• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Editorial 26 Mar 2018 POLITIKI

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yatangaje ko yizeye gusubirana inzu ye yatanzeho ingwate kugira ngo abone amafaranga yo kwiyamamaza mu matora ya Perezida aherutse.

Muri Nyakanga umwaka ushize nibwo Habineza yatangaje ko kugira ngo abone amafaranga yo gushora mu bikorwa byo kwiyamamaza, yasabye ideni muri banki, inzu ye aba ariyo agira ingwate.

Ntiyatangaje umubare w’amafaranga yagurijwe ariko icyo gihe yari afite impungenge z’aho azakura ubwishyu.

Mu matora ntiyahiriwe kuko mu majwi ntakuka yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Paul Kagame watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi ni we watowe ku majwi 98,79 %, umukandida wigenga Mpayimana Philippe agira 0.73% naho Frank Habineza agira 0.48%.

Itegeko rigena ko umukandida asubizwa amafaranga yakoresheje mu kwiyamamaza iyo abashije kugira 5%, bivuze ko umukandida rukumbi wayagize ari na we wasubijwe ayo yakoresheje ari Paul Kagame.

Dr Frank Habineza  yabwiye igihe dukesha iyi nkuru ko amaze kwishyura amafaranga menshi ku yo yari yagurijwe ku buryo nta mpungege ko inzu ye igitejwe cyamunara.

Yagize ati “Ubu maze kwishyuraho hafi 70 % ku buryo nta mpungenge nyinshi cyane nkifite ko bazantereza cyamunara. Ni nayo mpamvu nari maze iminsi mpuze cyane. Nari ndi muri ibyo bibazo byose byo kureba ko imitungo yanjye itatwarwa. Ndizera ko mu minsi ya vuba nzaba nabirangije.”

Dr Habineza asanzwe ari umuyobozi w’Urugaga rw’imiryango irengera ibidukikije muri Afurika (Africa Greens Federation) ndetse ni umwe mu bagize Komite Nshingwabikorwa y’Umuryango ushinzwe kurengera ibidukikije ku Isi (Global Greens).

Avuga ko iyo imirimo itandukanye akora ari yo imufasha kwishyura ideni yafashe.

Nubwo ateruye, Habineza yagaragaje ko ideni aryishyura ku giti cye aho kuba ishyaka. Ati “N’abarwanashyaka barayatanga ariko iyo natanze ingwate ku giti cyanjye mba ngombwa kwirwanaho, ntabwo nategereza ngo abarwanashyaka bazayatange ahubwo bo ubu bafite inshingano zo gushaka amafaranga azajya mu matora y’abadepite kuko urumva ntabwo nakongera gutanga ingwate y’inzu.”

Bizeye gutabarwa n’Imana mu matora y’abadepite

Dr Habineza yavuze ko imyiteguro y’amatora y’abadepite bayigeze kure. Guhera mu mpera z’umwaka ushize, bari kuzenguruka mu turere batora abantu babiri muri buri Karere bazabahagararira.

Yavuze ko kugeza ubu bimeze neza kandi bizeye ubutabazi bw’Imana ngo bitabazagendekera nkuko byagenze mu matora ya Perezida.

Yagize ati “Mu mezi make dutangiye ntabwo twigeze ducika intege nubwo twatsinzwe amatora ya Perezida, twaravuze tuti ‘nubwo dutsinzwe reka dushyiremo imbaraga wasanga Imana yadutabara n’abaturage bakatwibuka mu matora y’abadepite’.”

Ishyaka Green Party kandi hari bimwe ryagiye risaba ko bihindurwa mu itegeko rigenga amatora ariko ntibyakozwe. Muri byo harimo kugabanya umubare w’amajwi asabwa ishyaka kugira ngo ribashe kubona imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, guhabwa amafaranga abafasha kwitegura mbere yo kwiyamamaza n’ibindi.

Nubwo ubusabe bwabo butashyizwe mu bikorwa, Dr Habineza avuga ko batazacika intege, ngo bazakomeza kubisaba kuko batabikora mu nyungu zabo.

Ati “Ntabwo twavuga ngo amatora tuzayavamo ariko niyo twakwinjiramo (mu Nteko) icyo gitekerezo tuzagitanga kugira ngo n’abandi bari inyuma yacu bazashobore kwinjira. Ibyo byemewe amashyaka yose n’ariya ajya kwifatanya n’andi (coalition) byayorohera. Ntabwo ari inyungu zacu turaharanira.”

Biteganyijwe ko amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’abadepite azaba ku wa 2 no ku wa 3 Nzeli 2018.

2018-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Editorial 06 Sep 2017

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Editorial 29 Dec 2025
RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Editorial 13 Jan 2019
Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Editorial 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe
IMIKINO

Mu Budage abakinnyi bemeye kugabanyirizwa umushahara kubera Coronavirus, aba FC Barcelone ntibabivugaho rumwe

Editorial 26 Mar 2020
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange
UBUKUNGU

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Editorial 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru