• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Editorial 18 Oct 2017 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu, yanenze raporo iherutse gukorwa n’Umuryango ‘Human Right Watch’ yavugaga ko mu Rwanda abantu bakorerwa iyicarubozo abandi bakicwa.

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu yavuze ko hari abantu raporo y’umuryango Human Rights Watch (HRW) igaragaza ko bicwa n’ingabo na polisi, nyamara igenzura ryakozwe ryerekanye ko bakiriho, n’abapfuye ariko bazize impamvu zisanzwe, batishwe.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo iyi komisiyo yagize icyo ivuga kuri raporo ya HRW yasohotse muri Nyakanga, ivuga ko inzego z’umutekano zagiye zica abantu batandukanye bakurikiranwaho ibyaha byoroheje.

Ni Raporo y’amapaji 60 yiswe “ All Thieves must Be Killed” bishatse kuvuga ngo ‘Abajura bose bagomba kwicwa’ yasohotse ku wa 5 Nyakanga 2017.

Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, yavuze ko nubwo iyo raporo yasohotse mu 2017, ibikubiyemo byabaye mu myaka itandukanye.

Iyo raporo yavugaga ko nibura inzego z’umutekano mu Rwanda zishe nibura abantu 37 bakekwagaho ibyaha byoroheje mu Ntara y’Iburengerazuba, hagati ya Nyakanga 2016 na Werurwe 2017.


Nirere Madeleine, Perezidante wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda

Nirere yavuze ko mu kugenzura ibibazo byakomojweho, igaragaza abantu bishwe mu bihe bitandukanye, ndetse bamwe ntabwo bapfuye mu buryo iyo raporo ivuga. Harimo n’abazize impanuka zisanzwe, ndetse n’abishwe n’abantu ku giti cyabo kandi babikurikiranyweho.

Mu bo iyi raporo ivuga ko bishwe kandi bakiriho harimo Nsanzabera Tharcisse, Majyambere Alphonse, Nyirabavakure Daphrose, Karasankima Jovan, Habyalimana Elias, Nzamwitakuze Donati na Hanyurwabake Emmanuel.


Majyambere Alphonse, raporo ivuga ko yishwe yibye inka ariko aracyariho

Yagize ati “Hari abavugwa ko bapfuye bakiriho, hari n’abishwe n’uburwayi nabyo turabigaragaza. Twagenzuye abantu bavugwa 43, ariko twasanze harimo babiri bavuzwe ari umuntu umwe.”

“Hari abantu barindwi HRW ivuga ko bishwe n’abasirikare, abapolisi, DASSO. Harimo Nsanzabera Tharcisse bivugwa ko yabonywe bwa nyuma kuwa 17 Ukwakira 2016, ko yaburiwe irengero nyuma akaza kwicwa. Twasanze uyu muntu ariho, afungiwe muri gereza Nyakiliba, afungiwe kwiba inka.”

Hari Majyambere Alphonse nawe bavuga ko yibye inka akicwa na Polisi cyangwa DASSO, ariko basanze ariho ndetse yabonanye na Komisiyo kimwe n’abo mu muryango we.

Nyirabavakure Daphrose we basanze yarimukiye muri Congo hamwe n’umugabo we nk’uko byemejwe n’abaturage n’abayobozi b’aho ngaho, ngo hashize imyaka itatu.

Hari Karasankima Jovan nawe bavuze ko yishwe amaze kwiba intama, ubu aba mu Ngororero aho ari umushumba. Habyarimana Elias nawe raporo ivuga ko yiciwe mu Kivu yishwe n’abasirikare azira kurobesha imitego itemewe, ariko ngo aba mu Bubiligi.

Nzamwitakuze Donat nawe HRW yavugaga ko yishwe n’abasirikare azira kwiba moto, Komisiyo yasanze ahari.

Nirere yakomeje agira “Abaturage b’umudugudu atuyemo ndetse n’abayobozi bemeza ko yari atuye aho, akaba ubu ari muri Uganda aho ba sebukwe bimukiye, ndetse ngo ajya aza mu Rwanda akabasura.”

Ntiliburakaryo Jean Damascene byavuzwe ko yarashwe mu 2016 yishwe n’abasirikare ko yasibye umuganda, nawe byagaragaye ko yaguye mu bitaro azize uburwayi.


Nikuze Pelagie, umugabo we bivugwa ko yishwe ari umurobyi ariko ngo aba mu Bubiligi

Hari n’abantu babiri ngo byatangajwe ko bishwe n’abaturage babihawemo amabwiriza n’ubuyobozi, Barayavuga Jean, wishwe n’umuturage amukubise inkoni, ariko basanze nta mabwiriza yabayeho ndetse uwabikoze yahise atabwa muri yombi.

Hanyurwabake Emmanuel raporo ivuga ko yishwe n’abasirikare mu mpera z’Ukuboza ari kurobesha umutego utemewe wa Kaningiri, nawe ngo aba ku Idjwi.

Nirere ati “Abo nibo navugaga ko bariho HRW ivuga ko bapfuye. Na none hari abo bavuga Uwintwari Thaddé raporo ivuga ko yishwe n’ingabo azira kwiba ihene, ariko yapfuye ku 25 Nzeri 1999 aho kuba mu 2016, kandi murumuna we yemeza ko yazize uburwayi, n’uwo bashakanye. Hari na Kanyesoko Yohani ivuga ko yishwe mu 2016, nawe yazize uburwayi yari amaranye igihe kirekire.”

Uwo we ngo yaguye mu bitaro bya Gisenyi, kandi bafite n’icyangombwa cy’abaganga cy’uko yitabye Imana azize uburwayi.

Hari n’abantu icyenda iyi komisiyo ivuga ko yabuze imyirondoro yabo aho HRW yavugaga ko batuye, ndetse no mu mushinga w’indangamuntu ntibigaragara.

Mu bandi bapfuye, hari abo HRW ivuga ko bibye ibikoresho bakaza kuraswa, komisiyo yasanze baratemye inka, polisi ibakurikiranye bashaka gutoroka no kubambura imbunda bararaswa.

Muri iyo raporo ya HRW, hari abantu batandatu Komisiyo yasanze barapfuye bazize impanuka zitandukanye mu gihe yo ivuga ko bishwe n’Ingabo z’u Rwanda, Polisi na Dasso. Abo ni Bihibindi Jean de Dieu, Minani Samuel, Bazangirabate Amurani, Ntakingora Djuma, Renzaho Vedaste, Ntamuhanga Emmanuel.

Harimo kandi uwitwa Moise Tuyisenge ivuga ko yishwe ariko Komisiyo mu bugenzuzu yakoze ibaza abaturage n’abandi, yasanze uyu yarishwe arashwe n’Ingabo za Congo.

HRW muri raporo yayo yavugaga ko “abasirikare bagiye bata muri yombi cyangwa bakarasa abenshi mu bo byagaragaye, mu mugambi usa n’uwemejwe wo kwica abakekwaho ubujura, abakora forode n’abandi bafite ibyaha byoroheje, aho kubageza imbere y’inkiko.”

Icyo gihe HRW yavuze ko ubwo bwicanyi bwakorwaga bishyigikiwe n’inzego za leta, bikaba ari nko kurenga ku mategeko y’igihugu n’amategeko mpuzamahanga.


Ngabo gihamya y’ibinyoma bya HRW ibeshwa n’abadashakira ibyiza u Rwanda

HRW yavuze ko abantu 40 babajijwe bavuze ko bitabiriye inama z’abaturage mu turere twa Rubavu na Rutsiro, aho abayobozi b’ingabo n’abayobozi b’inzego za leta bavugiye ko abajura bagomba gufatwa bakicwa.

Hari n’abandi bapfuye ku mpamvu zitandukanye, harimo uwahanutse ku kiraro, mu gihe raporo yavugaga ko yishwe azira kwiba inka.

Nirere “Twasanze nta mabwiriza yigeze atangwa yo kwica abantu, nta hantu twabonye umuyobozi yakoresheje inama ati mwice abantu, uwo muco ntawo uhari.”

Ubwanditsi

2017-10-18
Editorial

IZINDI NKURU

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Editorial 25 May 2025
Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Editorial 05 Oct 2018
Yale :  Perezida Kagame  yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye  ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Yale : Perezida Kagame yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Editorial 21 Sep 2016
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Editorial 25 May 2025
Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Editorial 05 Oct 2018
Yale :  Perezida Kagame  yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye  ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Yale : Perezida Kagame yavuze ko Demokarasi y’u Rwanda ishingiye ku byifuzo by’abaturage kuruta ibivugwa n’abandi

Editorial 21 Sep 2016
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Editorial 25 May 2025
Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Editorial 05 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru