• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»FERWAFA yareze Uganda muri CAF

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Editorial 27 Apr 2016 Mu Mahanga

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryareze Uganda kuba yarakinishije umukinnyi ufite ibyangombwa bitandukanye mu mikino ibiri Uganda yasezereyemo u Rwanda mu bakinnyi batarengeje imyaka 20.

Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Uganda y’abatarengeje imyaka 20 yasezereye iy’u Rwanda ku giteranyo cy’ibitego 3-2 nyuma y’aho amakipe yombi anganyirije igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye mu Rwanda nyuma u Rwanda rugatsindwa na Uganda ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Uganda.

Nyuma yo gusezererwa na Uganda Hippos, Kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Mata 2016, Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyikirije Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF ikirego rishinja Uganda kuba yarakinishije umukinnnyi ufite ibyangombwa bidahuye.

Nkuko Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Degaule, yabibwiye Inyarwanda.com mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 27 Mata 2016, FERWAFA yashyikirije Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika ikirego ku mukinnyi witwa Aheebwa James waba warakinishijwe afite ibyangombwa bidahuye.

Nzamwita yagize ati “ Ubundi hari itegeko rya CAF rivuga ko abakinnyi bakinira amakipe y’abatarengeje imyaka 20, ibyangombwa byabo byo muri CAF bigomba kuba bisa n’ibiri kuri `passeport’ ; hari umwe twasanze rero bidahuye na mba haba amatariki n’ukwezi ndetse n’imyaka, ibiri kuri passeport ntaho bihuriye rwose n’ibyangombwa bye biri muri muri CAF’’

Nzamwita yakomeje agira ati “ Twebwe rero nk’abantu bakunze kugirwaho ingaruka n’ayo mategeko , twaravuze tuti `reka natwe tujye turega rimwe na rimwe turebe niba hari icyo byatanga’’.

Degaule yavuze ko uyu mukinnyi batanzeho ikirego ari uwitwa James Ahebwa umunyezamu wari urinze izamu ku mukino wo kwishyura u Rwanda rwatsinzwemo ibitego 2-1 na Uganda ndetse akaba yari yinjiye mu kibuga asimbuye Saidi Keni wahawe ikarita itukura mu gice cya kabiri ku mukino ubanza wabereye mu Rwanda.

-2730.jpg

Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Degaule

Perezida wa FERWAFA kandi yavuze ko batanze iki kirego bagiherekeresheje amadolari 2000 bazasubizwa mu gihe FERWAFA izaba itsinze iki kirego.

Mu gihe u Rwanda rwaba rutsinze iki kirego, Uganda yahita isezererwa u Rwanda rukazahura na Misiri yagombaga guhura na Uganda bahatanira itike y’igikombe cya Afurika cy’umupira w’amaguru cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia.

2016-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

Editorial 26 Jul 2016
Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Editorial 15 Jan 2022
Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Editorial 03 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’
Amakuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.
Amakuru

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Editorial 01 May 2021
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110
HIRYA NO HINO

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru