• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Editorial 09 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri iki gihe ubutegetsi bwa Joseph Kabila muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugana ku musozo, hakomeje gucicikana amakuru y’uko hari imitungo ya Leta iri kurigiswa n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi.

Ikinyamakuru Jeune Afrique cyakoze ubucukumbuzi kigaragaza ko hari amafaranga Banki Nkuru ya Congo yohererejwe ariko irengero ryayo risa n’amayobera.

Tariki ya 16 Gicurasi 2016, Banki Nkuru y’Igihugu ya Congo yohereje miliyoni zirindwi n’igice z’Amadolari ya Amerika mu buryo bwuzuye uburiganya kuri Konti ya Sosiyete bivugwa ko ikora Ubucukuzi n’Ubucuruzi bwa Peteroli yitwa Sud Oil Immo, ifite konti muri BGFI Bank RDC. Yaba iyo sosiyete ndetse n’iyi banki, byombi bivugwa ko ari iby’umuryango wa Kabila.

Jeune Afrique ivuga ko ayo mafaranga yoherejwe kuri iyo konti yavuye mu mutungo bwite wa Banki Nkuru y’Igihugu, kandi agasohoka ku mabwiriza ya Banki ubwayo, yerekezwa mu biganza by’abantu ku giti cyabo ku mpamvu zitazwi.

Abanditsweho Sosiyete Sud Oil Immo ni abagore babiri barimo Gloria Mteyu, uyifitemo imigabane ingana na 20%. Uyu Gloria ni Umunye-Congo wavukiye akanakurira i Kampala muri Uganda.

Ubwo iyo sosiyete yandikwaga mu 2014, Gloria yari mu kigero cy’imyaka 32 y’amavuko. Uyu mugore kandi anazwi mu bushabitsi bwo kwerekana imideli mu Mujyi wa Kinshasa, aho afite sosiyete ye bwite yitwa Kinshasa Fashion Week, bikaba binazwi neza ko ari mushiki wa Joseph Kabila wo kwa nyina wabo.

Uyu Gloria kandi afite imigabane muri BGFIBank RDC ari nayo ayo mafaranga yanyujijwemo.

Undi mugore witwa Aneth Michaël Lutale afite imigabane ingana na 80% muri sosiyete Sud Oil Immo.

Mu bushakashatsi bwa Jeune Afrique, iri zina rigaragazwa nk’iry’umwe mu baganga bo mu Ivuriro ryigenga rikomeye muri Kinshasa ryitwa ‘Ngaliema’ n’ubwo ryabiteye utwatsi ko ntaho rimuzi mu bakozi baryo.

Muganga Lutale kandi ngo ni we mugore w’Umuyobozi Mukuru wa BGFIBank RDC, Francis Selemani Mtwale, uyu akaba ari umuvandimwe wa Joseph Kabila, ariko badahuje amaraso, warerewe muri uwo muryango mu buryo bwemewe n’amategeko.

 

Perezida Joseph Kabila yashyizwe mu majwi ku mitungo ya Leta iri kurigiswa n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi

Nubwo amafaranga yashyizwe kuri konti za Sud Oil Immo muri Gicurasi 2016, byageze muri Nyakanga 2016 asaga miliyoni eshanu z’amadolari yamaze kuvanwaho.

Umwe mu bashyirwa mu majwi cyane muri uyu mukino wo kwibikaho agatubutse ni umucungamari wa Sud Oil Immo witwa David Williams wavukiye i Dar-es-salaam muri Tanzania, ku itariki ya 10 Ukwakira 1969 utuye i Kinshasa.

Abandi bavugwa mu bikorwa byo kurigisa ayo mafaranga, ku isonga hari Umubiligi Marc Piedboef aho ku itariki ya 13 Kamena 2016, hari amafaranga yakuye kuri Konti ya Sud Oil Immo, agashyirwa ku yindi y’Ikompanyi yitwa Kwanza Capital SA ubusanzwe bizwi ko ari iya Sud Oil Immo.

Bivugwa ko Kwanza Capital SA, Sosiyete Sud Oil iyifatanyije n’undi muherwe witwa Pascal Kinduelo, uri mu bantu ba hafi mu y’umuryango wa Kabila.

Kuri iyo tariki kandi, miliyoni ebyiri z’amadolari, yahitanywe n’undi muntu utazwi. Abandi bavugwa ko bahererekanije aya mafaranga, ni nk’uwitwa David Ezekiel watwaye amadolari 15.000 ku wa 16 Kamena 2016 ndetse n’amadolari 40.000 mu kwezi kwakurikiyeho, muri uwo mwaka.

Marc Piedboeuf na André Grégory bari mu bahitanye agatubutse nabo, kuko umwe yatwaye ibihumbi 640 by’amadolari, mu gihe undi yatwayemo miliyoni imwe n’ibihumbi ijana.

Marc Piedboeuf uvugwa muri iyi nkuru, ni na we ukuriye Ubworozi bw’inka za Kabila, akorera mu bikuyu bye bizwi nka ‘Ferme de l’Espoir’ biri mu nkengero z’umujyi wa Lubumbashi.

Aba Babiligi bombi babajijwe na Jeune Afrique icyo batekereza ku bibavugwaho, babihakanye bivuye inyuma ko kuva babaho aribwo bumvise Sosiyete Sud Oil Immo ko ndetse nta n’amakuru bafite kuri ayo mafaranga abitirirwa.

Guverineri wa Banki Nkuru ya Congo yahakanye aya makuru

Guverineri wa Banki Nkuru ya Congo, Déogratias Mutombo, abajijwe niba hari icyo azi kuri ayo mafaranga yarigishijwe, abinyujije ku mujyanama we mu by’itumanaho yabwiye Jeune Afrique ko ntacyo babiziho.

N’ubwo buri ruhande rurebwa n’iki kibazo ariko rugahakana ko ntaho ruhuriye n’ibi bikorwa, Jeune Afrique yemeza ko ifite impapuro zo mu buryo bw’ikoranabuhanga zemeza amasaha, amatariki n’iminsi amabanki avugwa yakoreye buri gikorwa cy’ihererekanya mafaranga.

Umwe mu mpuguke mu by’amabanki, Jean Jacques Lumumba, wanigeze gukorera BGFIBank RDC ishyirwa mu majwi mu kurigisa aya mafaranga, yemeza atajijinganya ku mwimerere w’inyandiko Jeune Afrique ishingiraho yemeza ireme ry’ubucukumbuzi bwayo.

Abasesenguzi bagaragaza ko iyi dosiye ishobora kuzahagama Kabila n’abo mu muryango we mu gihe azaba avuye ku butegetsi, cyane ko amatora muri RDC biteganijwe ko azaba mu Ukuboza 2018, kandi bivugwa ko ataziyamamaza, kuko yarangije manda ebyiri yemererwa n’amategeko.

 

Hari amafaranga Banki Nkuru ya Congo yohererejwe ariko irengero ryayo riba n’amayobera

 

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Editorial 11 Apr 2020
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida  Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Editorial 28 Mar 2019
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Editorial 11 Apr 2020
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida  Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Editorial 28 Mar 2019
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Editorial 11 Apr 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru