundira ibintu aba afite uwo umutima we wifuza ari nayo mpamvu urugo mwakubakana rudatinda gusenyuka kuko nyine aba ahari adahari. Ntatinze rero reka mbagezeho ubuhamya bwanjye mu bijyanye n’urukundo:

Ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye mu ntara y’amajyaruguru dore ko naturukaga iwacu mu majyepfo muri Kamonyi nk’uko nabibabwiye, umunsi umwe w’itangira ry’amashuri nateze imodoka ingeza mu karere ka Gicumbi ahahoze ari muri Byumba maze ngeze mu mujyi ntega umunyonzi dore ko kuva mu mujyi kugera ku ishuri byadusabaga gutega igare ry’amafaranga ijana.

Ntibyaje kumpira rero kuko igare nari ndiho ryaje gukora impanuka maze ndakomereka cyane mpita njyanwa mu bitaro bya Byumba dore ko nisanze ndyamye mu bitaro ntazi n’uburyo nahageze! Impanuka yanjye yambereye umugisha kuburyo ntazibagirwa ibyiza nahuye nabyo aho mu bitaro. Muti byagenze bite rero? Ubwo nari ndi mu bitaro, nta muntu n’umwe nari mfite wanyitaho ndetse habe ngo nagira n’uwo mbona nkamumenya cyane ko n’ubundi hari kure y’iwacu kandi ntanameze neza.

Aho mu bitaro sinagemurirwaga gusa nk’uko byumvikana nisungaga bagenzi banjye twabanaga iyo mu bitaro. Umunsi umwe maze no kugarura agatege, hari nimugoroba nka saa kumi n’ebyiri aho mu bitaro haje umukobwa usa ukwe wari ugemuriye nyirasenge nawe wari urwarije umwana muri ibyo bitaro.

Yaranyegereye aransuhuza, aranganiriza ndanyurwa. Yambajije byinshi kuri njye mubwiza ukuri kose nawe antega amatwi. Namubajije amazina ambwira ko yitwa Umutesi Carine nanjye mubwira ko nitwa Manzi. Mu by’ukuri numvaga ntacyo nakavuganye na Carine kuko nabonaga andenze mu buryo bwose. Bwarakeye Carine agaruka ku bitaro anatahana na nyirasenge wari usezerewe ariko buri munsi Carine yarangemuriraga,akansura kenshi ari kumwe n’abakobwa bagenzi be biganaga dore ko we yigaga hafi aho anataha mu rugo iwabo.

Mu by’ukuri twabwizanyije ukuri,amenya ko nkomoka mu cyaro hirya iyo kandi mu muryango ukennye. Carine yarantangaje cyane bitewe n’uburyo yicishaga bugufi kandi ari mwiza cyane anakomoka mu muryango w’abaherwe.

Carine yanyitayeho bihagije dore ko na mama we waje guhinduka mabukwe yari umubyeyi w’urukundo n’ubupfura bihebuje. Papa wa Carine waje guhinduka data bukwe we yakoraga kure y’aho kuko yari ahagarariye uruganda i Kigali we nari ntaramubona kuko yabonekaga gake. Carine yambaye hafi kugeza nsezerewe mu bitaro aramperekeza anjyana ku ishuri nkomeza amasomo yanjye.

Nyuma twarakundanye anyibonamo nanjye biba uko kandi mu by’ukuri nta butunzi cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose cyaduhuje kitari urukundo! Kugeza ubu turateganya kurushinga mu minsi ya vuba kandi uburyo tubanye kandi twabanye no mu minsi yashize bitangaza benshi.

Nagerageje kubivuga mu magambo make ubwo sinababwiye uburyo yansuye mu rugo ababyeyi bakamwishimira haba inyuma ndetse n’imico ye itagira amakemwa. Mu by’ukuri rero abahakana ko urukundo rubaho nzabatumira mu minsi itarambiranye namwe mwihere ijisho ubukwe bw’umusore n’umukobwa bakundanye uruzira icyasha.

2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Ubwanditsi 14 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.
Amakuru

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo
INKURU NYAMUKURU

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye
Amakuru

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru