• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Editorial 07 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Inzego zishinzwe umutekano mu burengerazuba bushyira amajyepfo mu bice byegereye umupaka w’u Burundi zirahumuriza abaturage bahatuye ko nta kibazo cy’umutekano gihari.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 05 Nzeri, nibwo abayobozi b’ingabo n’ab’intara y’Uburengerazuba bagiranye ibiganiro n’abaturage nyuma yo kubonana n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rusizi mu masaha ya mbere ya saa sita.

Gen. Major Alexis Kagame, ukuriye division ya 3 y’ingabo z’u Rwanda ikorera mu burengerazuba, Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba, Munyentwari Alphonse, n’abandi bayobozi baturutse mu gisirikare n’igipolisi no mu nzego za gisivili ni bo babonanye n’abaturage.

Gen. Kagame akaba yarabwiye abaturage ko kuri ubu hari impuha nyinshi zikwirakwizwa mu buryo butandukanye biturutse ku tubazo yise duto twabaye mu majyepfo y’igihugu muri Nyaruguru, ababwira ko badakwiye gukuka umutima kubera izo nkuru.

Yagize ati: “Nta byacitse..nta kuvuga ngo abantu bafite ubwoba..uretse yuko haba hari ibihuha bitandukanye biza mu buryo butandukanye..ugasanga biri ku ma websites, …y’uko hari intambara, nta ntambara iri muri iki gihugu. Iyi province iratekanye kuva Rubavu kugera aha”

Yakomeje avuga ko mu Rwanda nta kibazo gihari, nta byacitse asaba abaturage gutunganirwa, bagahinga bakeza, bakaryama bagasinzira.

Gen Maj. Kagame ariko yasabye abaturage kutirara kuko n’ubundi abagambiriye guhungabanya umutekano w’igihugu batari kure kandi bakoresha ibihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abasaba gukorana n’inzego z’umutekano bakaba maso.

Ati: “Ni byiza rero ko buri wese ahora ari maso..kureba abantu batameze neza bashaka guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibyongibyo ntabwo twanabibahisha. Abenshi bahekuye iki gihugu, abenshi baracyari muri Congo hano. Ari FDLR, ari abitwa aba CNRD bose bari aha. Bamwe bakoresha u Burundi abandi bagakoresha Congo.”

Yongeyeho ko nubwo ibyo byose bihari, bitabuza u Rwanda iterambere, bitabuza kubaho neza ndetse no gutekana kuko ngo inzego z’umutekano zirinze umupaka kandi ari inshingano zazo hakaba n’abaturage bafatanya nazo.

Yakomeje avuga ko icyabazinduye ari ukwibukiranya gusa inshingano no kongera kuba maso.

Ubwo yakomozaga ku byatangajwe na Callixte Sankara uvuga ko avugira umutwe wa FLN, uvuga ko ugamije kubohora igihugu, nyuma y’ibitero by’abitwaje intwaro byagabwe mu Murenge wa Nyabimata nyuma bagahungira mu ishyamba rya Nyungwe,Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwari Alphonse yasabye abaturage kubeshyuza ibitangazwa n’abagamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ati: “Umuntu akaduka ati twafashe igice cy’igihugu turagifite…;umuntu yavuga ko yafashe ahantu uri uhagaze, gute se kandi uhari wowe uriho ubireba we abibarirwa cyangwa bamubeshya” .

Guverineri Munyentwari yakomeje avuga ko kwirinda ibihuha ari ngombwa ariko hakabaho no kubibeshyuza. Ati: “Nta nubwo tugomba kubaho nk’aho abantu tuvuga ngo ntitwemera ibihuha byose bituzaho. Tugomba no kubibeshyuza kuko twebwe turahari. Abaturage bagomba kubibeshyuza, urubyiruko rugomba kubibeshyuza ahubwo ntibinaturangaze kuko abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu ibihuha barabyohereza bazahora banabyohereza.”

Ku mugoroba wo kuwa 19 Kamena 2018, nibwo abantu  bitwaje intwaro bateye Umurenge wa Nyabimata wo mu Karere ka Nyaruguru bica abantu 2, barasa Gitifu ku bw’amahirwe ntiyapfa, bamutwikira imodoka n’icumbi yabagamo, bashimuta abantu mbere yo gusubira inyuma banyuze mu Ishyamba rya Nyungwe bari bateye baturukamo. Iki gitero nyuma kikaba cyarigambwe n’umutwe wa FLN.

2018-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Editorial 15 Jan 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Editorial 09 Aug 2018
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Editorial 14 Oct 2021

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 7, 20182:45 pm -

    Ntimwirare ntabwo waba ufie abo wita abanzi b igihugu{ba leta} ngo uryame usinzire. Ikindi ntiwaba ufite ibihugu by ibituranyi mudacana uwaka ngo uvuge uti: Dufite umutekano. None se ibyiza si uko mwabwira abo babarwanya bagaytaha???Ese mwakumvikanye izi ntamba zo kuva 1990 zikarangira???

    Subiza
  2. KATSIBWENENE
    September 8, 20189:31 am -

    LILLE wasetsa nuvuye guhamba nyina. Kumvikana bivuze gusangira ubutegetsi kuko iyo umuntu agutera aba ashaka ubutegetsi ntakindi. ubwo rero iyo udaciye mu matora ugahitamo ishyamba, uba ugomba kugaragaza ko ishyamba urishoboye(ishyamba ni iry’intare si iry’inyemera) naho kumvikana ntawumvikana na chariratant.

    Subiza
  3. semajeli ramadhan
    September 8, 20186:00 pm -

    Lille ntasetsa gusa ahubwo nta nubwo akurikira gahunda za leta y,u Rwanda

    none se ni ryari batabasaba gutaha ahubwo bakaba bakijirajira mu mashyamba ya Congo n,u Burundi
    ngo barashaka kuza ku ngufu
    Gusa,nibaza ku ngufu bazakabona.

    ariko mbaze babona abaje barabaye iki?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage
Mu Mahanga

Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage

Editorial 11 Oct 2017
Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Editorial 01 Jun 2016
AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Editorial 17 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru