• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Editorial 17 Jan 2019 ITOHOZA

Rujugiro Tribert ni umuntu ukunda gushora imari mu nganda zikora itabi mu bihugu bitandukanye bya Afurika, gusa mu myaka mike ishize, hagiye humvikana amakuru y’ uko uwo mucuruzi yaba akora ishoramari ririmo uburiganya, akwepa imisoro n’ibindi byaha bitandukanye.

Ibyo bituma yiyegereza umuntu usobanukiwe ibijyanye n’itumanaho, akaba ashinzwe gukora uko ashoboye ngo Rujugiro avugwe neza mu itangazamakuru mpuzamahanga.

Nko muri Mutarama uyu mwaka, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 40 y’ihuriro ry’inganda z’itabi za Rujugiro “Pan African Tobacco Group (PTG)”, umunyamakuru Mfonobong Nsehe wandikira “Forbes Magazine”, yanditse inkuru ishimagiza Rujugiro.

Mbere yaho, muri Mutarama 2014, uwo mwanditsi na none yari yanditse inkuru ikubiyemo ikiganiro yagiranye na Rujugiro. Icyo gihe, ikinyamakuru Forbes cyatangaje iyo nkuru cyayihaye umutwe tugenekereje ugira uti “Twaganiriye n’Umunyafurika w’umuherwe ucuruza itabi, Rujugiro Ayabatwa Tribert.”

Kuba inkuru ebyiri zivuga ibintu bimwe, zarasohotse muri Forbes Magazine, kandi zose zigasohoka ku itariki imwe mu kwezi kumwe, si ibintu byikoze, birasobanura neza ko icyo kinyamakuru kirimo gukoreshwa mu rwego rwo gusigiriza isura y’umucuruzi Rujugiro, kimugaragaza nk’umuntu ukora imirimo ye nk’inyangamugayo kandi ngo ibyo akora bifitiye akamaro ikiremwa muntu.

Hari amakuru avuga ko kuva muri Kamena 2008, ubwo Rujugiro yafatirwaga i Londres mu Bwongereza bisabwe n’igihugu cya Afurika y’Epfo, kimushinja kuba akwepa imisoro mu ruganda rwe “Mastermind Tobacco S.A Ltd”, nibwo yahise ashaka uwitwa Himbara David amushinga kujya amuvuga neza hose.

David Himbara

Rujugiro, ukomoka mu Rwanda, yakomeje gukora uko ashoboye mu rwego rwo kwihorera kuri Leta y’u Rwanda avuga ko yanze kumutabara ubwo yari yafatiwe mu Bwongereza. We yasabye Leta y’u Rwanda gukoresha ububasha bwayo mu bya dipolomasi ngo arekurwe ariko ntibyakunda.

Ibirego byatumye uwo muherwe afatirwa mu Bwongereza, byatanzwe muri 2006, aho n’abanyamigabane bandi barimo n’umuhungu we witwa Nkwaya Paul, bashinjwaga kuba baranyereje miliyoni 7.4 z’Amadorari y’Amerika.

Leta y’u Rwanda ntiyari kwivanga igerageza gufunguza uwo munyemari kandi izi ko yari yakoresheje uburiganya akwepa imisoro, n’ubwo Rujugiro ari umwenegihugu w’u Rwanda.

Urubanza rwaciwe muri 2009

Umwe mu myanzuro y’urukiko wavugaga ko Rujugiro abujijwe gukora itabi no kuricururiza muri Afurika y’ Epfo.

Nubwo urukiko rwari rwanzuye rutyo, kandi umwanzuro w’urukiko ukaba ari itegeko, ntibyabujije Rujugiro kongera gushinga uruganda rw’itabi no kuricururiza muri Afurika y’Epfo muri 2010.

Hari amakuru avuga ko muri 2017, Rujugiro yishyuye ibihumbi 440 by’amadolari ya Amerika, ayishyura sosiyete yitwa Podesta Inc, ikora ibijyanye no kugaragaza isura nziza y’umuntu cg sosiyete runaka, kugira ngo umuvugizi we David Himbara abashe gushyikira Kongere ya Amerika, hagamijwe gushaka uko Guverinoma ya Amerika yafatira ibihano u Rwanda.

Imwe mu nkuru zasohotse muri Forbes, umwanditsi agaragaza ukuntu hagati ya 1996 na 2011 yashinze inganda z’itabi muri Angola, muri Uganda, muri Tanzania, muri Nigeria, muri Sudani y’epfo no muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Hari kandi n’urundi ruganda rw’itabi yashinze ahitwa Arua mu Majyaruguru ya Uganda muri 2013.

Uwareba umubare w’inganda z’itabi zashinzwe hirya no hino muri Afurika, yakwibwira ko hari icyo byamariye abaturage b’ibihugu izo nganda za Rujugiro zikoreramo, nyamara hari ibimenyetso byerekana ko nta muturage byafashije.

Icya mbere, abantu bakwiriye kuzirikana ni uko itabi ryangiza ubuzima, kuko nk’uko bitangazwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, abantu barenga miliyoni zirindwi bapfa bazira itabi buri mwaka.

Ikindi kandi ngo ni uko 80% by’abicwa n’itabi n’ingaruka zaryo ari abakomoka mu bihugu bikennye.

Hari amakuru avuga ko n’ ishoramari rya Rujugiro ritazamura imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu akoreramo, ryungura abamufasha mu buriganya bwe bwo gukwepa imisoro.

Uretse Afurika y’epfo yamushinje kunyereza imisoro, hari kandi na Nigeria, aho Rujugiro yagejeje kuri guverinoma y’icyo gihugu umushinga wa miliyoni 57 z’Amadorari avuga ko agiye kubaka uruganda rukora itabi ryitwa “Yes”, “Super Match” na “Forum”.

Icyo gihe yahawe aho yubaka uruganda rwagombaga kubakwa mu myaka itatu, ariko yarangiye rutubatswe, nta muturage ubonye akazi nta n’ifaranga na rimwe ashyize mu isanduku ya Leta ya Nigeria.

Ibikorwa bya Rujugiro kandi byagarutsweho muri raporo z’umuryango w’abibumbye inshuro ebyiri zitandukanye.

Muri 2001, itsinda ry’impuguke muri Loni ryashyize Rujugiro ku rutonde rw’abantu basahura umutungo wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo mu buryo butemewe n’amategeko.

Ku itariki 31 Ukuboza 2018, raporo z’izindi mpuguke muri LONI yagagaje ko Kayumba Nyamwasa n’ishyaka rye ryitwa “Rwanda National Congress (RNC) , riterwa inkunga na Rujugiro bakomeje guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.

Rujugiro kandi ahuza ibikorwa byo gutera inkunga yo gushyigikira imitwe irwanya Leta y’u Rwanda, ifite abayobozi mu gihugu cy’u Burundi, aho afite uruganda rw’itabi rwihariye isoko ryose ryo muri icyo gihugu, akaba anyereza imisoro afatanyije n’abayobozi bakuru bacyo.

Muri Uganda, Rujugiro yagiranye amasezerano y’ubucuruzi n’uwitwa Generali Salim Saleh Akandwanaho, amuha imigabane ingana na 15% mu ruganda rw’itabi, uwo Salim Saleh na we yiyemeza kumurindira imitungo iri muri Uganda no mu karere.

Hari amakuru avuga ko Rujugiro yifashishije ibikoresho afite i Dubai, yakoze kashe y’impimbano isa neza neza n’iyo ikigo cy’imisoro cyo muri Uganda gikoresha.

Iyo kashi y’impimbano ikoreshwa mu kwemeza ko itabi ryakorewe muri Uganda nubwo ryaba ryarakorewe ahandi, bityo bikamufasha mu kunyereza imisoro.

40% gusa by’ibicuruzwa bya Rujugiro ngo ni byo bigaragazwa ngo bibe byasora, naho 60% byo bikagenda mu buryo bwa magendu, inyungu ikoherezwa hanze y’igihugu.

Umwe mu b’imbere mu bucuruzi bwa Rujugiro, avuga ko buri wese ushinzwe gusakaza itabi, yahawe amabwiriza yo kuvunjisha 60% y’inyungu zose ku munsi, akavanwa mu mashilingi ya Uganda agashyirwa mu madolari ya Amerika, ubundi akoherezwa hanze.

Ababikurikiranira hafi bemeza ko, sosiyete ya Rujugiro inyereza nibura miliyoni 47 z’Amashilingi ya Uganda ku munsi.

Mu bihugu byose Rujugiro akoreramo, sosiyete ze zishinjwa ibyaha birimo kugaragaza umutungo muke ugereranije n’uwo zinjiza, gukwepa imisoro, kunyereza amafaranga no guha ruswa ababoyozi bo mu bihugu zikoreramo.

Mu Rwanda, Rujugiro byaramugoye kunyereza imisoro kuko hari imikorere itajegajega yo kumenya amafaranga yinjira n’asohoka, kandi ntiyari no gutanga ruswa ngo yemerwe. Ibyo byatumye amenyekana ko atishyura imisoro.

Inyubako yitwaga “Union Trade Center”, yatejwe cyamunara kugira ngo ikigo cy’imisoro n’amahoro cyishyurwe miliyoni 1.4 y’Amadorari y’Amerika y’imisoro Rujugiro atari yarishyuye.

Ubucuruzi bwa Rujugiro muri Afurika n’ahandi buratera imbere bidatewe n’uko akora cyane, ahubwo abikesha amayeri atandukanye akoresha za ruswa, agakorana bya hafi na bamwe mu bakomeye muri za guverinoma z’ibihugu ndetse no gutegura umushinga wizwe neza w’uburyo agomba gukwepa imisoro.

2019-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Editorial 07 May 2018
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Editorial 16 Sep 2019
Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Apr 2016
The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho  [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Editorial 04 Sep 2017
Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Editorial 07 May 2018
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Editorial 16 Sep 2019
Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Apr 2016
The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho  [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Editorial 04 Sep 2017
Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Editorial 07 May 2018
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Editorial 16 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru