• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Ya mangambure ya Thomas Nahimana, kumbi burya ngo si muzima, ahubwo akeneye gutabarwa , akagangahurwa ibiyobyabwenge yiyahuza !!

Uyu Thomas Nahimana, ni wa wundi wiyita «Umupadiri w’umunyapolitike» kandi nta na kimwe ari cyo muri ibyo byombi. Mu minsi ishize twababwiraga ubuhemu yakoreye abagore yateye inda, n’abana yasize ku gasozi, ntagire n’icyo abaha cyo kubatunga. Abantu benshi bumvise iyi nkuru batubwiye ko ahubwo ibyo tuzi ari bike, kuko Nahimana nta ndangagaciro n’imwe asigaranye.

Tumaze kubona imyitwarire ye idatandukanye n’iy’umuntu wataye umutwe, Rushyashya yashakishije abantu bamuzi neza, ngo batubwire icyabaye kuri uwo muntu uvuga ibintu bimeze nk’iby’abarwayi bo mu mutwe.
Mu bo twashoboye kuganira nabo, harimo Benoit Uwimana ubarizwa i Buruseli mu Bubiligi , wigeze no kuba mu ngirwashyaka rya Thomas Nahimana. Dore ibyo yadutangarije :
« Nabanye na Thomas Nahimana ; mbere nibwiraga ko ari umuntu muzima nitabira ishyaka rye ngirango hari gahunda nzima afite yo gutanga umusanzu wubaka u Rwanda ; numvaga ko nk’umupadiri azashyira imbere amahame ya gikirisitu, cyane cyane urukundo, impuhwe, n’ubworoherane.

Natangajwe no kubona yarasabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside. ishyaka rye ndisezeramo ubwo. Ariko nakomeje kumukurikirana, ntangira gutekereza ko atari muzima mu mutwe umunsi afata inzira n’umugore w’inshuti ye n’uruhinja ahetse ngo agiye kwiyamamariza kuba Perezida wa Repuburika. Nta kindi uretse uburwayi bwo mu mutwe bwahagurutsa umuntu ufite shyaka ku izina gusa, dore ko nyuma yanjye n’abandi bose barivuyemo, ariko n’ubundi ntitwari turenze 15, Watekereza ute kwiyamamariza umwanya ukomeye nk’uwo kuyobora igihugu, utagira amikoro n’ayo kugura igare. Narahebye nkurayo amaso umunsi yihanukiriye ngo ashyizeho Leta ikorera mu buhungiro, maze n’abo yashyizemo atabagishije inama bagahita bamwiyama». Yasoje agira ati «Rwose keretse utamuzi niwe wakwita ku byo avuga, kuko ni ibinyabasazi ; ahubwo akeneye abaganga bamwitaho bakamufasha ».
Amatsiko ntiyashize, maze dushakisha Abanyarwanda bamuzi aho atuye Le Havre mu Bufaransa. Undi nawe babanye mu ishyaka, bahoze banaturanye Le Havre, umuzi imbere n’inyuma, ni uwitwa Pierre Alexandre Muzungu , ubu utuye i Marseille mu Bufaransa.
Dore ubuhamya Muzungu yaduhaye :

« Nahimana atuye Le Havre ahantu hitwa Mont Gaillard hafi ya supermarket yitwa Auchan. Mont Gaillard rero ni ahantu hubatswe kera cyane ; hubakiwe abatishoboye bakora imirimo iciriritse. Ni ahantu hari umwanda mwinshi cyane, hagaragaza ubukene utabona ko ari i Burayi, ku buryo habarirwa mu duce Leta y’Ubufaransa yita« zone urbaine sensible », icyiciro cy’abatuye umujyi gitunzwe n’imfashanyo ihoraho ya Leta. Ariko cyane cyane ikiranga agace ka Mont Gaillard , ni aho Abafaransa bita « zone de securité prioritaire », ni ukuvuga ahantu ho kugenda wikandagira kubera umutekano muke cyane.
Twagize amatsiko yo kumenya ukuntu umuntu nka Thomas Nahimana umupadiri, yageze ubwo ajya gutura mu manegeka  hataba umutekano na mba maze Muzungu adusobanurira imvano yo gukena bikabije kwa Nahimana : « Kubaho nk’umusabirizi by’uriya mugabo byaturutse ku mpamvu nyinshi. Iya mbere ni uko aho atangiriye gukora politike itanya Abanyarwanda, Diocese yabarizwagamo ya Cyangugu yaramwihanangirije kenshi ; yanze kwikosora iramusezerera burundu muri Nzeri 2012, ndetse isesa amasezerano yo gukorera by’agateganyo Diocese ya Le Havre ariko ari umupadiri ugengwa na Diocese ya Cyangugu, Birumvikana Diocese ya Le Havre yahise imusezerera, hanyuma ihagarika imfashanyo zose yagenerwaga nk’umupadiri uyikorera, Byaramukenesheje cyane, bimuviramo no kwanduranya, kuko i Burayi nta munsi y’urugo .

Kwiheba byabyaye kwiyenza no kugira amahane, Ikindi cyamuteye kwitwara nk’utagira rutangira, ni ugufuhira umugore babanaga Marie Claire Kwitonda banabyaranye abana babiri. Umunsi umwe gufuha byabaye ibisazi afata inkota ngo arashaka kwica umugabo w’umunyamahanga akeka ko amusambanyiriza umugore, Inzego z’umutekano zabaye hafi kuko aho Mont Gaillard zihora ziryamiye amajanja, nuko zibuza « Padiri » kumena amaraso. Igitangaje ahubwo ariko, n’ubwo yarazaga Marie Claire ku nkeke amukubita ngo amuca inyuma, we ubwe byaje kumenyekana ko asambanya murumuna wa Marie Claire nawe yafashije kuzana Le Havre. Nawe si we, nkeka ko aba yanyweye urumogi. ».
Yakomeje agira ati : « Indi nyirabayazana yo gutindahara kwa Nahimana Thomas ni uko guhohotera Marie Claire byageze aho yitabaza ubutegetsi , maze Police yirukana Nahimana mu nzu ndetse imuha itegeko ryo kutazongera kwegera umugore n’abana. Ng’uko uko yavuye mu nzu, atagira akazi , umugore n’abana bamuvumira ku gahera, asigara atunzwe no gusabiriza, no gusakuza kuri youtube ngo arebe ko views hari udufaranga zamuzanira .

Nguwo Thomas Nahimana wisanze mu manegeka, aho yirirwa asangirira urumogi n’amabandi baturanye, Muri make Nahimana si muzima »
Nyuma twashatse kumenya icyo Marie Claire Kwitonda abivugaho , maze telefone ye igendanwa ntitwabasha kuyifatisha, ariko tuzakomeza kumushakisha, Gusa dufite amakuru yizewe avuga ko Marie Claire yaregeye urukiko, arusaba ko Nahimana yatanga igitunga abana 2 babyaranye, Gusa abamenye iyi nkuru bagize bati : « Marie Claire nawe arashinyagura, nako arashakira amata ku kimasa, Umuntu usabiriza ngo abone uko aramuka, azabona indezo y’abana babiri ? »
Twabibutsa ko aba bana 2 biyongereye ku bandi 4 Nahimana yataye mu Rwanda akaba yishyuzwa ikibatunga kandi Ikigaragara ariko abo babyeyi ntibazi ubuzima bubi Thomas Nahimana abayemo mu Burayi, ari nabwo bumutera kwiyahuza ibiyobyabwenge, bikamutegeka kuvuga amangambure.
Biracyaza……

2020-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Editorial 12 Mar 2019
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Editorial 15 Jan 2018
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Editorial 27 Apr 2018
“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Editorial 13 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru