• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

Editorial 30 Jul 2018 SHOWBIZ

Zao Zoba, umuhanzi waciye ibintu mu ndirimbo ye yitwa ‘Ancien Combattant’ yishimiwe n’abitabiriye igitaramo cya mbere cya FESPAD naho itsinda rya Sauti Sol ryagombaga kuririmbira i Kigali rihagera benshi batashye birangira ritaririmbye.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Nyakanga 2018, muri Parking ya Stade Amahoro, ahari hateraniye imbaga yitabiriye ibirori bifungura FESPAD igakomeza kwizihirwa itaramirwa n’abahanzi barimo Knowless Butera, Bruce Melodie ndetse na Zao Zoba wo muri Congo Brazzaville.

Ahagana saa mbiri abize umuziki mu ishuri rya WDA ryahoze ku Nyundo rikimurirwa i Muhanga babanje kukanyuzaho baririmba indirimbo zirimo “Humura Rwanda” ya Kamaliza ndetse na “Hora Ihorere Mama” ya Canjo Hamisi. Bakurikiwe na Igor Mabano wahize kuri ubu akaba abigisha yizihira benshi mu ndirimbo ze zitandukanye.

Knowless Butera yaririmbye “Ko Nashize,” “Sweet Mutima,” “Uzagaruke,” “Baramushaka,” “Ujya unkumbura,” ajya no ku z’abandi bahanzi zakanyujijeho nka “Ihorere Mwiza Wanjye” ya Orchestre Inono na “Naraye Ndose” ya Kamaliza. Uyu muhanzi yishimiwe n’abarimo urubyiruko rwari rwiganje muri iki gitaramo.

Yakurikiwe na Bruce Melodie wibanze ku ndirimbo ze zikunzwe muri iyi minsi n’izo yatangiriyeho kuririmba zamumenyekanishije. Yahereye ku ndirimbo “Ndumiwe,” “Ntundize,” “Embeera Zo,” “Ikinya,” “Twatoye Twatsinze,” asoreza ku iharawe yakoranye na Urban Boyz n’abandi bahanzi yitwa “Nta Kibazo” yanakoze mu buryo bw’igisirimba bigatangaza benshi.

Zao Zoba wari utegerejwe na benshi muri iki gitaramo yinjiye ku rubyiniro mu ngendo ya gisirikare ndetse yambaye nka bo. Yinjiye asuhuza abitabiriye mu Kinyarwanda ati “Amakuru ki? Amahoro.”

Yahise yanzika n’indirimbo “Ancient Combatant” yakanyujijeho hambere mu butumwa bwamagana intambara ayiririmba agendana n’abitabiriye iki gitaramo wabonaga ko bazi menshi mu magambo ayigize. Yakunze kwitsa ataka ibyiza yasanze mu Rwanda, mu nyikirizo yayo yongeramo amagambo yumvikanisha ko ari igihugu kitakiri ahabi.

Yagize ati “Urakabaho Rwanda, mwese nimumanike amaboko, igihugu gifite amahoro.”

Zao Zoba yishimiwe cyane mu ndirimbo ‘Ancient Combatant’

Yaririmbye izindi ndirimbo ze ebyiri zirimo “Soulard” na yo yamenyekanye cyane anerekana ubuhanga mu kwicurangira ‘guitar’ n’imbyino zihariye zashimishije abitabiriye iki gitaramo ku rwego rwo hejuru.

Nubwo uyu muhanzi yari amaze gususurutsa benshi ndetse bategereje gukomezanya uburyohe n’itsinda rya Sauti Sol, babwiwe ko riri kuva ku kibuga cy’indege rirahagera n’abari hafi y’ahabereye igitaramo bemererwa kwinjira ngo barebe aba bahanzi, ibyuma biranjije gutunganywa mu buryo butunguranye abitabiriye babwirwa ko Sauti Sol itakiririmbye.

Ibi byababaje benshi mu bari bayitegereje igihe kigera ku isaha yose bazi ko iri buririmbe ariko bikaza kurangira nubwo yari yahageze itiyeretse abafana. Amwe mu makuru avuga ko yari ifite ikindi gitaramo mu kabyiniro gihuje amasaha n’igihe yagereye i Kigali.

Abahanzi baririmbye mu gitaramo cya mbere cya FESPAD bari babanjirijwe n’ibirori byiganjemo imbyino byabaye ku manywa

Abahanzi bo mu Rwanda baririmbye muri iki gitaramo bacurangiwe na Sebeya Band igizwe n’abize umuziki mu ishuri rya WDA

Abahanzi bose baririmbye mu buryo bwa Live

Bruce Melodie ukunzwe mu ndirimbo ‘Nta Kibazo’

Ibirori byabanjirije igitaramo cya mbere cya FESPAD byakurikiwe n’abayobozi batandukanye

Knowless Butera yaririmbye indirimbo ze zitandukanye zishimiwe n’abiganjemo urubyiruko bari bari muri iki gitaramo

Yakanyujijeho no mu gucuranga ‘guitar’

Yari afite n’ababyinnyi bamuherekeza mu mbyino zo muri Congo Brazaville

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Editorial 09 Apr 2021
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Editorial 09 Oct 2017
Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?

Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?

Editorial 23 Jan 2018
Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Editorial 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )
Mu Mahanga

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Editorial 19 Dec 2016
Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania
Mu Rwanda

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Editorial 21 Jul 2017
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 17 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru