• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Editorial 14 May 2018 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ingabo, Gen. Kabarebe James, yavuze ko Inkotanyi zifata icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda zitigeze zihubuka na rimwe, ahubwo zari zifite intego nyayo yo kurwanya ubutegetsi bubi bwari bwaraciyemo ibice Abanyarwanda.

Mu muhango wo kwibuka urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, Gen. Kabarebe yagarutse ku buryo urugamba rwatangiye, ingabo z’Inkotanyi ari nke ugereranyije n’iza leta, hakagira abapfira ku rugamba ariko ntibacike intege kuko bari bazi intego barwanira.

Icyo gihe ni bwo umuhanzi wamenyekanye mu kubiba urwango mu Banyarwanda abicishije mu ndirimbo, Bikindi Simeon, yaririmbaga ko Inkotanyi bazimaze.

Yavuze uburyo urugamba rutangira mu 1990, Bikindi yaririmbaga uburyo ingabo za leta ya Habyarimana zarashe Inkotanyi zikazimara ariko akibagirwa ko Inkotanyi zifite umugambi ukomeye ari na yo mpamvu zakomeje kurwana ntizisubire inyuma kugeza zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati “Iyo guverinoma ibyo yakoraga byose yirengagizaga ko igitekerezo cyari mu mitwe y’Inkotanyi cyari gifite imbaraga nyinshi cyane kurusha uko bazibonaga barwana na zo. Babona ibitero bya mbere mu 1990, babona banyanyagiza Inkotanyi hariya muri parike mu Mutara, bazica hejuru bakibaza ngo batsinze urugamba. Ntabwo ushobora gutsinda urugamba utatsinze ikiri mu mutwe w’abo urwana na bo, ntabwo bishoboka.”

Urugamba rugitangira kandi ngo hari abana bavaga mu mashuri bakajya mu gisirikare, bagahabwa imyitozo, ariko na bo kubera igitekerezo cyiza cy’urugamba ntibigeze bahunga na gato.

Ati “Biriya Bikindi yavugaga mu ndirimbo ye sinzi ko muyizi avuga ngo ‘Nyamuhemura nabaguye gitumo ngo dore ko iyo noga ikirere ndusha iyo hejuru kubanguka’; ibyo byose ni byo, ibyo Bikindi yavugaga ni byo ijana ku ijana. Aho Nyamuhemura avuga hari ibihumbi bibiri cyangwa bitatu by’abana b’abanyeshuri, bari baje mu mahugurwa ya gisirikare, baza ari benshi tubashyira ku Akagera, dutangira kubatoza. Habyarima azana indege yiba ikirere cya Tanzania abasanga aho ngaho ku myitozo arabarasa. Bikindi ahita abishyira muri iyo ndirimbo.”

Gen. Kabarebe avuga ko icyo Bikindi atamenye ari uko Inkotanyi zitigeze zicika intege ngo zihunge ahubwo zakomeje umurego.

Ati “Icyo atashoboye kumenya ni uko abo bana barashishije indege ntawahunze n’umwe, bagumye ku rugamba, bararwana.”

Iyo ndirimbo ikomeza ivuga ngo ‘i Matimba yarabegeranyije arabatikura arabacucuma ngo Bunyenyezi na Bayingana biyambaje iyo hejuru ngo irabahakanira.’

Gen. Kabarebe ati “Ni byo i Matimba barahabiciye, ni ho Bunyenyezi ni ho Bayinga n’abandi; ariko barwanaga intambara yo kuvuga ngo narashe natsinze ariko bakibagirwa icyo barwanya ko badashobora gutsinda, icyo barwanyaga badashobora gutsinda ni igitekerezo gikomeye cyane, igitekerezo cyo kubohora u Rwanda no guhagarika jenoside ntabwo ari igitekerezo warwanya ngo utsinde n’ubwo wazana ibintu bingana iki.”

Yunzemo ati “Nubwo wazana Abazayirwa bazanye mu 1990, ukazana Abafaransa, ukazana bande bose, ukazana interahamwe zingana iki, igitekerezo cyo kubohora u Rwanda, cyo guhagarika jenoside ntabwo ushobora kugitsinda. Nta n’umwe wagitsinda. Nta n’ubwo gitsindwa n’imibare. Ni ikibazo cy’icyo abantu barwanira.”

Yashimangiye ko icyahagaritse jenoside ari igitekerezo kizima cyo kubaka u Rwanda kuko Inkotanyi zarwaniraga icyiza; avuga ko iyo umuntu arwanirira ikintu kibi, nubwo yaba afite imbaraga zingana gute atashobora gutsinda.

RPA ngo ijya guhagarika jenoside yari ibihumbi 13, leta ikaba yari ifite ingabo ibihumbi 80. Kabarebe avuga ko bitigeze biyibuza ko mu mezi atatu yitanga igahagarika jenoside.

Minisitiri w’Ingabo yavuze ko abakoze Jenoside bumvaga ko nta muntu uzabigobotora, ku buryo bari kwica igihe cyose bashakiye, ikaba ari yo mpamvu Inkotanyi zitangije urugamba bazise amazina mabi kugira ngo bayobye Abanyarwanda babereka ko abateye ntacyo bavuze.

Mu mpanuro yahaye urubyiruko rwari rwitabiriye umuhango wo kwibuka, yarusabye ko kwirinda imitego iyo ari yo yose yatuma u Rwanda rusubira mu icuraburindi rwanyuzemo, ahubwo rugaharanira kurubashisha gukataza mu iterambere.

Bikindi ari muri bamwe mu bagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi yifashishije indirimbo ze, mu 2008 yakatiwe gufungwa imyaka 15 amaze guhamywa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yarangije igifungo ku wa 12 Kamena 2016.

2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Editorial 15 Jul 2024
Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Editorial 30 Mar 2021
Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Editorial 09 Feb 2017
Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Editorial 26 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken
Amakuru

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Editorial 29 Jul 2022
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Editorial 26 Mar 2018
Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim
Mu Mahanga

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Editorial 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru