• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Ubwanditsi 09 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri iki gihe ubutegetsi bwa Joseph Kabila muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugana ku musozo, hakomeje gucicikana amakuru y’uko hari imitungo ya Leta iri kurigiswa n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi.

Ikinyamakuru Jeune Afrique cyakoze ubucukumbuzi kigaragaza ko hari amafaranga Banki Nkuru ya Congo yohererejwe ariko irengero ryayo risa n’amayobera.

Tariki ya 16 Gicurasi 2016, Banki Nkuru y’Igihugu ya Congo yohereje miliyoni zirindwi n’igice z’Amadolari ya Amerika mu buryo bwuzuye uburiganya kuri Konti ya Sosiyete bivugwa ko ikora Ubucukuzi n’Ubucuruzi bwa Peteroli yitwa Sud Oil Immo, ifite konti muri BGFI Bank RDC. Yaba iyo sosiyete ndetse n’iyi banki, byombi bivugwa ko ari iby’umuryango wa Kabila.

Jeune Afrique ivuga ko ayo mafaranga yoherejwe kuri iyo konti yavuye mu mutungo bwite wa Banki Nkuru y’Igihugu, kandi agasohoka ku mabwiriza ya Banki ubwayo, yerekezwa mu biganza by’abantu ku giti cyabo ku mpamvu zitazwi.

Abanditsweho Sosiyete Sud Oil Immo ni abagore babiri barimo Gloria Mteyu, uyifitemo imigabane ingana na 20%. Uyu Gloria ni Umunye-Congo wavukiye akanakurira i Kampala muri Uganda.

Ubwo iyo sosiyete yandikwaga mu 2014, Gloria yari mu kigero cy’imyaka 32 y’amavuko. Uyu mugore kandi anazwi mu bushabitsi bwo kwerekana imideli mu Mujyi wa Kinshasa, aho afite sosiyete ye bwite yitwa Kinshasa Fashion Week, bikaba binazwi neza ko ari mushiki wa Joseph Kabila wo kwa nyina wabo.

Uyu Gloria kandi afite imigabane muri BGFIBank RDC ari nayo ayo mafaranga yanyujijwemo.

Undi mugore witwa Aneth Michaël Lutale afite imigabane ingana na 80% muri sosiyete Sud Oil Immo.

Mu bushakashatsi bwa Jeune Afrique, iri zina rigaragazwa nk’iry’umwe mu baganga bo mu Ivuriro ryigenga rikomeye muri Kinshasa ryitwa ‘Ngaliema’ n’ubwo ryabiteye utwatsi ko ntaho rimuzi mu bakozi baryo.

Muganga Lutale kandi ngo ni we mugore w’Umuyobozi Mukuru wa BGFIBank RDC, Francis Selemani Mtwale, uyu akaba ari umuvandimwe wa Joseph Kabila, ariko badahuje amaraso, warerewe muri uwo muryango mu buryo bwemewe n’amategeko.

 

Perezida Joseph Kabila yashyizwe mu majwi ku mitungo ya Leta iri kurigiswa n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi

Nubwo amafaranga yashyizwe kuri konti za Sud Oil Immo muri Gicurasi 2016, byageze muri Nyakanga 2016 asaga miliyoni eshanu z’amadolari yamaze kuvanwaho.

Umwe mu bashyirwa mu majwi cyane muri uyu mukino wo kwibikaho agatubutse ni umucungamari wa Sud Oil Immo witwa David Williams wavukiye i Dar-es-salaam muri Tanzania, ku itariki ya 10 Ukwakira 1969 utuye i Kinshasa.

Abandi bavugwa mu bikorwa byo kurigisa ayo mafaranga, ku isonga hari Umubiligi Marc Piedboef aho ku itariki ya 13 Kamena 2016, hari amafaranga yakuye kuri Konti ya Sud Oil Immo, agashyirwa ku yindi y’Ikompanyi yitwa Kwanza Capital SA ubusanzwe bizwi ko ari iya Sud Oil Immo.

Bivugwa ko Kwanza Capital SA, Sosiyete Sud Oil iyifatanyije n’undi muherwe witwa Pascal Kinduelo, uri mu bantu ba hafi mu y’umuryango wa Kabila.

Kuri iyo tariki kandi, miliyoni ebyiri z’amadolari, yahitanywe n’undi muntu utazwi. Abandi bavugwa ko bahererekanije aya mafaranga, ni nk’uwitwa David Ezekiel watwaye amadolari 15.000 ku wa 16 Kamena 2016 ndetse n’amadolari 40.000 mu kwezi kwakurikiyeho, muri uwo mwaka.

Marc Piedboeuf na André Grégory bari mu bahitanye agatubutse nabo, kuko umwe yatwaye ibihumbi 640 by’amadolari, mu gihe undi yatwayemo miliyoni imwe n’ibihumbi ijana.

Marc Piedboeuf uvugwa muri iyi nkuru, ni na we ukuriye Ubworozi bw’inka za Kabila, akorera mu bikuyu bye bizwi nka ‘Ferme de l’Espoir’ biri mu nkengero z’umujyi wa Lubumbashi.

Aba Babiligi bombi babajijwe na Jeune Afrique icyo batekereza ku bibavugwaho, babihakanye bivuye inyuma ko kuva babaho aribwo bumvise Sosiyete Sud Oil Immo ko ndetse nta n’amakuru bafite kuri ayo mafaranga abitirirwa.

Guverineri wa Banki Nkuru ya Congo yahakanye aya makuru

Guverineri wa Banki Nkuru ya Congo, Déogratias Mutombo, abajijwe niba hari icyo azi kuri ayo mafaranga yarigishijwe, abinyujije ku mujyanama we mu by’itumanaho yabwiye Jeune Afrique ko ntacyo babiziho.

N’ubwo buri ruhande rurebwa n’iki kibazo ariko rugahakana ko ntaho ruhuriye n’ibi bikorwa, Jeune Afrique yemeza ko ifite impapuro zo mu buryo bw’ikoranabuhanga zemeza amasaha, amatariki n’iminsi amabanki avugwa yakoreye buri gikorwa cy’ihererekanya mafaranga.

Umwe mu mpuguke mu by’amabanki, Jean Jacques Lumumba, wanigeze gukorera BGFIBank RDC ishyirwa mu majwi mu kurigisa aya mafaranga, yemeza atajijinganya ku mwimerere w’inyandiko Jeune Afrique ishingiraho yemeza ireme ry’ubucukumbuzi bwayo.

Abasesenguzi bagaragaza ko iyi dosiye ishobora kuzahagama Kabila n’abo mu muryango we mu gihe azaba avuye ku butegetsi, cyane ko amatora muri RDC biteganijwe ko azaba mu Ukuboza 2018, kandi bivugwa ko ataziyamamaza, kuko yarangije manda ebyiri yemererwa n’amategeko.

 

Hari amafaranga Banki Nkuru ya Congo yohererejwe ariko irengero ryayo riba n’amayobera

 

2018-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni

Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2019
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”
POLITIKI

Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Mugore  dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza
HIRYA NO HINO

Mugore dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage
Mu Mahanga

Gen. Muhoozi yayoboye operasiyo idasanzwe ya gikomando ifata ibikoresho bya girisikare mu baturage

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru