• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yizewe Rushyashya ikesha abari muri Uganda, arahamya ko mu Banyarwanda Leta ya Uganda idahwema kurunda ku mupaka w’icyo gihugu n’u Rwanda harimo n’abo yohereza mu bikorwa yo guhungabanya umutekano mu Rwanda.

Nibyo, muri abo Banyarwanda bava muri Uganda abenshi ni abo urwego rw’ubutasi rwa Uganda, CMI, rujugunya ku mupaka rumaze kubakorera iyicarubozo, rubabeshyera kuba intasi z’u Rwanda. Ibimenyetso simusiga bigaragaza ko baba barakubiswe, bagafungirwa ahantu hatazwi, bagacuzwa utwabo, mbere yo guhambirizwa shishi itabona, bakabarunda ku mupaka abenshi baranahungabanye.

Icyakora, amakuru yizewe yamaze kutugeraho arahamya ko muri abo bantu haba harimo n’abari mu butumwa bahabwa na Gen Abel Kandiho utegeka CMI, abandi bakaba abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba wa RNC ya Kayumba Nyamwasa. Biravugwa ko babanza guhabwa imyitozo n’amahugurwa, bakohererwa mu bukangurambaga bwo gushakira Kayumba Nyamwasa abandi bayoboke, ndetse no mu bikorwa byo guhungabanya umutekano, ndetse no kwangisha abaturage ubuyobozi binyuze mu bitangazamakuru bikoreshwa n’Interahamwe n’ibigarasha, nka Ishema TV, Umurabyo TV, Pax TV, n’ibindi byiyemeje guhindanya isura y’u Rwanda.

Abaduhaye aya makuru barahuriza ku rugero rw’uwitwa Shyaka Gilbert uherutse kugaruka mu Rwanda, akaza avuga ko yitandukanyije n’ibikorwa bibi yari yarashowemo na CMI. Nyamara ibyo avuga ngo byaba ari ukuyobya uburari, kuko agikorana bya hafi na Gen Abel Kandiho, akaba yaroherejwe mu Rwanda gukomeza umugambi yari yaratangiye wo gukwiza ibinyoma no kwangisha abaturage ubuyobozi.

Abakurikiraniye hafi ikibazo cy’uyu Shyaka Gilbert basanga kwakira umwana w’ikirara ari ngombwa ku mubyeyi wese, icyakora mbere yo kumugirira impuhwe no kwizera ibyo avuga, ngo hakwiye kubanza gushishoza niba koko yarahindutse, byaba na ngombwa amategeko akamuryoza icyari cyamuteye kugambanira Igihugu.

Inzego z’umutekano mu Rwanda zisanzwe zizwiho ubushishozi ntagereranywa, ari nabyo dukesha uyu mutuzo Abaturarwanda twese twishimiye. Icyakora ntihazabeho kwibeshya ku bantu, ngo twibwire ko umuntu wese uvuye muri Uganda aba ari inzirakarengane, kuko byamaze kumenyekana ko harimo na ba gatumwa!

2022-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Ubwanditsi 20 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Ubwanditsi 04 Dec 2021
U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.
Amakuru

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru