• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Editorial 24 Aug 2018 IMIKINO

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, riri gusuzuma umunsi ukwiye wo gushyikiriza APR FC igikombe cya shampiyona ya 2017-2018 yegukanye muri Kamena uyu mwaka, mu minsi ya vuba hakazatangazwa umunsi ntakuka bizaberaho.

APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona ariko ntiyahita igishyikirizwa, kuko byageze ku mukino wa nyuma nta kipe iracyegukana, biba iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yasuye Espoir FC kandi igomba kugihabwa ari uko iri ku kibuga cyayo.

Umwe mu minsi iri guhabwa amahirwe ni uwo AZAM FC yo muri Tanzania izaba iri mu Rwanda, kuko yasabye kumurikira Perezida Paul Kagame igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup 2018’ yisubije mu kwezi gushize, itsinze mukeba wayo Simba SC ibitego 2-1.

Perezida Kagame ni we muterankunga mukuru w’iryo rushanwa kuko aritangaho ibihumbi 60$ buri mwaka, yifashishwa mu guhemba amakipe yitwaye neza.

Perezida wa FERWAFA, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène, ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yabwiye itangazamakuru ko hari gutekerezwa uko AZAM FC niza mu Rwanda ku munsi utaratangazwa, yazakina na APR FC maze igashyikirizwa igikombe.

Yagize ati “Turimo tuganira na APR FC uko yagihabwa kuko igikombe ni icyabo. Hari indi nzira ishoboka kuko AZAM FC yatwaye igikombe cya CECAFA Kagame Cup, yasabye ko yaza kukimurikira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.”

“Turavuga tuti kuko ari n’umufatanyabikorwa wa shampiyona, twabihuza icyo gikombe tukakibahera aho. Turiho turashaka ikintu gishoboka ariko bagomba kugihabwa.”

Ikipe ya AZAM FC isangiye umuterankunga na shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma y’amasezerano y’imyaka itanu yasinywe hagati ya AZAM na Ferwafa tariki 24 Kanama 2015, afite agaciro ka miliyoni 2.35$.

Umunyamabanga Mukuru wa APR FC, Kalisa Adophe, yavuze  ko ku bufatanye na FERWAFA, bari kwiga ku buryo bazahabwamo igikombe.

Yagize ati “Kugeza ubu ntabwo turamenya igihe tuzahabwa igikombe. Hari uburyo butandukanye bwatekerejweho ariko nta buremezwa.”

Si uyu mwaka gusa igikombe cya shampiyona kibonye nyiracyo ariko ntagishyikirizwe, kuko na shampiyona iheruka, Rayon Sports yacyegukanye isigaje kwakira umukino umwe wa APR FC, ariko ntiwuherweho igikombe ku impamvu zitigeze zisobanurwa.

Icyo gihe na yo yanze kucyakira yasuye Kiyovu Sports ku munsi wa nyuma wa shampiyona, biba ngombwa ko igishyikirizwa nyuma ku mukino wa gicuti na AZAM FC.

APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Espoir FC ariko ntiyagishyikirizwa.

AZAM FC yasabye kuza kumurikira Perezida Kagame igikombe cya CECAFA yegukanye uyu mwaka

Perezida wa FERWAFA, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène, yavuze ko hari gutekerezwa uko APR FC yashyikirizwa igikombe imaze gukina na AZAM FC

2018-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ikipe ya Arsenal yanganyijemo na Tottenham

Editorial 25 Sep 2023
Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yihariye imidali mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera mu Rwanda

Editorial 28 Mar 2023
Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Editorial 07 Mar 2022
Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Editorial 21 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo
Mu Mahanga

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Editorial 24 Feb 2017
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Editorial 15 May 2018
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?
Amakuru

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Editorial 21 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru