• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Editorial 13 May 2017 Mu Rwanda

Nzabakiriraho Félicien ntiyiyumvisha uko ategekwa kugurisha isambu ye ngo yishyurire umwana we wafatiwe mu cyuho yiba iduka yarariraga.

Ubuyobozi bw’umudugudu ngo bwamwemeje ku ngufu ko isambu ye ayigurisha ngo yishyure amafaranga ibihumbi 200 Ndahayo Samuel yibye mu bihe bitandukanye.

Nzibaza, umucuruzi wo muri ako gace, mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi, ni we watanze amafaranga yagombaga kwishyurwa, atayasubizwa ejo akegukana iyo sambu.

Nzabakiriho avuga ko abayobozi b’imidugudu ya Nyagasambu na Karaba n’abashinzwe umutekano, bamukinguje mu ma saa kumi z’igitondo bamuzaniye umwana we bamugize intere.

“Bamunzaniye ngo yibye, bakaba bamuhondaguye bamugize intere, baraza bafata ubutaka bwanjye barabugurisha, n’igare ry’uwo mwana baba bararijyanye.”

Nzabakiriho akomeza agira ati “Nzibaza arambwira ngo angurize amafaranga ibihumbi 150 hanyuma nkazayamuha ejo nkamwungukira ibihumbi 20, bafata na rya gare rya wa mwana na ryo bararifite, na telefone ye bayimwambuye barayifite.”

Uyu mugabo avuga ko nta bushobozi afite bwo kwishyura ayo mafaranga yatanzwe na Nzibaza, akavuga ko yibaza uko azatunga umuryango Nzibaza namara gutwara iyo sambu bikamushobera.

Ati “Ubundi uwo mwana niba yibye bakagombye kumujyana mu butabera aho kuntwarira isambu, ariko ntaho bamujyanye babirangirije hano mu mudugudu, iyo sambu ubu iri mu maboko ya Nzibaza ngo ejo nzamwishyura ibihumbi 170, nintayabona ngo isambu azaba ayegukanye.”

Ndahayo Samuel ngo yemera ko yibye ndetse ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka yarariraga, iri joro akaba yafashwe yibye amafaranga ise umubyara avuga ko ari 3500 ariko umuyobozi w’umudugudu wa Nyagasambu akavuga ko ari 3750.

Mugabo Théoneste uyobora umudugudu wa Nyagasambu avuga ko muri iryo duka bahasanze umwobo Samuel yari yaracukuye mu rukuta, agafata inkoni iziritseho ka rukuruzi yohereza mu cyumba kirimo amafaranga agakurura ibiceri.

Avuga ko bene iduka barishinze ku nguzanyo ya banki, bityo isambu ya se w’uwafashwe yiba ikaba igomba kugurishwa ngo hishyurwe ibyibwe, cyane ko uwo musore w’imyaka 18 yemera ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka ndetse na se akaba ngo yemeye kwishyurira umwana we nta gahato.

Mu gihe Mugabo avuga ko Nzabakiriraho yemeye gutanga isambu ye atabihatiwe, uyu musaza yahamirije Izubarirashe.rw ko nta kuntu yagurisha isambu atagira indi, avuga ko yabihatiwe n’abayobozi b’imidugudu n’abashinzwe umutekano muri iyo midugudu ya Nyagasambu na Kiraba, ndetse ko yabyemeye ubwo bamwukaga inabi bashaka no kumukubita, akavuga ko isambu ye itanakwiye amafaranga ibihumbi 200 bayigeneye.

Nyuma yo kumva ibivugwa n’impande zombi, twavuganye n’umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Manzi Théogene, asa n’uguye mu kantu, ati “ibyo ntibishoboka!”

Manzi avuga ko ubuyobozi bw’akarere budashobora gushyigikira ko ikibazo gikemurwa mu buryo butanyuze mu mategeko, ati “Ibyo ntabwo bikwiriye, umuyobozi w’umudugudu ashobora kwibeshya agatandukira atyo ariko ntabwo bishoboka ko byakorwa gutyo.”

Yasabye umunyamakuru kumuha agahe gato ngo abanze abaze amakuru neza, mu kanya agaruka agira ati “Ibyo wavugaga ni byo ariko turabihagarika, biriya ntibyemewe, n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge turavuganye, uwo muturage agomba gusubizwa isambu ye.”

Muri uyu mudugudu wa Nyagasambu, bivugwa ko mu bihe byashize hari indi sambu yagurishijwe muri ubu buryo ngo hishyurwe ibyibwe, uwayiguze aza kwihombere nyuma y’aho ubuyobozi bwo hejuru bubimenyeye bugatesha agaciro ubwo bugure.

2017-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Editorial 27 Aug 2024
Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi  muri Gabon

Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi muri Gabon

Editorial 04 Dec 2016
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Editorial 20 Apr 2018
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Editorial 25 Sep 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Tina
    May 1, 20186:51 am -

    Kwandika ubusa. com! Nsomye imirongo mike ya mbere mbura icyo nkuramo mpita ndekera…uyu ni umunyamakuru cyangwa????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora
POLITIKI

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Editorial 07 Jan 2019
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League
IMIKINO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018
Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.
Amakuru

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Editorial 15 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru