• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Ubwanditsi 09 Jun 2025 Amakuru, IMIKINO

Indirimbo yubahiriza igihugu “Rwanda Nziza” yongeye kuririmbwa muri “Kigali International Peace Marathon” nyuma y’imyaka itatu, mu gihe Umunya-Kenya, Laban Korir, yongeye kwegukana iri rushanwa nyuma yo kuba uwa mbere muri Full Marathon y’ibilometero 42,1 mu bagabo.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya Laban yegukanye iri rushanwa ryabaga ku nshuro yaryo ya 20 kuva mu 2005.

Uyu mwaka ryari ryiyandikishijemo abantu 14.480 mu byiciro bitatu birigize aho 1314 biyandikishije muri Full Marathon, 1836 biyandikisha muri Half Marathon naho 11.730 biyandikisha muri ’Run for Peace’.

Iri rushanwa ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, uyu mwaka ryari rifite insanganyamatsiko igira iti “Isi yose i Kigali na Kigali ku Isi yose!”

Ni ku nshuro ya kabiri ryabaye riri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi ’Global Elite Label Status’, ndetse ryongeye kugaragaramo abakinnyi bari mu 100 ba mbere ku Isi.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana; Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RCB, Candy Basomingera; Perezida wa RAF, Col (Rtd) Kayumba Lemuel; Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire; Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, bari mu bayobozi bitabiriye isiganwa mu cyiciro cya “Run For Peace” kireshya n’ibilometero 10.

Umunya-Kenya, Laban Kipngetich Korir, yabaye uwa mbere muri Full Marathon y’abagabo yakoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 26. Yakurikiwe na mwenewabo Langat Kipkirui naho Umunya-Ethiopia, Tadese Mamo Temechachu aba uwa gatatu.

Umunyarwanda Nizeyimana Alexis usanzwe ukinira Ikipe ya Nyaruguru AC, yabaye uwa gatanu akurikiye undi Munya-Kenya. Hitimana Noël wari mu Ikipe y’Igihugu hamwe na Ntirenganya Fidèle, ntiyakinnye kubera uburwayi.

Teresiah Omosa na we wo muri Kenya, yegukanye “Kigali International Peace Marathon 2025” muri Full Marathon y’Abagore, akoresheje amasaha abiri, iminota 37 n’amasegonda 12.

Muri iki cyiciro kitarimo umukinnyi n’umwe w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, uwa kabiri yabaye Chala Kebene wo muri Ethiopia naho uwa gatatu aba Jeruto Ivyne Lagat wo muri Kenya.

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Zahabu muri Half Marathon y’Abagore nyuma yo gukoresha isaha, iminota 13 n’amasegonda 57 ku ntera y’ibilometero 21,9.

Yakurikiwe na Musabyeyezu Adeline wari we Munyarwanda uheruka kwegukana uyu mudali mu 2022 naho Vivian Jepkogei wo muri Kenya aba uwa gatatu. Mu marushanwa, haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu cy’umukinnyi wegukanye umudali w’umwanya wa mbere.

Mu bakinnyi umunani ba mbere bahembwe muri iki cyiciro, harimo Abanyarwandakazi batandatu. Abandi batari mu myanya ibiri ya mbere ni Uwizeyimana Jeanne Gentille wa kane, Imanizabayo Emeline wa gatanu, Ibishatse Angélique wa gatandatu na Uwiduhaye Théophila wa karindwi.

Umunya-Kenya Njoroge Derrick Chege ni we wegukanye umudali wa Zahabu muri Half-Marathon ya “Kigali International Peace Marathon 2025”, aho yakoresheje isaha imwe, iminota itanu n’amasegonda 23.

Umunyarwanda Bigirimana Théophile usanzwe ukinira New Athletics Star, yabaye uwa gatatu akurikiye Kamutwire Gilbert wo muri Uganda.

Nkurunziza Emmanuel wakinnye ku giti cye yabaye uwa gatanu, Nsabimana Jean Claude w’Ikipe y’Igihugu aba uwa gatandatu naho Nizeyimana Sylvain wa APR AC aba uwa munani.

Umukinnyi wegukanye Full Marathon mu bagabo n’abagore yahawe ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 28 Frw]. Uwa kabiri ahabwa ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atwara 7500$.

Uwa kane yabonye 5000$, uwa gatanu abona 3000$ mu gihe kuva ku wa gatandatu kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1500$ na 1000$.

Mu basiganwe Igice cya Marathon [ibilometero 21,098], uwa mbere mu bagabo no mu bagore yahawe 5000$ [asaga miliyoni 7 Frw].

Uwa kabiri yabonye 4000$, uwa gatatu ahabwa 3000$. Kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1000$, 800$, 500$ na 400$.

IGIHE

2025-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Ubwanditsi 15 May 2023
Arsenal yirukanye Unai Emery

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.
Mu Mahanga

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi
Amakuru

Nyuma y’iminsi 23 atangajwe nk’umukinnyi wongereye amasezerano, APR FC yatandukanye na Niyonzima Olivier Seif kubera imyitwarire mibi

Ubwanditsi 04 Aug 2021
Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye
ITOHOZA

Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru