• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Editorial 25 Mar 2019 ITOHOZA

Impuguke mu mibanire y’ibihugu cyane cyane mu karere, zitangaza ko guha ijambo umuntu nka Himbara wahunze igihugu bishushanya indi ntego itari ukwigisha abasomyi ahubwo ihishe mu mugambi w’ubutegetsi bwa Uganda wo gufasha abafite intego yo guhungabanya igihugu.

Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yumvikana amusaba umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo.

Muri iki kiganiro Himbara avuga ku gatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda, hari aho yamubwiye ko “Nujya kwandika inkuru yawe, ndashaka ko iki ukibandaho cyane…’’

Bavuga ko ikiganiro  Cya David Himbara cyatambukijwe ku wa 23 Werurwe 2019, ari nk’iturufu ya Uganda yo kuyobya abasomyi ku muzi w’impamvu yahungabanyije umubano wayo n’u Rwanda. Cyaje kandi gikurikira icyo New Vision yahaye Rujugiro Ayabatwa Tribert, umuherwe utera inkunga ibikorwa bya RNC.

Abasesenguzi bo bagaragaza ko wumvise ibikubiye mu kiganiro cyo kuri telefoni gifite isaha n’iminota ine, wasanga hari ibikubiyemo byasabaga isesengura rito mbere yuko ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, gitangaza ibinyoma bishobora kuyobya rubanda.

Umunyamakuru Etukuri yatangiye abaza Himbara uko abona ubukungu bw’u Rwanda ariko we mu igereranya rye yavuze ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’

New Vision yahisemo kubaza urwanya u Rwanda uko ubukungu bwarwo buhagaze nyamara yirengagiza imibare ya Banki y’Isi n’iy’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) igaragaza ko mu myaka 10 ishize, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku gipimo cya 8%. Nkuko IGIHE kibitangaza.

Himbara na Rujugiro Tribert, kimwe n’abandi Banyarwanda, bafunguriwe imiryango ngo batange umusanzu wo kubaka igihugu cyari cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba bombi imyitwarire yabo yatumye batakarizwa icyizere, barahunga. Ku ikubitiro Rujugiro ni we waciye iy’ubusamo.

Mu kiganiro cyo ku wa 15 Mata 2009 yahaye The New Times, Himbara yavuze ku kugenda kwa Rujugiro ko “Bisobanuye ko adashobora kuba Umujyanama wa Perezida Kagame ushingiye ku ndangagaciro akenera ku bantu be ba hafi, hatitawe ku mateka yabo, ijambo n’ubunararibonye bafite.’’

Kuva mu gihugu kw’aba bayobozi kurashimangira imiyoborere y’u Rwanda yubakiye ku ihame ryo gutanga amahirwe angana ku Banyarwanda bose ariko nanone abayobozi bitwara nabi bakabiryozwa.

Rujugiro we asa n’uwahungiye ubwayi mu kigunda kuko abayobozi bo muri Afurika y’Epfo bamushinja kunyereza imisoro ndetse ategereje kugezwa imbere y’ubutabera.

Muri iki kiganiro, Himbara avuga ko Ikigo cya Crystal Ventures aricyo kigenzura ubukungu bw’igihugu. Iyi mvugo yabaye nk’iturufu, benshi mu barwanya u Rwanda bitwaza mu guharabika FPR.

Abahanga mu by’ubukungu bazi imitangire y’amasoko mu Rwanda, bazi neza ko ibigo byose biyahabwa binyuze mu mapiganwa, igihize ibindi kikegukana isoko.

Himbara wahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo muri New Vision ni umuntu wa hafi wa Rujugiro (yabaye umujyanama we), ufasha abashaka guhungabanya u Rwanda.

Bishyuye amafaranga menshi mu Kigo cya Podesta.Inc hagati y’umwaka wa 2012 na 2013 mu gutangiza ubukangurambaga burimo no gushinga ibinyamakuru.

Himbara asobanura ko amafaranga yatanzwe ngo izina rya Rujugiro muri Loni rikurweho icyasha kuko yahoraga muri raporo zimugaragaza nk’inkundamugayo.

Mu bihe bitandukanye Himbara yishyuye Ikigo gikora ubuvugizi mu guhuza inzego zitandukanye muri Amerika, Podesta Group gikorera i Washington, D.C, ibihumbi $520 ngo yemererwe kujya gutanga ubuhamya.

Bivugwa ko amafaranga Himbara yahaye Podesta Group yatanzwe na Rujugiro. Iki kigo nacyo cyamwishyuye kumuhuza na bagenzi be bahunze igihugu batavuga rumwe n’ubutegetsi n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Christopher Smith, ukuriye agashami ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Umugambi wa Himbara ariko abasesenguzi bavumbuye ko wari ugamije guharabika u Rwanda n’abaruyobora.

Ku wa 26 Ukwakira 2017, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, “RCA-Canada”, wandikiye John McKay, Umudepite uhagarariye agace ka Scarborough—Guildwood mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, wamagana ubusabe bwa Himbara washakaga gutanga ubuhamya muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Iterambere Mpuzamahanga, FAAE.

Umwe mu banyamakuru bakomeye muri Uganda yavuze ko inkuru ya The New Vision ifite ibihanga mu bijyanye no kubahiriza ihame ry’ubunyamwuga.

Abahanga mu itangazamakuru bavuga ko umunyamakuru adakwiye gutanga inkuru ku wo yayanditseho mbere yuko itangazwa ndetse anamusaba kuza kuyiryoshya kurushaho.

Umunyamakuru wa New Vision yabanje kumuha ibibazo kuko mu gutangira ikiganiro Himbara amubwira ko ‘Yiteguye neza cyane.’’

Himbara kandi anumvikana avuga ko gufunga umupaka (u Rwanda rwavuze ko byahuriranye n’igikorwa cyo gusana) yatangaje ko Uganda nta ngaruka izagirwaho n’ubuhahirane.

Ngo kuri we “Ni nko kuvuga ko ari inzovu n’umubu kuko u Rwanda rufite abaturage miliyoni 12 mu gihe Uganda ifite miliyoni 42.’’

Ikiganiro gisoza Himbara asaba guhabwa umwanya wihariye muri New Vision wo kwandika inkuru za buri cyumweru ku Rwanda ndetse umunyamakuru yamuhaye icyizere cyo kubimenyesha umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru.

Impuguke za politiki zivuga ko RNC yatangiye kwifashisha New Vision nk’igikoresho cyayo cy’icengezamatwara.

Src : IGIHE

2019-03-25
Editorial

IZINDI NKURU

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Editorial 07 Jun 2024
Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Editorial 15 Apr 2018
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades
IMIKINO

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Editorial 13 Nov 2016
Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza
POLITIKI

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Editorial 13 Jan 2020
Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Editorial 21 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru