• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, agace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru kabaye isibaniro ry’imirwano ikomeye cyane hagati y’umutwe wa M23 n’abarwana ku ruhande rwa leta ya Kongo, biganjemo abasirikari b’Abarundi.

Abarundi barwanye umuhenerezo, bafata imitsina ngo batirukanwa aho hantu hari ubukungu butangaje, ariko nk’uko tubikesha ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters y’Abongereza, birangira M23 ifashe Rubaya ndetse n’uduce tuyikikije.

Amakuru ava ku rugamba arahamya ko Abarundi bahatakarije abasirikari babarirwa muri 80.

Rubaya ni hamwe mu hantu hari harinzwe cyane n’abashyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa, dore ko imibare ya Banki y’isi yerekana ko Rubaya ubwayo yihariye hafi 80% bya Coltan yose icukurwa ku isi. Muri iki gihe Coltan ni ibuye rifite agaciro gakomeye, kuko ryifashishwa mu gutunganya ibikoresho by’ikoranabuhanga rigezweho, nka batiri z’imodoka zikoresha amashanyarazi, telefone, mudasobwa, intwaro n’ibindi.

Ibirombe bya Rubaya byambuwe umushoramari Edouard Mwangacucu, Umunyekongo uvuga ikinyarwanda, akaba ndetse yaranakatiwe urwo gupfa ashinjwa gushyigikira M23. Ibyo birombe byahise byegurirwa abasirikari b’Abarundi nk’agahimbazamusyi, kugirango barwanirire Perezida Tshisekedi bivuye inyuma.

Kwigarurira Rubaya, Ngungu, Mwururu n’utundi duce two mu nkengero zayo bivuze byinshi mu ntambara ya Kongo.

Iyi ntsinzi yongereye M23 “Confidence”, ndetse isi yose ibona ko ifite imbaraga zo kwigarurira agace kose yashaka, igahagarika ubwicanyi bukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse ikahashyira imiyoborere myiza, idahutaza abaturage bose.

Abanyekongo ndetse n’abandi bakurikiranira hafi iby’iyi ntambara, barushijeho kubona ko M23 ari abantu bafite gahunda, ko rero itandukanye n’izindi nzererezi zuzuye mu burasirazuba bwa Kongo, zibaho zambura rubanda ngo zibonere amaramuko.

Gufata Rubaya n’inkengero zayo birafasha M23 kongera ubushobozi bwayo bushingiye ku bukungu, bityo urugamba ruri imbere rukazarushaho kwihuta. Amikoro yo kugira ibikoresho bikomeye ararushaho kuboneka, byaba ibyo kwigarurira utundi duce, byaba n’ibyo kurushaho gutunganya utwo basanzwe bagenzura.

Byanze bikunze, kuba M23 ifashe Rubaya yari irinzwe cyane, biraca intege ingabo za leta n’abayishyigikiye, ndetse bikaba byakura Tshisekedi ku izima, akemera gushyikirana n’uwo mutwe bigaragara ko umurusha intege. Abazi neza Kongo barahamya ko Rubaya ifunguye amarembo yinjiza M23 mu tundi duce twinshi.

“Morale” y’ingabo z’amahanga zoherejwe kurwanya M23 n’ubundi yari iri hasi kubera kugwa ku rugamba no gufatwa mpiri. Ifatwa rya Rubaya rero rirarushaho kubereka ko ishyamba atari ryeru, ndetse bamwe bakaba bahitamo gukiramo akabo karenge aho gukomeza gushirira mu ntambara y’Abanyekongo ubwabo.

Niba Abarundi batakaje umubare ungana kuriya w’abasirikari, biyongera ku bishwe mu bihe bitandukanye kumwe n’abagizwe ingwate, noneho bakaba banambuwe Rubaya ariho nibura bari bateze amakiriro, ni iki cyatuma bakomeza kwijandika mu ntambara badafitemo inyungu?

Uretse Abarundi, Rubaya yanagenzurwaga kandi n’abajenosideri ba FDLR, bicaga Abatutsi uko bashatse, ariko batoroheye n’abandi baturage bari baragizwe abacakara mu birombe byakijije inkoramaraso, bo bicira isazi mu jisho.

Abatuye Rubaya na Ngungu ntibazibagirwa uwiyise” Jenerali Gentil” wari ukuriye FDLR, akaba yivugiraga ku mugaragaro ko ngo adasinzira neza iyo araye atishe Umututsi. Imibare y’imiryango irengera ikiremwamuntu igaragaza ko mu mezi 3 ashize Abatutsi babarirwa muri 200 biciwe mu gace kayoborwaga n’uwo” Jenerali Gentil”.

Koko rero,” umwanzi agucira akobo, Imana igucira akanzu”. Mu gihe abaturage bishimira kuba M23 ibabohoye, abo bicanyi ubu barashwiragira mu mashyamba, bahunga umuriro w’Intare za Sarambwe. Bazabuyera kugera he ko nta mahoro y’umunyabyaha!

  1. Itangazo ritugezeho ubwo twateguraga iyi nkuru, Itangazo ry’ubuyobozi bwa AFC/M23, riravuga ko muri iyi minsi Tshisekedi n’abamurwanirira bagabye ibitero mu turere dutuwe cyane twa Mushaki, Kagungu na Kaluba, ariko ngo M23 igakoma imbere ibyo bikorwa byashyiraga mu kaga ubuzima bw’abaturage. Uwo mutwe kandi wahishuye ko wakurikiye abo bicanyi mu ndiri yabo, nko mu duce twa Kabashumba, Gatama na Gafunzi.

2024-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Editorial 29 Jul 2016
INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Editorial 01 Mar 2024
Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Editorial 26 Oct 2018
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Editorial 19 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Mu Mahanga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Editorial 30 Oct 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Editorial 23 Feb 2016
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana
Amakuru

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru